Minisitiri w’intebe wa Israel, yagize icyo avuga ku busugire bw’igihugu cye
Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko Ingabo ze zitazahwema kugaba ibitero ku mutwe wa Hamas aho bazaba bari hose.
Netanyahu yabivuzeho ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru ari kumwe n’umunyamabanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio uri mu ruzinduko rwakazi muri iki gihugu.
Muri iki kiganiro cyabereye i Yerusalemu, Netanyahu yavuze ko buri gihugu gifite uburenganzira bwo kwirinda kandi kikarenga n’imbibi mu rwego rwo kwishakira umutekano, maze avuga ko Ingabo ze zitazahagarika ibitero ku barwanyi ba Hamas aho bari hose.
Minisitiri w’intebe wa Israel, yanavuze ko igitero baheruka kugaba ku ntumwa za Hamas zari muri Qatar bagikoze ku bwabo, ni mu gihe yarasubije awamubajije niba mbere yo gukora icyo gitero Leta Zunze ubumwe z’Amerika bari babiziranyeho.
Yagize ati: “Twagikoze ku giti cyacu. Birahagije.”
Muri iki kiganiro kandi, umunyamabanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio, yavuze ko umubano wa USA na Qatar ukomeye kandi ukomeje kubungabungwa nyuma y’icyo gitero.
Qatar yo ibinyujije kuri minisitiri wayo w’ubanye n’amahanga, yasabye umuryango mpuzamahanga kutagira indimi 2 ugafatira ibihano Israel yabagabyeho igitero.
Iki gitero cyagabwe muri Qatar mu gihe yari ikomeje kugira uruhare mu gushakira uburyo intambara yo muri Gaza yahagarara aho yari nk’umuhuza hagati ya Hamas na Israel nubwo yakiriye abayobozi ba politiki b’uwo mutwe mu mwaka wa 2012.
Urugendo rwa Marco Rubio muri Israel, biteganyijwe ko rukomereza muri Qatar akaba ari na ho arusoreza.