• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Havuzwe uburyo byagenze kugira ngo abaheruka kwica umuntu i Nakivale batabwe muri yombi.

minebwenews by minebwenews
August 28, 2025
in Conflict & Security
0
Nakivale: Yamaze kwicwa atabwa munsi y’inzira, ubuhamya.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe uburyo byagenze kugira ngo abaheruka kwica umuntu i Nakivale batabwe muri yombi.

You might also like

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Uduce 8 FARDC n’abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y’uko bishe abasivili

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

Umusore w’Umurundi uri mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 25 na 30, akaba aheruka kwicirwa i Nakivale muri Uganda abamwishe nyuma y’uko bari babanje kubura byarangiye inzego z’umutekano zo muri iki gihugu zibataye muri yombi.

Aha’rejo ku wa gatatu tariki ya 27/08/2025, ni bwo amakuru yitabwa muri yombi ryabishe umuntu i Nakivale yamenyekanye.

Ni mu gihe uriya musore w’Umurundi we ba mwishe mu joro ryo ku wa gatandatu rishyira ku cyumweru tariki ya 24/08/2025.

Amakuru avuga ko bamwiciye Kabazana Kubigega munsi y’inzira iva ku Kibati igana Kabazana ku Bigega haherereye mu ntera ngufi uvuye ku biro bikuru by’inkambi y’impunzi ya Nakivale biri ahitwa Base Camp.

Mu kumwica nk’uko aya makuru akomeza avuga ni uko bamukuyeho umutwe n’ibiganza bakoresheje imihoro n’ibyuna; ibyo ngo bakaba barabikoze mu rwego rwo gusibanganya ibimenyetso.

Mu byo Minembwe Capital News yamaze kumenya, ibyo ikesha abayihaye ubuhamya, n’uko nyakwigendera yahamagawe mu ijoro n’abariya bantu bamwishe, kubera ko yakoraga akazi k’ubumotari yarabitabye nk’uwabonye abakiriya, abagezeho niko guhita bamufata baramwica.

Nyuma iperereza ryakozwe hifashishijwe imbwa n’ikorana buhanga ryafashe amashusho, ni mu gihe imbwa yo yatoye aho bataye umwenda naho buririye moto nyuma yo kumwica, naho ikorana buhanga hakoreshejwe igitelefone kinini batungaga ahari amaraso n’umurambo, maze kikabyerekana mu mashusho nk’ibintu biri kuba nka ko kanya, aho uriya musore yarimo yirwanaho. Ndetse kandi bana-trackinze iriya moto, gusa tracking yayo ikerekana bageze i Kampala bari guhinduza bimwe mu byuma byayo.

Ibi nibyo byaje kuranga abamwishe ko berekeje umuhanda wa Nakivale-Kampala, niko gukurikira ikirari bafata abagabo babiri ba Barundi, bafatirwa i Mukono bamaze gutambuka i Kampala.

Bivugwa ko mu gikapu cyabo basanzemo imyambaro y’uriya musore bishe, kandi iriho n’amaraso, no mugusamba kwabo baranze aho bataye umutwe n’ibiganza bye.

Biteganyijwe ko n’ibarangiza kwerekana ibice by’umubiri bya nyakwigendera, umuryango we uzamushyingura mucyubahiro, ahasigaye abamwishe bakurikiranwe n’ubutabera.

Tags: Abishe umuntuBatawe muri yombiNakivale
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya Colonel Rubaba Ntagawa, umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo ukuriye ibatayo ifite ibirindiro mu Bibogobogo muri teritware ya...

Read moreDetails

Uduce 8 FARDC n’abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y’uko bishe abasivili

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Havuzwe uduce Wazalendo bari kubabarizamo abaturage, n’icyakorwa kugira ngo bigire iherezo

Uduce 8 FARDC n'abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y'uko bishe abasivili Uduce tubarirwa mu 8 duherereye muri grupema ya Bukombo n'iya Tongo muri teritware ya Rutshuru, mu...

Read moreDetails

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe Sio.Sebagabo Rwambara war'uzwi cyane ku izina rya Edinasi, yatabarukanye n'abandi i Lubumbashi mu cyahoze ari Katanga, kuri ubu...

Read moreDetails

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije Abarwanyi bashingikiwe na guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, bo mu mitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai n'indi iyishamikiyeho ihurikiye mu...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by’i Doha

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Ibyakozwe na Kinshasa biganisha kuri balkanisation, soma inkuru irambuye

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by'i Doha Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ryatangaje ko ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo budashobora guhunga ibiganiro bibera...

Read moreDetails
Next Post
Minembwe yashyizwe ku rundi rwego rwo hejuru muri RDC.

Abanyamulenge bongeye kugabwa ibitero bya drones by'Ingabo za RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?