AFC/M23/MRDP yagaragaje ibyo ingabo za RDC ziri gukora muri iki gihe muri Kivu y’Epfo.
Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ryagaragaje ko nubwo hari ibiri gukorwa kugira ngo amahoro agaruke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ariko ko RDC ikomeje kurunda abasirikare bayo mu bice bitandukanye n’intwaro ziremereye.
Bikubiye mu itangazo AFC/M23/MRDP yaraye ishyize hanze risubiza iryo igisirikare cya RDC cyabashinjaga kurenga ku masezerano bagiranye , ubwo hatangazwaga imbanzirizamushinga y’amahoro i Doha mu kwezi gushize.
Itangazo rya FARDC ryasohowe mbere yirya AFC /M23/MRDP ryashinjaga iyi mitwe yombi kuyigabaho ibitero mu duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.
Mu kuyisubiza, AFC/M23/MRDP yavuze ko ingabo za FARDC iz’u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo FDLR ndetse n’imbonerakure bakomeje kugaba ibitero mu duce dutuwe cyane, kandi ko bakoresha za drones zitagira abapilote n’intwaro zirimo iziremereye.
Iri tangazo rikavuga ko ibyo bikorwa birenga ku masezerano yagahenge yemejwe, kandi ko bigize ibyaha by’intambara.
Rivuga kandi ko leta ikomeje kurunda abasirikare bayo n’intwaro mu bice birimo Bijombo, Rurambo, kandi ko abo yaharunze ari abu Burundi, FDLR na Wazalendo.
Ahandi ni mu duce twa Runingu, Kashatu, Gatobwe na Kahololo.
AFC/M23/MRDP ikavuga ko izakomeza kurinda abaturage b’abasivili, ngo kuko itabikoze bokomeza kuba mu kaga.
Hagataho, biragaragara ko amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC, na mahame impande zishyamiranye zagiranye i Doha muri Qatar, hagati ya M23 na Leta y’i Kinshasa atanga.
Ahanini ayo masezerano yombi asaba izi mpande zombi guhagarika imirwano bya burundu. Ariko ibitero bikorwa umunsi ku munsi.