• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 2, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 1, 2025
in Conflict & Security
0
Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe
98
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe

You might also like

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo n’iy’u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n’umubare w’Ingabo z’u Burundi zoherejwe iwabo.

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

Brigadier General Olivier Gasita uyoboye ibikorwa bya gisirikare mu mujyi wa Kindu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Maniema, na yo kimwe n’iya Kivu y’Amajyepfo n’iya y’Amajyaruguru na Ituri ziherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yageze i Uvira mu ibanga rikomeye ku mpamvu z’umutekano we.

Ahagana saa sita zija gushyira muri saa saba zo kuri uyu wa mbere tariki ya 01/09/2025, ni bwo uyu musirikare mukuru yageze i Uvira.

Minembwe Capital News yamenye neza ko yageze muri uyu mujyi uri mu ntera ngufi uvuye mu mujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi, aturutse n’ubundi muri iki gihugu bipakanye.

Ariko ko yawugezemo mu ibanga rikomeye kubera gutinyirira umutekano we, nk’uko aya makuru twahawe, abivuga ati: “Yinjiye muri Uvira mu banga ridasanzwe. Wazalendo bagiye kubimenya yamaze kugera muri Etat major y’ingabo za FARDC iri aha mu mujyi rwagati.”

Byasobanuwe ko impamvu yahinjiye mu banga, ngo byavuye kukuba Wazalendo batamushaka, aho ndetse n’ejo ku cyumweru bagiye batanga ubutumwa bakagaragaza ko mu gihe yohagera byoba bibi cyane kurushaho.

Nubwo uyu musirikare akorera Leta y’i Kinshasa, ariko kubera ko ari uwo mu bwoko bw’Abanyamulenge bavuga ururimi rw’ikinyarwanda, Wazalendo bamwita umwanzi wabo.

Si we wenyine, ahubwo ni Umunyamulenge wese; waba uri muri Leta cyangwa utayirimo, bavuga ko isura yabo batayishaka ku butaka bw’iki gihugu icyo bavuga ko ari cyabo bonyine.

Ubwo Muhoza Gisaro wabaye minisitiri w’ibikorwaremezo kuri ubu butegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi aheruka aha i Uvira mu mwaka wa 2024, na we bamuteye amabuye, ariko arokoka hamana.

Mu majwi aheruka kuja hanze, Wazalendo barimo bavuga ko “General Olivier Gasita n’ahaza bazahita bakora imyigaragambyo bamwamagane, kandi ngo bamagane n’ubutegetsi bw’iki gihugu, ubwo bavuga ko ari bwo bwahamutumye.”

Umwe muri abo yavuze ko atuye i Remela, akangurira abahatuye kuzahita bambara ibijangala(ibibabi by’ibitoki), maze bakerekeza iyo azahitira bakamutera amabuye, kandi bakamwamagana. Barimo banasobanura ko i Uvira ari iwabo Wazalendo, bityo ko hatogomba kugera utariwe nka Gasita na bene wabo.

Undi na none yavuze ko kuhagera bitoshoboka, asobanura ko ababivuga atazi aho babikura, ni mu gihe ku bwe ngo asanga Leta itokora ikosa ryo kuboherereza umwanzi.

Ati: Si nibaza ko leta yo kohereza umwanzi iwacu. Yokora icyo gikorwa kibi kuzihe mpamvu? Si mbyumva kugeza n’ubu.”

Ariko kugeza ubu , nubwo Wazalendo bavuze ayo yose, kandi nyiribwite akaba yamaze kuhagera, haracyatuje.

Tags: Gasitaibanga rikomeyeUvira
Share39Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

by Bruce Bahanda
September 2, 2025
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Nyuma y'aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane Brigadier General Olivier Gasita wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ushinzwe ibikorwa bya...

Read moreDetails

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo n’iy’u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n’umubare w’Ingabo z’u Burundi zoherejwe iwabo.

by Bruce Bahanda
September 2, 2025
0
I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze.

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo hamwe n'iy'u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n'umubare w'Ingabo z'u Burundi zoherejwe iwabo. Guverinoma y'u Burundi...

Read moreDetails

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

by Bruce Bahanda
September 1, 2025
0
Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n'ubw'u Burundi Moïse Nyarugabo wahoze mu bategetsi bavuga rikijana muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, igihe cya Joseph Kabila...

Read moreDetails

AFC/M23 mu gikorwa cyo gutangiza umwaka wa mashuri wa 2025-2026.

by Bruce Bahanda
September 1, 2025
0
Auto Draft

AFC/M23 mu gikorwa cyo gutangiza umwaka wa mashuri wa 2025-2026. Abayobozi bakuru bo mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, Corneille Nangaa na Bisimwa bagaragaye bari kumwe n'abana...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP yongeye gushinja FARDC n’abambari bayo kugaba ibitero ahatuwe cyane, unayiha integuza ikanganye.

by Bruce Bahanda
September 1, 2025
0
AFC/M23/MRDP yongeye gushinja FARDC n’abambari bayo kugaba ibitero ahatuwe cyane, unayiha integuza ikanganye.

AFC/M23/MRDP yongeye gushinja FARDC n'abambari bayo kugaba ibitero ahatuwe cyane, unayiha integuza ikanganye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, rirabushinja...

Read moreDetails
Next Post
Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n'ubw'u Burundi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?