• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Icyo amakuru avuga kuri Gen Gasita watumwe i Uvira

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 9, 2025
in Conflict & Security
0
Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo amakuru avuga kuri Gen Gasita watumwe i Uvira

You might also like

RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF

AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

Abagize ihuriro rya Wazalendo bakorera muri Uvira mu ntara ya Kivu y’Amaj’epfo, batangaje ko Brigadier General Olivier Gasita wahoherejwe na perezida Felix Tshisekedi kuyobora ibikorwa bya gisirikare byaho birimo n’ubutasi, yahavuye ahunze, kandi ko yerekeje i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo. Ariko amasoko yacu yo arabihakana.

Ni amakuru abagize iri huriro rya Wazalendo batangiye gutangaza mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 09/09/2025.

Duherereye ku byatangajwe n’uwitwa Robert Mayani wo muri ririya huriro rya Wazalendo, yagize ati: “General Gasita yavuye i Uvira mu ijoro ryaraye rikeye, ahita yerekeza i Kinshasa.”

Yakomeje avuga ko yahirukanwe n’umzalendo yise General Jems Fyeka Adui, ati: “Gen Gasita yirukanwe muri Uvira na Gen Jems Fyeka Adui, anategerejwe i Kinshasa.”

Amasoko ya Minembwe Capital News yo ahakana aya makuru, kuko uwo iya kesha usanzwe akorera mu nzego z’umutekano muri iki gihugu, yagize ati: “Gasita ari hano i Uvira.”

Yongeye kandi ati: “Ntaho yigeze aja. Ni igihanya ku mugoroba wa joro hari ikiganiro yagiranye na bamwe mu basirikare ba FARDC bakuru.”

Nyuma y’aho General Olivier Gasita agereye i Uvira ku wa mbere wa kiriya cyumweru gishize, Wazalendo bahise batangira gukora imyigaragambyo yo ku mwagana bavuga ko batamushaka. Ariko igisirikare cya RDC gikorana byahafi n’uy’u mutwe wa Wazalendo kinyuze ku muvugizi wacyo, Major Gen Sylvain Ekenge, yavuze ko FARDC imushigikiye, kandi ko itibeshye ku hamutuma.

Ikindi n’uko yavuze ko n’ubwo FARDC ikorana na Wazalendo, ariko ko itayigenzura. Anemeza ko yahawe imbunda na perezida Felix Tshisekedi.

Wazalendo bashinja Gen Gasita ubugambanyi no gutanga umujyi wa Bukavu mu maboko ya AFC/M23/MRDP irwanya ubutegetsi bw’iki gihugu.

Bamushinja kandi kwica Wazalendo bagenzi babo i Kindu mu ntara ya Maniema na yo iherereye mu Burasirazuba bwa RDC, bityo bakavuga ko na bo azabica ubundi kandi ngo agatanga Uvira muri AFC/M23/MRDP.

Tags: GasitaUviraWazalendo
Share24Tweet15Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF

RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF Umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ukaba ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, urashinjwa kwica abantu 60...

Read moreDetails

AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryatangaje ko igisirikare cy'iki gihugu...

Read moreDetails

Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

Ay'indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy'indege cya Bujumbura igana muri RDC Amakuru aturuka mu Burundi avuga ko ku kibuga cy'indege cyaho giherereye i Bujumbura ku murwa mukuru...

Read moreDetails

Makyambe wahoze ayobora zone ya Minembwe igihe cya RCD yishwe arashwe

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
Makyambe wahoze ayobora zone ya Minembwe igihe cya RCD yishwe arashwe

Makyambe wahoze ayobora zone ya Minembwe igihe cya RCD yishwe arashwe Makyambe Mishembe Laurent wahoze ari administrateur wungirije wa teritware ya Minembwe iyari yarashyizweho n'umutwe wa RDC warwanyaga...

Read moreDetails

Havuzwe bimwe mu byatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo i Uvira

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
Havuzwe bimwe mu byatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo i Uvira

Havuzwe bimwe mu byatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo i Uvira Imwe mu mpamvu zatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo mu mujyi wa Uvira muri Kivu y'Amajyepfo yo kwa magana Brigadier General...

Read moreDetails

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?