Amatora aheruka kuba i Burundi yanenzwe bikomeye.
L’oni yasabye ko amatora y’abadepite n’abayobozi ba makomine aheruka kuba mu gihugu cy’u Burundi asubirwamo, ngo kuko yabayemo uburiganya bukabije.
Aya matora y’abadepite n’abayobozi ba makomine yabaye i Burundi ku itariki ya 05/06/2025, ishyaka riri ku butegetsi rya CNDD-FDD riyatsinda ijana ku ijana.
Bitandukanye no mu mwaka wa 2020, kuko ho iri shyaka rya CNDD-FDD ryayatsinze kuri 68% mu gihe mu mwaka wa 2015 ryagize amanota 60%.
Nyuma y’aya aheruka mu byumweru bibiri bishize, amashyirahamwe ategamiye kuri Leta yanenze ibyayavuyemo, ndetse kandi yamaganwa n’abarimo umunyapolitiki uzwi cyane muri iki gihugu cy’u Burundi, Agatho Rwasa. Uyu Rwasa yavuze ko atari amatora ahubwo ko yari agakino ka CNDD-FDD.
Ibi kandi byamaganwe n’ intumwa idasanzwe ya L’oni mu Burundi, Fortune Gaetan Zongo, wasabye ko ariya matora asubirwamo.
Ibi yabitangarije mu kanama ka L’oni mu nama yako yabaye muri iki cyumweru turimo, aho yasobanuye ko ibyabaye atari amatora ahubwo ko byari ibindi.
Anenga kandi ko n’abagerageje kwerekana utunenge twayabayemo abari bahagarariye komisiyo ishinzwe ariya matora itabihaye agaciro. Ubundi kandi agaragaza ko ibyayavuyemo byakuruye umwuka mubi hagati mu gihugu no muri politiki yacyo.
Yavuze kandi ko ngo nubwo aya matora atabayemo guhungabana mu buryo bw’umutekano, ariko ngo habaye gutera abantu ubwoba babaga baje gutora bagategekwa uwo batora.
Iyi ntumwa ya L’oni mu Burundi yakomeje ivuga ko ibyo ibona nk’umuti ari uko amatora yongera gutegurwa bundi bushya, maze hakaba amatora yizewe na bose. Isoza ivuga ko ibyo n’ibikorwa gutyo, bizatuma buri wese yiyumva ubuyobozi buriho.