• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 16, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida w’u Burusiya yaganiriye n’uwa Amerika ku bibazo by’intambara.

minebwenews by minebwenews
July 4, 2025
in World News
0
Perezida w’u Burusiya yaganiriye n’uwa Amerika ku bibazo by’intambara.
67
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burusiya yaganiriye n’uwa Amerika ku bibazo by’intambara.

You might also like

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y’ikubagahu muri Kenya

Odinga war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n’ibyo akivugaho

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yavuganye kuri telefone na mugenzi we wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, baganira ku ntambara ya Israel na Iran ndetse n’iyo u Burusiya burimo muri Ukraine, barebera hamwe n’icyakorwa kugira ngo zirangire burundu.

Iki kiganiro cy’aba bakuru b’ibi bihugu byombi cyabaye ku munsi w’ejo hashize ubwo Leta Zunze ubumwe z’Amerika zizihizaga imyaka 250 yikukiye ivuye mu bukoloni bw’Abongereza.

Muri uku kwizihiza uyu munsi mukuru w’iki gihugu, Trump yategetse ko akarasisi gakorwa n’abantu 6600, imodoka za gisirikare 250 mu gihe indege zo ari 50 gusa. Bitandukanye n’akandi kagiye gakorwa mbere, kuko ko kabaga karemereye aho ko kabaga karimo ibimodoka byinshi bya gisirikare n’indege zirenze izo.

Nyuma y’iryo ryizihiza umunsi w’ubwigenge, Trump yahamagaye Poutine bavugana ikibazo cya Iran ndetse n’intambara ibera muri Ukraine. Iyo u Burusiya bwashoye kuri iki gihugu.

Amakuru avuga ko Trump yagaragarije mugenzi we ibyifuzo bye, amubwira ko ashaka ko intambara ihagarara hagati y’u Burusiya na Ukraine.
Undi na we amusobanurira ko iyi ntambara igomba guhagarara mu gihe u Burusiya ibyifuzo byabwo byatumye ikora iyi ntambara byagerwaho.

U Burusiya busaba ko Ukraine itinjira mu muryango wa NATO, kuko bwo bubona kwinjira muri uwo muryango kwa Ukraine ari nko kureka umwicanyi ukomeye akinjira mu rugo rwa we rurimo abana n’ibintu byagaciro. Ubundi Ukraine yahoze ari igihugu kimwe n’u Burusiya.

Ukraine na yo ivuga ko ifite uburenganzira bwose bwokuja mu muryango ishaka, nk’igihugu cy’igenga.

Muri iki kiganiro kandi amakuru akomeza avuga ko Poutine yasobanuriye mugenzi we ko igihugu cye kiri gutegura ibiganiro bizagifasha kurangiza amakimbirane y’intambara gifitanye na Ukraine.

Hejuru y’ibyo Poutine yasabye Trump gukora ibishoboka byose ikibazo cya Iran na Israel kikarangira.

Ikiganiro cy’aba bayobozi b’ibi bihugu by’ibihangange ku isi, cyabaye mu gihe Leta Zunze ubumwe z’Amerika zavanyeho ibihano cyari cyarafatiye amabanki 6 y’u Burusiya, harimo na banki nkuru y’iki gihugu cy’u Burusiya.

Ikindi ni uko cyakozwe nyuma y’aho Amerika kandi ihagaritse inkunga ya gisirikare yageneraga Ukraine. Mu ntwaro ivuga ko itazongera kuyiha harimo misile Patriots yari ingirakamaro kuri Ukraine.

Kimwecyo, Amerika iri mu biganiro na Ukraine byuburyo yazigerwaho na ziriya ntwaro binyuze mu bihugu by’u Burayi, ngo ni mugihe ibyo bihugu bizajya bizugurira Amerika, hanyuma Ukraine nayo izifatire yo.

Tags: ikiganiroPoutineTrump
Share27Tweet17Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y’ikubagahu muri Kenya

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Odinga  war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y'ikubagahu muri Kenya Perezida William Samue Ruto wa Kenya, yatangaje ko yahamagaje inama y'inama nkuru y'umutekano wa Leta nyuma y'urupfu rwa Raila...

Read moreDetails

Odinga war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Odinga  war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Odinga war'uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana. Raila Odinga wahoze ari minisitiri w'intebe muri Kenya, yitabye Imana nkuko amakuru ava muri iki gihugu abivuga. Murukerera rwo...

Read moreDetails

Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n’ibyo akivugaho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n’ibyo akivugaho

Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n'ibyo akivugaho Perezida Donald Trump wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, yavuze ko atashimishijwe n'ifoto ikinyamakuru cya "Time Magazine" cyakoresheje kimuvugaho...

Read moreDetails

Ibyo wamenya kuri perezida Rajoelina wahunze akaba yagize n’icyo abivugaho

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida Rajoelina nyuma yo guhunga yagize icyo abivugaho Perezida wa Madagascar, Andry Rojoeline yatangarije abanyagihugu be ko adafite kwegura, anabasaba gukundana no gukunda igihugu cyabo kugira ngo cyekubamo...

Read moreDetails

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri Ijambo Abarabu rigiye gukurwa mu izina ry'igihugu cya Misiri, aho ryari rimenyerewe cyane nka Repubulika y'Abarabu ya Misiri, nk'uko bikomeje gucikana kumbuga nkoranyambaga...

Read moreDetails
Next Post
Afande Rugabo yateye utwatsi abavuga ko muri AFC harimo umwuka mubi.

Afande Rugabo yateye utwatsi abavuga ko muri AFC harimo umwuka mubi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?