Abanye-Congo babarirwa mu mirongo biciwe mu ikanisa.
Umutwe w’iterabwoba wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, ariko ukaba ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, wiciye abantu babarirwa mu mirongo mu i Kanisa riherereye mu ntara ya Ituri.
Ku munsi w’ejo ku cyumweru tariki ya 26/07/2025, ni bwo uriya mutwe wakoze ariya mahano.
Bivugwa ko ikinisa uriya mutwe wicyiyemo abantu barimo basenga, riri mu gace kitwa Komanda, muri Ituri.
Iri kanisa rikaba ari iry’idini Gatolika, nk’uko aya makuru akomeza abivuga.
Ni amakuru kandi ahamya ko abishwe ari abantu 43. Aba barimo abagabo, abagore ndetse n’abana 6.
Amashusho yagiye hanze agaragaza ko nyuma yo kubica, bararangije batwika iryo kanisa.
Urebye abona urwotsi rwinshi rututumba hejuru, ndetse n’ikanisa ryahindutse umuyonga.
Umutwe wa ADF umaze imyaka irenga 30 ukorera mu Burasirazuba bwa Congo, urwanya ubutegetsi bwa perezida Yoweli Kaguta Museveni.
Mu bice ukoreramo byo muri Ituri no mu mashyamba yo muri Kivu y’Amajyaruguru, umaze kubyiciramo abantu benshi.
Igitangaje uyu mutwe nubwo wica abantu, Leta y’i Kinshasa ntiwuhiga nk’uko ihiga umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho.
Mu gihe bizwi ko iyi mitwe yo irinda abasivili, ubundi ikanazana n’iterambere mu bice igenzura, Goma, Bukavu, Minembwe, n’ahandi.
Ibyegeranyo bitandukanye byagiye bitangwa n’impuguke z’u muryango w’Abibumbye, bigaragaza ko uyu mutwe wa ADF ko umaze kwica abasivili babarirwa mu bihumbi, mu myaka umaze ukorera muri ibyo bice.