Thomas Lubanga yemeje ko ashigikiye AFC/M23 avuga n’icyo yifuza bakora mu maguru mashya.
Thomas Lubanga uheruka gushyinga umutwe witwaje intwaro ugamije gushyiraho akadomo kanyuma ubutegetsi bw’i Kinshasa, yatangaje ko ashigikiye ko we n’umutwe wa AFC/M23 bahirika ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Lubanga ya bitangaje kuri uyu wa gatatu tariki ya 16/07/2025, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kampala muri Uganda.
Iki kiganiro yagikoze mu gihe mu mezi abiri ashize yemeje ko yashyinze umutwe witwaje intwaro witwa CRP urwanira muri Ituri mu Burasizuba bwa RDC. Avuga ko uyu mutwe abereye umuyobozi mukuru, ko ugamije gukuraho ubutegetsi buriho muri iki gihugu cya RDC
Muri iki kiganiro Lubanga yabwiye itangazamakuru ko we na AFC/M23 n’undi wese urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi bifuza ku buhirika, kandi avuga ko ashigikiye AFC/M23 cyane
Yagize ati: “Turashima kandi dushyigikiye aho AFC/M23 ihagaze, cyo kimwe n’icyabatavuga rumwe n’ubutegetsi, ugucyungurwa kwa RDC gushingiye ku iherezo ry’ubutegetsi bubi bwa perezida Felix Tshisekedi.”
Thomas Lubanga umaze igihe aba muri Uganda yavuze ko aba muri iki gihugu kubera ko yahatirijwe guhungira i Kampala nyuma yigihe na bene wabo batotezwa.
Avuga ko uku gutotezwa kwaturutse kukuba yarakunze kunenga ibitegenda neza mu butegetsi bw’i Kinshasa.
Lubanga wigeze gufungirwa muri gereza y’i La Haye mu Buholandi, uyu mutwe wa AFC/M23 yavuze ko ashigikiye wakunze kugaragaza kenshi ko nta kindi cyatumye abawugize batora imbunda, usibye kuba benewabo bicwa bazira inkomoko yabo.
Bavuga ko aba benewabo bamaze imyaka myinshi batotezwa, ubundi kandi bakanakorerwa iyica rubozo na Leta y’i Kinshasa ifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’uwa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.