• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

minebwenews by minebwenews
July 22, 2025
in Conflict & Security
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

You might also like

Mu majwi i Uvira humvikanye ibiturika birimo n’iby’imbunda nini, hasobunurwa n’impamvu yabyo

Haravugwa amakuru ababaje y’igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n’ibyo Leta iri kuhohereza

I Uvira umutekano wakomeje kurushaho kuzamba, muri iri joro ho byafashe indi ntera

Nyuma y’aho AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa bishyize umukono ku masezerano y’amahoro, izi mpande zombi zahise zitangira guterana amagambo mu buryo bugaragara kutumva kimwe ibikubiye mu byashyizweho umukono.

Tariki ya 19/07/2025, ni itariki itazibagirana kuko nibwo AFC/M23 na RDC byasinyanye ariya masezerano abiganisha mu murongo wo kugera ku mahoro arambye.

Ni amasezerano impande zombi zashyiriyeho umukono i Doha muri Qatar bigizwemo uruhare n’iki gihugu nk’umuhuza, hari kandi n’Umujyanama mukuru kuri Afrika wa perezida Donald Trump, Massad Boulos.

Aya masezerano yaje akurikira ayasinyiwe i Washington muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika yo yari hagati y’u Rwanda na Congo, akaba na yo n’ubundi agamije gushakira u Burasirazuba bwa RDC.

Muri iki gikorwa Leta y’i Kinshasa yari ihagarariwe na Sumba Sita Mambu, usanzwe ari intumwa nkuru ya perezida Felix Tshisekedi mu gihe AFC/M23 yo yari ihagarariwe na Benjamin Mbonimpa, umunyamabanga nshingwabikorwa wayo uhoraho.

Ingingo nyamukuru zikubiye muri ayo masezerano birimo ko impande zombi zemeranyije ku gahenge gahoraho hirindwa ibitero byo mu kirere, ku butaka cyangwa mu mazi, yewe ndetse n’ikindi gikorwa icyaricyo cyose kidurumbanya, no kureka itangizwa ry’icyengezamatwara ry’urwango cyangwa rikangurira gukora urugomo.

Ibyazanye impaka rero, ni uko Leta yo ivuga ko hemeranyijwe ko hagomba kuzabaho isubizwaho ry’ubutegetsi bwa Leta mu bice yambuwe kuri ubu bugenzurwa na AFC/M23, ibyo yo yamaganiye kure.

Muyaya Patrick umuvugizi wa Leta abinyujije ku rukuta rwa x, yagize ati: “Aya masezerano y’i Doha azirikana imirongo ntarengwa Leta ya Congo yakomeje gushimangira irimo kurekura ibice byose byafashwe na AFC/M23 ntayandi mananiza, inzego za Leta zikongera gukorera muri ibyo bice, igisilikare, igipolisi n’ubucamanza.”

Nyuma y’uko Muyaya atangaje ibi, Bertrand Bisimwa uyoboye ishami rya Politiki rya AFC/M23 yahise amusubiza ko ayo masezerano mu byo ateganya hatarimo gusubiza ubutegetsi bw’i Kinshasa ubutaka yambuwe, yagize ati: “Ntibivuze kuvana ingabo mu bice ahubwo bivuze uburyo bwo guha ubushobozi Leta igashobora kuzuza inshingano zayo.”

Nyamara Boulos na we yavuze ko icyitezwe kugerwaho ni isubizwaho ry’ubutegetsi bwa Leta ku butaka bwayo bwose, avuga ko ibyo ari ibintu bisanzwe ku gihugu icyo ari cyose, hatitawe kuri perezida cyangwa ubutegetsi.

Boulos yakomeje ati: “Iki ni ikibazo kireba buri gihugu, ariko ni ingenzi cyane ko leta igenzura ubutaka bwayo bwose, kuko ibi bituma habaho umutekano, ituze , n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abaturage bose.”

Uyu mujyanama wa perezida Donald Trump kuri Afrika, yanibukije ko bizwi ko ukurikije uko ibintu bimeze muri RDC, bisaba ko hakomeza kubaho ibiganiro, no kudacagora kugira ngo hagerwe ku masezerano arambye, yuzuye kandi adaheza.”

Impande zombi ziyemeje gushyira ibikorwa muri aya mahame nyuma yo gushyiraho umukono, ndetse bitarenze tariki ya 29/07/2025.

Biteganyijwe ko nyuma ya Doha perezida w’u Rwanda Paul Kagame n’uwa RDC, Felix Tshisekedi bazahurira i Washington bashyire umukono ku masezerano rusange y’amahoro.

Tags: AFC/m23DohaImpakaRdc
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Mu majwi i Uvira humvikanye ibiturika birimo n’iby’imbunda nini, hasobunurwa n’impamvu yabyo

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Mu majwi i Uvira humvikanye ibiturika birimo n'iby'imbunda nini, hasobunurwa n'impamvu yabyo Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatandatu tariki ya 06/09/2025, i Uvira mu mujyi...

Read moreDetails

Haravugwa amakuru ababaje y’igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n’ibyo Leta iri kuhohereza

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Haravugwa amakuru ababaje y'igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n'ibyo Leta iri kuhohereza I Uvira muri Kivu y'Amajyepfo, amakuru aturuka yo mabi ni uko Wazalendo...

Read moreDetails

I Uvira umutekano wakomeje kurushaho kuzamba, muri iri joro ho byafashe indi ntera

by Bahanda Bruce
September 5, 2025
0
Uvira byakomeje kudogera abatari bake bakomerekejwe abandi bafunzwe

I Uvira umutekano wakomeje kurushaho kuzamba, muri iri joro ho byafashe indi ntera Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo, aravuga ko muri iri joro ryo ku wa...

Read moreDetails

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

by Bahanda Bruce
September 5, 2025
0
I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z'u Burundi ziri guteza akajagari I Mulenge muri Kivu y'Amajyepfo biravugwa ko hiriwe ituze, usibye ko ku Ndondo ya...

Read moreDetails

Ebola yongeye kwa duka muri RDC ikaba inamaze guhitana abatari bake

by Bahanda Bruce
September 5, 2025
0
Ebola yongeye kwa duka muri RDC ikaba inamaze guhitana abatari bake

Ebola yongeye kwa duka muri RDC ikaba inamaze guhitana abatari bake Icyorezo cya Ebola cyongeye kwa duka muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, ikaba imaze no guhitana abantu...

Read moreDetails
Next Post
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?