Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 22, 2025
in Conflict & Security
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

You might also like

Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Imirwano ikomeye hagati y’Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y’isinywa ry’amasezerano.

Muri RDC Wazalendo bishe Umuyobozi.

Nyuma y’aho AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa bishyize umukono ku masezerano y’amahoro, izi mpande zombi zahise zitangira guterana amagambo mu buryo bugaragara kutumva kimwe ibikubiye mu byashyizweho umukono.

Tariki ya 19/07/2025, ni itariki itazibagirana kuko nibwo AFC/M23 na RDC byasinyanye ariya masezerano abiganisha mu murongo wo kugera ku mahoro arambye.

Ni amasezerano impande zombi zashyiriyeho umukono i Doha muri Qatar bigizwemo uruhare n’iki gihugu nk’umuhuza, hari kandi n’Umujyanama mukuru kuri Afrika wa perezida Donald Trump, Massad Boulos.

Aya masezerano yaje akurikira ayasinyiwe i Washington muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika yo yari hagati y’u Rwanda na Congo, akaba na yo n’ubundi agamije gushakira u Burasirazuba bwa RDC.

Muri iki gikorwa Leta y’i Kinshasa yari ihagarariwe na Sumba Sita Mambu, usanzwe ari intumwa nkuru ya perezida Felix Tshisekedi mu gihe AFC/M23 yo yari ihagarariwe na Benjamin Mbonimpa, umunyamabanga nshingwabikorwa wayo uhoraho.

Ingingo nyamukuru zikubiye muri ayo masezerano birimo ko impande zombi zemeranyije ku gahenge gahoraho hirindwa ibitero byo mu kirere, ku butaka cyangwa mu mazi, yewe ndetse n’ikindi gikorwa icyaricyo cyose kidurumbanya, no kureka itangizwa ry’icyengezamatwara ry’urwango cyangwa rikangurira gukora urugomo.

Ibyazanye impaka rero, ni uko Leta yo ivuga ko hemeranyijwe ko hagomba kuzabaho isubizwaho ry’ubutegetsi bwa Leta mu bice yambuwe kuri ubu bugenzurwa na AFC/M23, ibyo yo yamaganiye kure.

Muyaya Patrick umuvugizi wa Leta abinyujije ku rukuta rwa x, yagize ati: “Aya masezerano y’i Doha azirikana imirongo ntarengwa Leta ya Congo yakomeje gushimangira irimo kurekura ibice byose byafashwe na AFC/M23 ntayandi mananiza, inzego za Leta zikongera gukorera muri ibyo bice, igisilikare, igipolisi n’ubucamanza.”

Nyuma y’uko Muyaya atangaje ibi, Bertrand Bisimwa uyoboye ishami rya Politiki rya AFC/M23 yahise amusubiza ko ayo masezerano mu byo ateganya hatarimo gusubiza ubutegetsi bw’i Kinshasa ubutaka yambuwe, yagize ati: “Ntibivuze kuvana ingabo mu bice ahubwo bivuze uburyo bwo guha ubushobozi Leta igashobora kuzuza inshingano zayo.”

Nyamara Boulos na we yavuze ko icyitezwe kugerwaho ni isubizwaho ry’ubutegetsi bwa Leta ku butaka bwayo bwose, avuga ko ibyo ari ibintu bisanzwe ku gihugu icyo ari cyose, hatitawe kuri perezida cyangwa ubutegetsi.

Boulos yakomeje ati: “Iki ni ikibazo kireba buri gihugu, ariko ni ingenzi cyane ko leta igenzura ubutaka bwayo bwose, kuko ibi bituma habaho umutekano, ituze , n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abaturage bose.”

Uyu mujyanama wa perezida Donald Trump kuri Afrika, yanibukije ko bizwi ko ukurikije uko ibintu bimeze muri RDC, bisaba ko hakomeza kubaho ibiganiro, no kudacagora kugira ngo hagerwe ku masezerano arambye, yuzuye kandi adaheza.”

Impande zombi ziyemeje gushyira ibikorwa muri aya mahame nyuma yo gushyiraho umukono, ndetse bitarenze tariki ya 29/07/2025.

Biteganyijwe ko nyuma ya Doha perezida w’u Rwanda Paul Kagame n’uwa RDC, Felix Tshisekedi bazahurira i Washington bashyire umukono ku masezerano rusange y’amahoro.

Tags: AFC/m23DohaImpakaRdc
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Leta y'i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw'igihugu. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yatangaje ko igiye gukora ibishoboka byose kugira ngo igarure amahoro...

Read moreDetails

Imirwano ikomeye hagati y’Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y’isinywa ry’amasezerano.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zagaruye Inka zari zanyazwe.

Imirwano ikomeye hagati y'Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y'isinywa ry'amasezerano. Nyuma y'amasaha make gusa, Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, bishyize umukono...

Read moreDetails

Muri RDC Wazalendo bishe Umuyobozi.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Batatu bashinjwa gutera inkunga ADF bafatiwe ibihano bikakaye.

Muri RDC Wazalendo bishe Umuyobozi. Umuyobozi w'urubyiruko rwo muri teritware ya Walikale mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, yishwe arashwe na barwanyi bo mu ihuriro rya Wazalendo bakorana byahafi...

Read moreDetails

Rdc iracyakomeje umugambi wo kugaba ibitero ku Banyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

RDC iracyakomeje umugambi wo kugaba ibitero ku Banyamulenge. Repubulika ya demokarasi ya Congo, nyuma y'aho ishyize umukono ku mahame ayiganisha ku masezerano y'amahoro, ikomeje umugambi wo kohereza abasirikare...

Read moreDetails

I Kinshasa byakaze, undi mutegetsi ukomeye yashyizwe mu majywi y’abashaka kwica Tshisekedi.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

I Kinshasa byakaze, undi mutegetsi ukomeye yashyizwe mu majwi y'abashaka kwica Tshisekedi. Vital Kamerhe uyoboye inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yavuzwe mu bantu bashakaga...

Read moreDetails
Next Post
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?