• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
July 22, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

You might also like

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, n’amahame yasinywe hagati ya RDC na AFC/M23, ko yuzuzanya, kandi ko atanga icyizere ku makimbirane y’intambara amaze imyaka myinshi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi no muri Congo yose muri rusange.

Tariki ya 19/07/2025, ni bwo i Doha muri Qatar RDC na AFC/M23 bashyize umukono ku mahame azagena amasezerano izi mpande zombi zigomba kuzasinya.

Aya mahame yaje akurikira amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa tariki ya 27/06/2025.

Biteganijwe ko tariki ya 18/07/2025, hazaba gusinya amasezerano akurikira ayagiye asinywa mbere. Bivuze ko yo azaba ari ukuzuza kwa burundu ibyemejwe byose.

Umunyambanga muri minisiteri y’ubanyi n’amahanga muri Qatar, Dr. Muhammad Bin Abdulaziz, yavuze ko aya mahame yasinywe, yuzuzanya n’amasezerano y’i Washington DC ayo u Rwanda na RDC byasinyiye imbere ya minisitiri w’ubanye n’amahanga w’iki gihugu, Marco Rubio.

Yagize ati: “Intego yacu ni imwe; nyuma y’aho abakuru b’ibihugu bagiranye inama i Doha, twashyizeho inzira yo gushaka amahoro. Twahagaritse ibibazo byari hagati y’ibihugu byombi, ku bw’amahirwe umufatanyabikorwa wacu ukomeye yatumye amasezerano y’i Washington ashyirwaho umukono, nyuma y’ayo masezerano twakomeje iyi nzira ya Doha kugira ngo dukemure ibibazo by’imbere mu gihugu cya RDC. Izi nzira zombi ziruzuzanya mu gushaka amahoro, iterambere, n’uburumbuke bw’abatuye mu Burasirazuba bwa Congo.”

Aya masezerano hagati y’u Rwanda na RDC bigaragara ko munyandiko, ingingo ya kabiri ivuga abarwanyi bagomba gushyira intwaro hasi, bamwe bakajya mu buzima busanzwe, abandi bagashyirwa mu nzego zishinzwe umutekano za Congo.

Naho ingingo ya kane mu mirongo ngenderwaho Kinshasa na AFC/M23 basinyiye i Doha, ivuga ko ubutegetsi bw’i gihugu bugomba kujya mu biganza bya leta.

Dr.Ismael Buchanan uzwi cyane mu gusesengura ibya politiki na we yemeza ko ariya mahame n’amasezerano, byombi byuzuzanya, ariko ko hakiri urugendo rurere.

Ati: “Abagira ngo ibi birarangiye ni ukwibeshya, turacyatungurwa no kubona abatazubahiriza ari ya masezerano, kandi yombi aruzuzanya.”

Umunyamabanga muri minisiteri y’ubanyi n’amahanga ya Qatar, yavuze kandi ko”aya masezerano n’andi yabanje, ni uko amahanga ayitayeho cyane yifuza ko bishyirwa mu bikorwa, ni yo mpamvu ngo bazakomeza kuyakurikirana.

Yanavuze kandi ko nyuma y’iki gikorwa; hari byinshi bazakomeza kugeza impande zombi zizageze ku mahoro.

Dr Massad Boulos, umujyanama wa perezida Donald Trump , akaba n’intumwa idasanzwe ku mugabane wa Afrika, yatangaje ko igihugu cye kizakomeza gufatanya na Qatar mu gutegura amasezerano ya nyuma ashobora gushyirwaho umukono bitarenze ku itariki ya 18/08/2025.

Yagize ati: “Birumvikana ko iyi mirongo ngenderwaho ari intambwe ibanza.”

Yakomeje avuga ko nubwo ibimaze kugerwaho ari intambwe ibanza, ariko ko ari ingenzi cyane.

Yanavuze kandi ko bizeye ko umusaruro w’iyi mikorere ya Qatar, ndetse kandi ko biteguye amasezerano ya nyuma.

Hagataho, AFC/M23 na RDC bemeranyije ko ibyo basinyiye i Doha bagomba guhita babyubahiriza bitarenze tariki ya 29/07/2025.

Tags: AFC/m23AmasezeranoDohaRdc
Share36Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails
Next Post
Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Leta y'i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw'igihugu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?