• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

minebwenews by minebwenews
July 24, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n’iy’u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka, bikazakorwa muburyo bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Addis Ababa muri Ethiopia.

Mu kuyasinya, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ambasaderi Charles Karamba, mu gihe RDC yo yari ihagariwe na Shaban Jaquemin Minisitiri w’umutekano mu gihugu imbere.

Byakozwe ubwo bari mu nama yo ku rwego rw’abaminisitiri iri kubera i Addis Ababa. Iyi nama ikaba irimo kuba uyu munsi n’ejo.

Ni nama amakuru avuga ko igamije gushyiraho ishingiro mu masezerano mpuzamahaga atandukanye ndetse n’ayahuriweho n’ibihugu byombi by’umwihariko kuva mu 2010, ajyanye no gucyura impunzi, zaba iz’abanyarwanda ziri muri RDC, n’iza RDC ziri mu Rwanda.

Igamije kandi gushakira amahoro u Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo nk’uko bikubiye mu masezerano hagati y’u Rwanda na Congo, n’ingingo zasinyiwe i Doha muri Qatar hagati ya RDC na AFC/M23.

Aya masezerano basanga ari inkingi ikomeye mu gushakira aka karere amahoro, bakaba bemeranyije ko ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR) ari umufatanyabikorwa wizewe kandi utabogamye muri iki gikorwa, rikaba rizafasha mu kwita ku mpunzi no gukora ku buryo zigira umutuzo n’umutekano.

Muri aya masezerano, ibihugu byemeranyije ko hihutishwa itahuka ry’abanyarwanda magana atandatu bari mu nkambi y’agateganyo ya Goma.

Bumvikanye ko muri uku gucyura impunzi ku bushake habaho ubushishozi mu kugenzura ibibaranga, kugira ngo bitazasiga hari abantu badafite igihugu gakondo.

Ibihugu byombi, byumvikanye ko gucyura impunzi bigomba gushingira ku turere, aho abatahuka bakomoka, kandi bagakora kuburyo abatahutse binjizwa mu bikorwa by’iterambere by’iwabo, aho batashye.

Hagataho, ibihugu byombi byashyizeho komite bihuriyeho ishyinzwe gukurikirana iki gikorwa cy’itahuka ry’impunzi ku bushake, izaba ifite inshingano mu mwaka wa 2025 no mu mwaka utaha wa 2026.

U Rwanda rumaze imyaka irenga 20 rucumbikiye impunzi zibarirwa mu bihumbi amagana z’Abanye-Congo, kuri aba hiyongereyeho n’abandi bagihunga imirwano ishamiranyije M23 n’Ingabo za RDC, aho imaze no gusiga Leta ya Congo itakaje ibice binini byo muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu Yaruguru.

Tags: ImpunziRdcRwanda
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
FARDC, Ingabo z’u Burundi na Wazalendo zahondaguriwe i Mulenge.

FARDC, Ingabo z'u Burundi na Wazalendo zahondaguriwe i Mulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?