Icyo amakuru avuga kuri Gen Gasita watumwe i Uvira
Abagize ihuriro rya Wazalendo bakorera muri Uvira mu ntara ya Kivu y’Amaj’epfo, batangaje ko Brigadier General Olivier Gasita wahoherejwe na perezida Felix Tshisekedi kuyobora ibikorwa bya gisirikare byaho birimo n’ubutasi, yahavuye ahunze, kandi ko yerekeje i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo. Ariko amasoko yacu yo arabihakana.
Ni amakuru abagize iri huriro rya Wazalendo batangiye gutangaza mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 09/09/2025.
Duherereye ku byatangajwe n’uwitwa Robert Mayani wo muri ririya huriro rya Wazalendo, yagize ati: “General Gasita yavuye i Uvira mu ijoro ryaraye rikeye, ahita yerekeza i Kinshasa.”
Yakomeje avuga ko yahirukanwe n’umzalendo yise General Jems Fyeka Adui, ati: “Gen Gasita yirukanwe muri Uvira na Gen Jems Fyeka Adui, anategerejwe i Kinshasa.”
Amasoko ya Minembwe Capital News yo ahakana aya makuru, kuko uwo iya kesha usanzwe akorera mu nzego z’umutekano muri iki gihugu, yagize ati: “Gasita ari hano i Uvira.”
Yongeye kandi ati: “Ntaho yigeze aja. Ni igihanya ku mugoroba wa joro hari ikiganiro yagiranye na bamwe mu basirikare ba FARDC bakuru.”
Nyuma y’aho General Olivier Gasita agereye i Uvira ku wa mbere wa kiriya cyumweru gishize, Wazalendo bahise batangira gukora imyigaragambyo yo ku mwagana bavuga ko batamushaka. Ariko igisirikare cya RDC gikorana byahafi n’uy’u mutwe wa Wazalendo kinyuze ku muvugizi wacyo, Major Gen Sylvain Ekenge, yavuze ko FARDC imushigikiye, kandi ko itibeshye ku hamutuma.
Ikindi n’uko yavuze ko n’ubwo FARDC ikorana na Wazalendo, ariko ko itayigenzura. Anemeza ko yahawe imbunda na perezida Felix Tshisekedi.
Wazalendo bashinja Gen Gasita ubugambanyi no gutanga umujyi wa Bukavu mu maboko ya AFC/M23/MRDP irwanya ubutegetsi bw’iki gihugu.
Bamushinja kandi kwica Wazalendo bagenzi babo i Kindu mu ntara ya Maniema na yo iherereye mu Burasirazuba bwa RDC, bityo bakavuga ko na bo azabica ubundi kandi ngo agatanga Uvira muri AFC/M23/MRDP.