RDC yamaganye Kenya yashyizeho uyihagararira i Goma.
Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yamaganye iya Kenya yashyizeho uhagararira inyungu zayo i Goma hagenzurwa n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’iki gihugu.
Hari nyuma y’aho Kenya isohoye itangazo rimenyesha ko yashyizeho ba Ambasaderi bahagararira iki gihugu mu bindi bihugu.
Muri aba bashyizweho barimo na Judy Kiara wagenwe guhagararira Kenya i Goma mu Burasirazuba bwa RDC hagenzurwa na AFC/M23.
Ibi ntibyaguye neza ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa RDC, kuko ibiro bye byahise bisohora itangazo rivuga ko ibyakozwe na Kenya ari ubushotoranyi bukabije, ngo kuko bitahawe uburenganzira na minisitiri w’ubanye n’amahanga.
Ni mu gihe ubutegetsi bw’i Kinshasa bufata umutwe wa M23 nk’umutwe w’iterabwoba wateye iki gihugu ugafata bimwe mu bice byacyo.
Ivuga ko ibyo Kenya yakoze bidakwiye na gato, kandi ko gushyiraho uyihagararira i Goma ntaho bitaniye n’ubugambanyi.
Maze muri iryo tangazo RDC isaba abaturage bayo kwirinda ibibuha no gutekana.
Ubundi kandi yanahamagaje Ambasaderi wa Kenya i Kinshasa ndetse n’ushinzwe ibikorwa by’ububanyi n’amahanga mu rwego rwo kugira ngo batange ibisobanuro.