Lazar Sebitereko yibukije ko “abarimo Umukozi w’Imana Ndaruhutse” bamaze imyaka 28 baguye mu Minembwe
Imyaka 28 irashize abantu basaga 20 bahitanwe n’impanuka y’indege yabereye hafi n’i kibuga cy’indege cya Minembwe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Iyi mpanuka y’indege yabaye tariki ya 12/09/1997, ibera ku wi Gishigo mu ntera ngufi cyane uvuye ku kibuga cya Minembwe.
Iyi ndege yarimo intumwa y’Imana Ndaruhutse David n’abandi bantu 21 barimo n’Abanye-sirayeri. Bizwi ko bari bitabiriye igiterane cya Eben-Ezer minisitiries, cyari igiterane ngaruka mwaka cyabaga kuri ayo matariki.
Uyu David Ndaruhutse ni Umurundi wavutse mu mwaka wa 1955. Akaba yarazwi cyane mu ivugabutumwa, ni na we watangije minisiteri ya Reveil en Afrique(ARM Inter) n’itorero rya Vivante de Jesus Christ mu Burundi no muri RDC.
Mu butumwa bwanditswe na Lazar Sebitereko Rukundwa umuyobozi mukuru w’ishuri rya kaminuza rya UEMI rifite icyicaro gikuru mu Minembwe, yagaragaje ko badateze kwibagirwa abaguye muri iyo mpanuka y’indege.
Yagize ati: “Imyaka 28 twibuka abacu badusize mu mpanuka y’indege, kuri Eben-Ezer 12.09.1997.”
Yakomeje ati: “Bitangiye ubumwe n’ubwiyunge bw’amoko n’imiryango. Igihe n’ikindi, umuhamagaro wabo turawuzirikana.”
Yanasabye kandi imiryango yabasizwe gukomera, ati: “Imiryango yose dukomere. Abacu baduhora k’u mutima. Minembwe baho.”
Kiriya giterane n’ubwo kitagikorwa, ariko cyari icy’ivugabutumwa, ubundi kandi cyari kigamije ubumwe n’ubwiyunge bw’amoko aturiye akarere ka Minembwe.

