• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, August 11, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Byinshi wa menya ku mugore muto cyane wagizwe minisitiri w’urubyiruko muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 9, 2025
in History
0
Byinshi wa menya ku mugore muto cyane wagizwe minisitiri w’urubyiruko muri RDC.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byinshi wa menya ku mugore muto cyane wagizwe minisitiri w’urubyiruko muri RDC.

You might also like

Crystal Palace yanditse amateka mu gikombe cya Community Shield 2025.

Iby’Umukinnyi watangiye ibye mu munezero bikarangira bimuhindukiye amarira.

Ibivugwa ku bwicanyi bwaje bugamije kurimbura Abanyamulenge.

Grace Kutino Emie, ni we wagizwe minisitiri w’urubyiruko rwo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo muri guverinoma nshya yashyizweho na perezida Felix Tshisekedi.

Uyu ni umugore uri mu kigero cy’imyaka 26, akaba yarasanzwe ari umupasiteri mu rusengero rwa Armee de la Victoire.

Izina rya Kutino rirazwi cyane muri iki gihugu, kuko ni rya se(umubyeyi wa Grace Emie Kutino), ni mu gihe yakoze ivugabutumwa muri RDC no hanze yayo, ariko mu mwaka wa 2006 arafungwa.

Uyu mubyeyi we yaje no gukatirwa gufungwa imyaka 10 kubyaha birimo kugira uruhare mu bwicanyi, gufatanwa imbunda, kandi anakekwaho gukorana n’inyeshyamba zari ziyobowe na Jean Pierre Bemba uri muri Leta nshya. Ibi byaha byose ashinjwa Kutino yavuze ko ari ibihimbano.

Umwana we rero, wagizwe minisitiri yavukiye i Kinshasa. Nyina na se bombi ni abakozi b’Imana(abapasiteri), bakaba banakuriye urusengero rwa Armee de la Victoire. Urusengero rwabo ruri i Kinshasa ni Paris mu Bufaransa.

Grace ni we bucura mubana bane ba Kutino, avuga ko yagiye kuba i Paris we n’abavandimwe afite imyaka itanu gusa, niho yakuriye ahiga amashuri mbere yuko atangira gukora mu itorero ry’ababyeyi be.

Azwi kandi mu kwandika ibitabo, icyo yamenyekanishije cyane ni icyo yise: “On m’a vole quelque chose” kivuga uburyo afite imyaka 7 se yafashwe i Kinshasa agafungwa, inkuru mbi n’ibyakurikiyeho.

Mu 2017, Grace Emie Kutino yagizwe pasiteri mu itorero rya se Armee de la Victoire.

Yarasanzwe kandi akora ibikorwa by’ubucuruzi, kwigisha no gukoresha imbugankoranyambaga agaragaza ko ashyigikiye ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Mu 2022 yatangaje kuri izo mbuga ko atuye i Kinshasa bihoraho, nyuma y’imyaka myinshi aba hagati ya Kinshasa n’i Paris mu Bufaransa.

Ahanini avuga ko ubuzima bwe bwaranzwe n’ibyabaye kuri se, yita akarengane yakorewe n’ubutegetsi bwa Joseph Kabila wayoboye RDC impaka 18.

Mu kwezi kwa kane uyu mwaka ubwo havugwaga inkuru ko Joseph Kabila yagarutse muri RDC. Icyo gihe Kutino Emie yanditse ku rubuga rwa x, agaragaza ko batazigera bibagirwa ibyo yakoreye se.
Avuga ko ubutegetsi bwe bwa mukoreye iyicarubuzo.

Papa we Fernando Kutino yaje gufungurwa mu mwaka wa 2014, yaramaze imyaka 8 muri gereza i Kinshasa.

Kuza kwa Grace Kutino Emie muri guverinoma nshya, bamwe babyishimiye kubera ko akiri umugore muto, kandi ufite urubyiruko rwinshi rumukurikira ku mbugankoranyambaga.

Ababinenze n’abo bavuga ko yazanwe muri guverinoma nshya kubera amarangamutima ya perezida Felix Tshisekedi, ngo kubera akunze kumuvugaho neza.

Ariko nyiribwite akimara guhabwa uyu mwanya muri guverinoma nshya, yabwiye urubyiruko ati: “Iyi ni intangiriro y’urugendo tuzagendana, dushize amanga, mu kwemera, ikinyabufura n’urukundo dukunda igihugu cyacu.”

Tags: Grace Kutino EmieMinisitiriRdc
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Crystal Palace yanditse amateka mu gikombe cya Community Shield 2025.

by Bruce Bahanda
August 10, 2025
0
Crystal Palace yanditse amateka mu gikombe cya Community Shield 2025.

Crystal Palace yanditse amateka mu gikombe cya Community Shield 2025. Kuri iki Cyumweru, tariki ya 10/08/ 2025, kuri sitade ya Wembley iherereye i Londres mu Bwongereza, habereye umukino...

Read moreDetails

Iby’Umukinnyi watangiye ibye mu munezero bikarangira bimuhindukiye amarira.

by Bruce Bahanda
August 9, 2025
0
Iby’Umukinnyi watangiye ibye mu munezero bikarangira bimuhindukiye amarira.

Iby'Umukinnyi watangiye ibye mu munezero bikarangira bimuhindukiye amarira. Héritier Luvumbu Nzinga, umukinnyi w’umupira w’amaguru w'Umunyekongo, yinjiye mu ikipe ya Rayon Sports mu 2021, agaragara nk’umwe mu bakinnyi b’ingenzi...

Read moreDetails

Ibivugwa ku bwicanyi bwaje bugamije kurimbura Abanyamulenge.

by Bruce Bahanda
August 9, 2025
0
Ibivugwa ku bwicanyi bwaje bugamije kurimbura Abanyamulenge.

Ibivugwa ku bwicanyi bwaje bugamije kurimbura Abanyamulenge. Mu misozi miremire y'i Mulenge, mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo-ahunamiye ibibaya bikikije ikiyaga cya Tanganyika, hatuye Abanyamulenge bafite...

Read moreDetails

Amakuru mashya avugwa ku mukinnyi ufite inkomoko i Mulenge.

by Bruce Bahanda
August 9, 2025
0
Amakuru mashya avugwa ku mukinnyi ufite inkomoko i Mulenge.

Amakuru mashya avugwa ku mukinnyi ufite inkomoko i Mulenge. Bonheur Mugisha, umukinnyi ufite inkomoko i Mulenge mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yamaze gusinyira ikipe ya...

Read moreDetails

Umwe mu bayobozi bo muri Kivu Yaruguru yavuze kuri Major Gen Sultan Makenga.

by Bruce Bahanda
August 5, 2025
0
Umwe mu bayobozi bo muri Kivu Yaruguru yavuze kuri Major Gen Sultan Makenga.

Umwe mu bayobozi bo muri Kivu Yaruguru yavuze kuri Major Gen Sultan Makenga. Guverineri wungirije wa Kivu Yaruguru, Manzi Willy, yatanze ubutumwa bukomeye ashimira umugaba mukuru w'ingabo za...

Read moreDetails
Next Post
Ni ki kirimo ku vugwa kuri Kiyana uwo bivugwa ko yageze ku Ndondo ya Bijombo.

Ni ki kirimo ku vugwa kuri Kiyana uwo bivugwa ko yageze ku Ndondo ya Bijombo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?