Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abacanshuro benshi bafashaga FARDC ku rwanya M23 bahungiye mu Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 29, 2025
in Regional Politics
0
Abacanshuro benshi bafashaga FARDC ku rwanya M23 bahungiye mu Rwanda.
104
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abacanshuro benshi bafashaga FARDC ku rwanya M23 bahungiye mu Rwanda.

You might also like

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Abarwanyi ba bacanshuro b’Abazungu biganjemo abo muri Romania bahungiye mu Rwanda bahunze umutwe wa M23 nyuma yaho ufashe i Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 29/01/2025, ni bwo itsinda ry’abarwanyi bahoraga bafasha FARDC kurwanya umutwe wa M23 binjiye mu Rwanda.

Amakuru avuga ko baciye ku mupaka wa Gisenyi na Goma. Bakaba bahunze mu gihe umutwe wa M23 wabarushije imbaraga ufata uyu mujyi wa Goma uherereye mu Burasirazuba bwa RDC.

Inzego zishinzwe umutekano z’u Rwanda zivuga ko aba barwanyi binjiye mu gihugu cyabo bahunze M23 ari 288.

Kandi ko biganjemo abakomoka muri Romania, aha ku mupaka bahise burizwa za bus bajanwa i Kigali.

Ni amakuru kandi yanemejwe n’umuvugizi w’u Rwanda wungirije, Alain Mukuralinda, aho yatangaje ko aba barwanyi bahita burizwa indege bagasubizwa mu gihugu cyabo.

Inzego z’umutekano, zabanje kubasaka barimo kwinjira. Bamwe muri bo basanganywe ibipfunyika binini by’amadolari y’Amerika.

Ibinyamakuru byo muri Romania byatangaje ko ubwo intambara yari ikomeye muri Goma, aba bacanshuro bahungiye muri Hotel imwe iri mu mujyi wa Goma, bakabwira M23 ko bashyize intwaro zabo hasi.

Ibyo binyamakuru byanavuze ko aba barwanyi biganjemo abahoze mu gisirikare, ariko kubu bari bakorera ikigo cyigenga gifitanye amasezerano na Leta y’i Kinshasa.

Ndetse kandi bikavugwa ko imiryango yabo ikomeje kwegera Leta ya Romania kugira ngo ibafashe batahe.

M23 yo ivuga ko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi bwazanye aba bacanshuro b’Abazungu kuyifasha kurwanya m23, kandi ko buri umwe ku kwezi ahembwa amadolari igihumbi.

Ariko iyi Leta y’i Kinshasa yagiye ivuga ko bazanye aba barwanyi kugira ngo batoze igisirikare cyabo kurwana.

Gusa, bizwi ko amasezerano mpuzamahanga ku bijyanye n’intambara abuza ikoreshwa ry’abacanshuro mu ntambara.

Tags: AbacanshuroGomaRwanda
Share42Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Agezweho y'Ingabo za Afrika y'Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC. Ingabo za Afrika y'Epfo zari zaroherejwe mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC,...

Read moreDetails

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye ( UN) muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, ategerejwe mu mujyi...

Read moreDetails

Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

Kivu y'Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryashyizeho abayobozi b'intara ya Kivu y'Amajyepfo, guverineri na visi guverineri....

Read moreDetails

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y'amahoro. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zirigushyira imbaraga ku Rwanda, aho zirusaba kuvana ingabo zarwo k'u butaka...

Read moreDetails
Next Post
Agezweho y’urugamba rukomeye hagati ya M23 n’ingabo za Congo muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ibivugwa n'umukunzi wa m23 ku ntambara uyu mutwe urimo muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?