• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
July 11, 2025
in Regional Politics
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

You might also like

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ibiganiro by’imishyikirano byahuriyemo intumwa z’umutwe wa M23 n’iza leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo i Doha muri Qatar, byanitabiriwe kandi na minisitiri w’umutekano w’u Rwanda, Vincent Biruta n’uwa RDC w’ubutegetsi Jacquemain Shabani.

Ni ku nshuro ya gatanu impande zombi zihurira mu biganiro i Doha, aho kuri iyi nshuro zageze muri iki gihugu ku mugoroba w’ahar’ejo ku wa kane tariki ya 10/07/2025.

Minisitiri Vincent Biruta w’u Rwanda na mugenzi we wa RDC, bwana Jaquemin Shabani, bitabiriye ibi biganiro nk’abaje kubikurikira gusa, nk’uko RFI yabitangaje. Ndetse kandi byanitabiriwe n’intumwa zohorejwe na komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze ubumwe na Togo.

Ibi biganiro birimo kuba ku gitutu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, kandi abategetsi b’iki gihugu cya Amerika bemeza ko bizeye neza ko bizagenda neza, ndetse kandi ko ari nabyo ntambwe yanyuma bahite bagra ku bw’umvikane.

Massad Boulos, umujyanama wa perezida Donald Trump kuri Afrika yatangaje ko ibiganiro bya Doha ubu bizaba bihagarariwe n’abategetsi bakomeye kurushaho ku mpande zombi, yongeraho ko na bo muri Amerika bazaba bahari.

Kugeza ubu impande zombi ziri i Doha ntizirumvikana ku byo buri ruhande rusaba.

Mu kwezi kwa gatanu abategetsi ba RDC mubyo barimo basaba cyane, harimo ko M23 irekura ibice yafashe hagashyirwaho ubutegetsi bugengwa na Kinshasa n’igisirikare cya Leta.

Mbere yuko impande zombi zisubira i Doha, umutwe wa AFC/M23 wagaragaje ingingo umunani wifuza kugira ngo hasubire kwizerana hagati yabo na Kinshasa.

Uyu mutwe wa M23 ugenzura hafi u Burasirazuba bwa Congo bwose, ahanini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Muri ibi biganiro hitezwe byinshi, kuko nibyo byitezweho kugeza RDC ku mahoro arambye, nyuma y’ibindi biganiro by’amahoro byahuriyemo u Rwanda na RDC i Washington mu kwezi gushize mu mpera zako.

Mu gihe ibi biganiro bitogenda neza, n’ibyasinyiwe i Washington ntacyizere cyabyo cyaba kigihari.

Nyamara kurundi ruhande, ibi biganiro bibaye mu gihe Leta ya Congo yiteguye kurwana intambara ikomeye, kuko iheruka kurunda abasirikare bayo benshi i Uvira no mu bice bitandukanye byo mu misozi miremire y’i Mulenge, nko kwa Mulima, i Ndondo ya Rurambo n’i Kilembwe. Amakuru avuga ko ibi yabikoze mu rwego rwo gutegura uko aba basirikare bayo bongera kwisubiza ibice umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho byabambuye birimo n’umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo n’uwa Goma na wo ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Tags: I DohaM23Rdc
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n'uruva gusenya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?