Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 19, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.
86
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye.

You might also like

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n’ihuriro rya AFC/M23 kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/07/2025, byashyize umukono ku mahame ngenderwaho abiganisha ku mahoro arambye.

Itangazo ry’ibanze rishyizweho umukono hashyize amasaha 24 y’ingenzi ryanyuze mu rwego rwa dipolomasi, ndetse rikurikiye amasezerano y’amahoro yasinywe tariki ya 27/06/2025 i Washington hagati ya RDC n’u Rwanda.

Mu isinywa ry’aya masezerano y’i Doha, RDC yari ihagarariwe n’intumwa nkuru ya perezida Felix Tshisekedi mu biganiro by’amahoro bya Luanda na Nairobi, Sita Mamba, mu gihe AFC/M23 ihagarariwe n’umunyamabanga uhoraho wayo, Benjamin Mbonimpa.

Naho Leta ya Qatar yari ihagarariwe n’umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubanyi n’amahanga, Dr Mohammed Bin Abdulaziz Saleh.

Hari kandi n’abahagarariye ibihugu byashyigikiye ibi biganiro nka Massad Boulos wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, minisitiri w’umutekano w’u Rwanda, Vincent Biruta, intumwa ya Togo n’iya komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

Ibirori byo gusinya aya masezerano byabereye i Doha, bihagarariwe n’umunyabanga wa Leta ya Qatar ushinzwe ububanyi n’amahanga .

Aya masezerano agamije gushyiraho uburyo bw’ihagarikwa ry’intambara burambye.

Gutegura uburyo bwo kugarura ububasha bw’ubutegetsi bwa Leta mu Burasizuba bwa Congo niharamuka habonetse amahoro.

Kunoza urwego ruzakurikiranira hafi ibiganiro bizakurikiraho.

Nk’ibisanzwe aya mahame agizwe n’ingingo nyamukuru zirindwi zikubiye ku mpapuro 3, zose ziganisha ku gukemura amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa Congo.

Impande zombi zemeranyije ko amahoro arambye ari umusingi ukomeye mu kubaka igihugu cyunze ubumwe, giteye imbere kandi gitekaniye abaturage ba RDC.

Zemezanyije kandi gukorana n’imiryango mpuzamahanga n’iyo mukarere kugira ngo umutekano w’abasivili ubungabungwe, aya mahame anashyirwe mu bikorwa.

Hemeranyijwe gukemura amakimbirane binyuze mu nzira y’amahoro, zishyingiye kuri dipolomasi n’ibiganiro, aho gukoresha imbaraga n’amagambo y’ubushotoranyi.

Bemeranya no kwirengangiza ahahise habi, zigatangira urugendo rushya rw’ubwumvikane, kubana mu mahoro ndetse n’umutekano.

Zemeranyije kurandura amacakubiri mu gihugu, guteza imbere imibereho y’abaturage, bakarwanya imvugo zose zambura abantu ubumuntu, hagamijwe kugera ku mahoro n’ubwiyunge.

Harimo kandi no gucyura impunzi, kandi bikazakorwa n’abarebwa n’ayamahame.
Ku mpunzi ziba mu mahanga, aya mahame asobanura ko zizacyurwa hashingiwe ku masezerano RDC n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) byagiranye n’ibihugu bizicumbikiye.

Impande zombi zemeranyije gushyira mu bikorwa aya mahame kuva agitangira kuri uyu wa 19/07/2025, cyangwa se bitarenze iminsi 10 nyuma yo kuyashyiraho umukono.

RDC na AFC/M23 byemeranyije gutangira ibiganiro byimbitse bitarenze mu minsi 10 nyuma yo gushyira mu bikorwa aya mahame.

Tags: AFC/m23AmahameAmasezeranoDohaRdc
Share34Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana ingabo mu duce igenzura. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryabeshyuje Leta y'i Kinshasa yatangaje ko iri huriro rigomba...

Read moreDetails

Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/07/2025,...

Read moreDetails

Amakuru mashya kubiganiro biri kubera i Doha, hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Amakuru mashya kubiganiro biri kubera i Doha, hagati ya RDC na AFC/M23. Nyuma y'iminsi itari mike i Doha muri Qatar hari kubera ibiganiro by'imishyikirano hagati ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Uganda: Bobi Wine yiswe Umurundi.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Uganda: Bobi Wine yiswe Umurundi.

Uganda: Bobi Wine yiswe Umurundi. Umunyapolitiki, Robert Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine, akaba arwanya ubutegetsi bwa perezida Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda, yiswe Umurundi. Bikubiye mu butumwa...

Read moreDetails
Next Post
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?