• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 23, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC
64
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

You might also like

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, mu biganiro biganisha ku gusenya bya burundu umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ni amakuru yatangajwe n’abayobozi ba Amerika, aho banagaragaje ko ibi biganiro bigamije gusenya FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho.

Nk’uko umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Africa, Massad Boulos abivuga, yerekanye ko iyi nama yabaye tariki ya 21 na 22 z’ukwezi kwa cumi uyu mwaka. Avuga ko ari nama ya gatatu y’urwego ruhuriweho rushyinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ingingo z’umutekano ziri mu masezerano ya Washington ruzwi nka JSCM.

Iyi nama ikaba ikurikiye iyabaye hagati mu kwezi kwa Cyenda uyu mwaka.
Boulos yakomeje avuga ko muri iyi nama ‘JSCM’ yateye intambwe mu gushyira imbere igitekerezo cy’ibikorwa kigamije gusenya burundu umutwe wa FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.

Anavuga kandi ko impande zombi zareberaga hamwe ibyo gushimangira umutekano mu karere no gufungura amahirwe y’iterambere ry’ubukungu.

Nanone kandi itangazo ryashyizwe hanze na Amerika, rivuga ko abagize urwego rwa JSCM banongeye gushimangira umuhate wabo kuri gahunda y’ibikorwa bya gisirikare, OPORD, kuko ari byo shingiro rya gahunda y’ibikorwa, CONOPS, igamije kurandura burundu umutwe wa FDLR yumvikanyweho muri iriya nama ya JSCM yo mu kwezi kwa Cyenda.

Iryo tangazo kandi rigasobanura ko abagize JSCM bazakurikirana aho ibikorwa bigeze no guhangana n’imbogamizi zishobora kuvuka.

Muri gahunda y’ubutaha, biteganyijwe ko “inama y’uru rwego izongera kandi ibere i Washington DC hagati y’itariki ya 19 n’iya 20 z’ukwezi kwa cumi n’umwe muri uyu mwaka.”

Tags: JSCMRdcWashington DC
Share26Tweet16Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails
Next Post
Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?