Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 20, 2025
in Regional Politics
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.
70
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

You might also like

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye.

Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Leta y’u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry’inyandiko y’amahame y’ibanze ngenderwaho aganisha ku guhagarika imirwano hagati ya AFC/M23 na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Bikubiye mu itangazo minisiteri y’ubanyi n’amahanga y’u Rwanda yashyize hanze ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki ya 19/07/2025, rivuga ko ririya sinya ritanga icyizere cyo kugera ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa Congo no mu karere kose.

RDC yasinyanye na AFC/M23 inyandiko y’amahame y’ibanze ngenderwaho iganisha ku masezerano y’amahoro, nyuma y’igihe kigera ku kwezi isinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, imbere ya minisitiri w’ubanye n’amahanga wayo, Marco Rubio tariki ya 27/06/2025.

Mu byo AFC /M23 na Leta ya Congo bumvikanye, harimo guhagarika ibitero byo ku butaka n’ibyo mu karere no mu mazi; gushyira iherezo ku icengezamatwara ryose rigamije urwango ndetse no kwirinda gufata uduce dushya ku mbaraga.

Byemeranyije kandi gushyiraho urwego ruzakurikirana iyubahirizwa ry’agahenge rurimo Monusco n’inzego z’akarere mu gihe byaba ngombwa.

Hari kandi gushyiraho ingamba zo kurema icyizere zirimo gushyiraho urundi rwego rwo kurekura imfungwa zifite aho zihuriye n’impande zombi, bikazakorwa ku bufasha bwa komite mpuzamahanga ya Croix-Rouge.

Bitaganijwe ko impande zombi zigomba kuba zashyize mu bikorwa ibyo ziyemeje bitarenze tariki ya 29/07/2025, mbere yo gutangiza ibiganiro bitaziguye biganisha ku masezerano y’amahoro.

Mu gihe hataboneka ikibihundura amasezerano y’amahoro azasinywa tariki ya 18/08/2025.

Hagataho, u Rwanda rwijeje igitangaza ko ruzakomeza gutanga umusanzu warwo kugira ngo amahoro arambye ndetse n’iterambere ry’ubukungu rigerweho mu karere k’ibiyaga bigari.

Tags: AFC/m23DohaRdcRwanda
Share28Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana ingabo mu duce igenzura. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryabeshyuje Leta y'i Kinshasa yatangaje ko iri huriro rigomba...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya AFC/M23 kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/07/2025, byashyize umukono ku mahame...

Read moreDetails

Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/07/2025,...

Read moreDetails

Amakuru mashya kubiganiro biri kubera i Doha, hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Amakuru mashya kubiganiro biri kubera i Doha, hagati ya RDC na AFC/M23. Nyuma y'iminsi itari mike i Doha muri Qatar hari kubera ibiganiro by'imishyikirano hagati ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Uganda: Bobi Wine yiswe Umurundi.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Uganda: Bobi Wine yiswe Umurundi.

Uganda: Bobi Wine yiswe Umurundi. Umunyapolitiki, Robert Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine, akaba arwanya ubutegetsi bwa perezida Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda, yiswe Umurundi. Bikubiye mu butumwa...

Read moreDetails
Next Post
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?