• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 21, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe

minebwenews by minebwenews
September 1, 2025
in Conflict & Security
0
Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe
110
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe

You might also like

FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Brigadier General Olivier Gasita uyoboye ibikorwa bya gisirikare mu mujyi wa Kindu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Maniema, na yo kimwe n’iya Kivu y’Amajyepfo n’iya y’Amajyaruguru na Ituri ziherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yageze i Uvira mu ibanga rikomeye ku mpamvu z’umutekano we.

Ahagana saa sita zija gushyira muri saa saba zo kuri uyu wa mbere tariki ya 01/09/2025, ni bwo uyu musirikare mukuru yageze i Uvira.

Minembwe Capital News yamenye neza ko yageze muri uyu mujyi uri mu ntera ngufi uvuye mu mujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi, aturutse n’ubundi muri iki gihugu bipakanye.

Ariko ko yawugezemo mu ibanga rikomeye kubera gutinyirira umutekano we, nk’uko aya makuru twahawe, abivuga ati: “Yinjiye muri Uvira mu banga ridasanzwe. Wazalendo bagiye kubimenya yamaze kugera muri Etat major y’ingabo za FARDC iri aha mu mujyi rwagati.”

Byasobanuwe ko impamvu yahinjiye mu banga, ngo byavuye kukuba Wazalendo batamushaka, aho ndetse n’ejo ku cyumweru bagiye batanga ubutumwa bakagaragaza ko mu gihe yohagera byoba bibi cyane kurushaho.

Nubwo uyu musirikare akorera Leta y’i Kinshasa, ariko kubera ko ari uwo mu bwoko bw’Abanyamulenge bavuga ururimi rw’ikinyarwanda, Wazalendo bamwita umwanzi wabo.

Si we wenyine, ahubwo ni Umunyamulenge wese; waba uri muri Leta cyangwa utayirimo, bavuga ko isura yabo batayishaka ku butaka bw’iki gihugu icyo bavuga ko ari cyabo bonyine.

Ubwo Muhoza Gisaro wabaye minisitiri w’ibikorwaremezo kuri ubu butegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi aheruka aha i Uvira mu mwaka wa 2024, na we bamuteye amabuye, ariko arokoka hamana.

Mu majwi aheruka kuja hanze, Wazalendo barimo bavuga ko “General Olivier Gasita n’ahaza bazahita bakora imyigaragambyo bamwamagane, kandi ngo bamagane n’ubutegetsi bw’iki gihugu, ubwo bavuga ko ari bwo bwahamutumye.”

Umwe muri abo yavuze ko atuye i Remela, akangurira abahatuye kuzahita bambara ibijangala(ibibabi by’ibitoki), maze bakerekeza iyo azahitira bakamutera amabuye, kandi bakamwamagana. Barimo banasobanura ko i Uvira ari iwabo Wazalendo, bityo ko hatogomba kugera utariwe nka Gasita na bene wabo.

Undi na none yavuze ko kuhagera bitoshoboka, asobanura ko ababivuga atazi aho babikura, ni mu gihe ku bwe ngo asanga Leta itokora ikosa ryo kuboherereza umwanzi.

Ati: Si nibaza ko leta yo kohereza umwanzi iwacu. Yokora icyo gikorwa kibi kuzihe mpamvu? Si mbyumva kugeza n’ubu.”

Ariko kugeza ubu , nubwo Wazalendo bavuze ayo yose, kandi nyiribwite akaba yamaze kuhagera, haracyatuje.

Tags: Gasitaibanga rikomeyeUvira
Share44Tweet28Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze

FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze Ibikoresho bya gisirikare by'igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, muri Uvira, iki gisirikare cyatangiye kubihungishiriza i Bujumbura mu...

Read moreDetails

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Ingabo z'u Burundi zahawe igisubizo nyuma y'aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke Nyuma y'aho Ingabo z'u Burundi zihaye umutwe wa MRDP-Twirwaneho ukorera muri Kivu...

Read moreDetails

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Indege z'intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyateye ibisasu by'indege za Sukhoi-25 mu bice bituwe cyane byo muri teritware ya...

Read moreDetails

Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

Urusaku rw'imbunda z'irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n'impamvu yarwo Amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, ugenzurwa n'ihuriro ry'ingabo za Repubulika...

Read moreDetails

Conflict Monitoring Report: Burundian Military Expansion and the Security Situation in the Mulenge Highlands

by minebwenews
October 19, 2025
0
Burundian Soldiers in Tshisekedi’s Plan to Wipe Out the Banyamulenge

Background Recent developments in the highlands of Mulenge, South Kivu Province (eastern Democratic Republic of the Congo), reveal a growing presence of Burundian soldiers operating in collaboration with elements of the Congolese national army...

Read moreDetails
Next Post
Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n'ubw'u Burundi

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?