Abasirikare b’u Burundi bakorera mu bice bituwe n’Abanyamulenge biherereye muri grupema ya Bijombo, ahazwi nk’i Ndondo y’i Buvira cyangwa ya Bijombo muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’aho basahuye mu mihana y’abahatuye, ubu ho bashyinze “amaka” mu mihana yabo hagati.
Bikubiye mu butumwa twahawe n’abamwe mu Banyamulenge baherereye muri ibyo bice, aho ubwo butumwa bugira buti: “Byakomeye noneho, ingabo z’u Burundi ziri gushyinga amakambi yabo ya gisirikare mu mihana hagati dutuyemo.”
Burakomeza buti: “Imwe bayishyinze mu muhana neza rwagati wo kw’Irango, ku Kiziba , indi bayishyinga mu Gahuna no mu yindi mihana itandukanye iyo dusanzwe dutuyemo.”
Mbere hose, amakambi yabaga yegereye iyi mihana, ariko ubuho si ko biri, kuko bayinjije neza imbere.
Uwaduhaye aya makuru yasobanuye ko byavuye ku kuba drone iheruka kurasa abasirikare ba FARDC n’ab’u Burundi bari kwa Musumari mu Gahuna, mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira ku cyumweru tariki ya 01/09/2025. Icyo gihe yahitanye abasirikare bari hagati ya 36 na 48, nk’uko byavuzwe, mu gihe abandi benshi bakomeretse.
Amakuru amwe avuga ko yari iy’ingabo za FARDC yayobeye muri kiriya gice ikarasa ku ngabo zayo, ariko yarigambiriye kurasa abarwanyi ba MRDP-Twirwaneho.
Ariko ku rundi ruhande, bivugwa ko yari drone y’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP.
Ari naho bahera bavuga ko ziriya ngabo z’u Burundi zashyinze ariya makambi yabo mu mihana ituwe, mu rwego rwo gutinya drone, aho bavuga ko niba ari ya AFC/M23/MRDP iheruka kubatera, ntizongera kubaterera mu buturage, kandi mu gihe yabarashe hakagira abaturage bagira ikibazo, bazabonereho uburyo bwo kuyegekaho ibyaha byo kwica abasivili.
Mu kwezi gushize kwa mu nani uyu mwaka, izi ngabo z’u Burundi zasahuye mu mihana y’aba baturage, zibasahura ibintu bitandukanye birimo amatungo, ibikoresho byo mu ngo, n’ibindi.
Ndetse na nyuma y’ubwo zishe umwana w’umuhungu uri munsi y’imyaka 18 zimwicisha inkoni, mu gihe hari undi zakubise zi mu hindura intere.
Hagataho, ibi bikomeje kongera urwango hagati y’izi ngabo n’abaturage b’i Ndondo ya Bijombo.