Guverineri w’i ntara ya Haut-Katanga yahunze.
Guverineri w’intara ya Haut-Katanga muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Jacques Katwe Kyabula, yahunze igihugu nyuma yogutumwaho n’abashinzwe umutekano w’imbere kwitaba i Kinshasa.
Ubushize ni bwo minisitiri w’umutekano, Jaquemin Shabani yasabye guverineri Kyabula kwitaba i Kinshasa mu gihe kitarenze amasaha 48.
Hari nyuma y’aho yari yatangaje ko Corneille Nangaa umuhuza bikorwa w’ihuriro rya AFC/M23 na Joseph Kabila wahoze ayoboye RDC ari Abanye-Congo, bityo ko mu gihe baganira na Leta ya Congo, bakemura amakimbirane bafitanye y’intambara.
Amagambo ya Kyabula yatumye Leta y’i Kinshasa itangira ku mukekeho ko yaba akorana byahafi n’abayobozi ba AFC/M23 na Kabila barwanya bikomeye ubu butegetsi bw’iki gihugu.
Kyabula, niko guhita afata icyemezo cyo kwerekeza iy’ubuhungiro tariki ya 10/07/2025. Ibi byatumye Leta ishyiraho undi guverineri wagateganyo wa Haut-Katanga, ari we Martin Kazembe.
Mbere yo guhunga igihugu, uyu mugabo yabanje gusobanura ko kujya i Kinshasa bitamukundira, ngo kubera impamvu z’uburwayi, ariko muri Leta bavuga ko cyari ikinyoma.