Minembwe: Umwana muto yarashe mugenzi we arapfa.
Umwana uri mu kigero cy’imyaka umunani y’amavuko, yakinishije imbunda bari batoraguye ahantu arasa undi mwana mugenzi we, ako kanya ahita ahasiga ubuzima, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.
Ni byabaye ku mugoroba w’ajoro wo kuri uyu wa gatatu tariki ya 02/07/2025, aho ibyo byabereye mu gace kitwa ku w’i Mishashu.
Aya makuru agira ati: “Abana babiri batoye imbunda bari kuyikinisha umwe arasa mugenzi we mw’ijosi ahita agwa aho.”
Ni amakuru kandi agaragaza ko bariya bana batoraguye iyo mbunda hafi n’amazu yabo, ariko bakaba bari bonyine.
Agace ko ku w’i Mishashu kabereyemo icyo gikorwa kibi, gaherereye mu ntera y’i birometero bibiri n’igice uvuye muri centre ya Minembwe.
Kubera intambara zikomeye zagiye zibera muri utu duce tw’i Mulenge, izo Mai Mai kubufatanye n’ingabo za Leta ya Congo zagiye zishyora ku Banyamulenge zagiye zitera impanuka nk’izi kuko no mu myaka itatu ishize hari undi mwana wishwe na grenade yari atoye ku musozi ku Ndondo ya Bijombo mu gace kitwa mu Kinyoni.
Ibyo bibaye mu gihe muri iki gice cya Minembwe hari agahenge ka mahoro, kuko ibitero uruhande rwa Leta rukunze kukigabamo, ntibyari biheruka, usibye ku wa mbere ni ho izi ngabo za RDC zagabye igitero cya drone ku ndege yari izaniye abaturage ibyokurya n’imiti.
Amashusho yagiye hanze, agaragaza iriya ndege iri gushya, kandi n’umwotsi uyivaho ugatumukira mu kirere. Ndetse kandi ayigaragaza yahindutse umuyonga.