• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 15, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyo Nangaa yatangaje ku masezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na RDC.

minebwenews by minebwenews
June 30, 2025
in Regional Politics
0
Icyo Nangaa yatangaje ku masezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na RDC.
94
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo Nangaa yatangaje ku masezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na RDC.

You might also like

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

Umuyobozi mukuru w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, ari we Corneille Nangaa yatangaje ko amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, hagati y’u Rwanda na RDC, ari ntambwe ituzuye ariko y’ingenzi.

Hari mu ijambo yageneye abanye-kongo kuri uyu munsi bizihiza itariki y’ubwengenge. Ubu bwingenge bwizihijwe mu gihugu hose.

Nangaa yagize ati: “Kubeshya abo mu gihugu ko nta kibazo kiri muri RDC ko ari ikibazo gusa kiri hagati ya Kigali na Kinshasa byaba ari ubushukanyi butakwihanganirwa.”

Ni mu gihe ku wa gatanu w’icyumweru gishize u Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano byise aya mateka, kuko ahanini akubiye mu guhagarika intambara imaze imyaka myinshi ibera mu Burasizuba bwa RDC.

Nangaa avuga ko ayo masezerano areba igice kimwe mu mpamvu z’amakimbirane muri RDC.

Yavuze ko bashima umuhate no kwihangana kwa Qatar na Emir wayo uharanira ko bagera ku mahoro arambye.

Ibi biganiro by’i Doha byabaye bihagaze nyuma y’uko Qatar ihaye impande zombi inyandiko y’ibanze y’amasezerano y’amahoro, igasaba intumwa zari i Doha kujya kuvugana n’abakuru bazo kuri izo nyandiko mbere yuko zongera kugaruka mu biganiro.

Nangaa avuga ko ibyo AFC/M23 isaba bitahindutse, kandi ko bizagerwaho ari uko gusa hari uburyo buha umwanya abo mu gihugu kugira ngo hakemurwe impamvu muzi z’ikibazo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo we ashinja ko giterwa n’ubutegetsi bubi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Tshisekedi na we ashinja AFC/M23 gufashwa n’u Rwanda kugerageza gushaka gucamo igihugu ibice, gusahura umutungo kamere w’iki gihugu, guteza umutekano muke no kwica abasivili. Ibyo iri huriro rya AFC/M23 rihakana ndetse kandi bihakanwa n’u Rwanda, ahubwo rwo rugashinja RDC gukorana n’umutwe wa FDLR ururwanya.

Nk’uko biteganyijwe ni uko Tshisekedi na we ageza ijambo ku Banye-Congo kuri uyu munsi w’ubwigenge, akaba aza no kugira icyo avuga kuri aya masezerano igihugu cye cyasinyanye n’u Rwanda.

Tags: AmasezeranoNangaaQatarU Rwanda
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails
Next Post
RDC: Tshisekedi yasabwe kwegura mu maguru mashya.

Perezida Tshisekedi yatanze icyizere ku masezerano u Rwanda na RDC baheruka gusinyana.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?