
Umuryango w’ubumwe bw’Africa(UA), ushobora guhagurukira ikibazo c’umutekano muke urangwa muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, gusa muri iki gihe bisa nibiri murujijo ku byemezo bikomeza gufatwa nabayobozi ba leta ya Kinshasa ndetse na Mahanga.
Amasezerano ya Addis Abeba, Nairobi ndetse na Luanda, n’inama y’akarere k’ibiyaga bigari, biri mu nzira zikomeje kwerekana imiterere ya Politike irangwa muri RDC ndetse nuko umutekano uhagaze muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo (RDC) aho ubu byemejwe ko ari ngombwa kongera ingufu z’ibihugu bigize iterambere ry’amajyepfo ya Africa (SADC), bakaba bemezanije kohereza ingabo zuyu muryango, .
Abahanga babona ko ibi ari nkuguhazagurika nokubura amahitamo bikaba biri nomubidindiza iterambere ndetse nubucuruzi, arinabyo aba Depite biki gihugu baheruka gusaba ko President Félix Antoine Tshisekedi, atanga ibisobanuro mbere yo kongeramo izindi ngabo muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo.
Hari ibyahujwe, tariki 06.05.2023, abayobozi b’akarere ka Africa y’iburasirazuba (EAC), bahuriye i Bujumbura mu Burundi, naho tariki 08.05.2023, i Windhock muri Namibiya, bahisemo kongera guhuza umuryango wa SADC, kukibazo gusa c’Umutekano muke uri Muburasirazuba bwa RDC.
Harandi makuru avuga ko hari inama iteganijwe y’ibihugu bya Africa yunze Ubumwe, ishaka guhuza imiryango yose yo mu karere ariyo SADC, EAC na ICGLR, ikigamijwe nukurebera hamwe uko izongabo zose ziri mubutumwa bwa mahoro muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, bazabashe guhuza kugira ngo barusheho kugarura umutekano muriki gihugu.
Umuryango w’ubumwe bw’Africa wemeye icyifuzo cyo gukora iyo nama ariko, bakaba batarasobanura aho izabera n’igihe izabera, ibi byatangajwe n’uhagarariye Umuryango w’ubumwe bw’Afurika muri aka karere.
Abaturage bo mu burasirazuba bwa Rdc bakomeje guhangayikishwa na Politike itazana impinduka mugihugu cabo nintambara zurudaca.
Imyaka irenga icumi (10), imiryango mpuzamahanga ikomeza guterana kukibazo c’Umutekano muke muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, ariko gutora umuti bisa nibikomeza kuba ingorabahizi.
Aba depite ba RDC bagize ico babivugaho:
Umudepite Gratien, akaba arinawe uhagarariye ishaka Ensemble pour la Démocratie rya Moïse Katumbi, yatangaje ko Tshisekedi adakwiye kwegeka amakosa ku ngabo za EAC, kandi ari we wagiranye amasezerano nizo ngabo yo gukorera muri RDC.
yagize ati: “EAC iri muri RDC hashingiwe ku masezerano yihariye ubutegetsi bwa Tshisekedi bwemeye. Ntabwo Leta ikwiye kwifata nk’aho izi ngabo zizanye muri Congo. Zarahamagawe mu buryo bwemewe. Ntabwo wakina n’umutimanama wa rusange.”
Depite Delly Sesanga Hipungu uhagarariye ishaka Envol, we mu kiganiro yagiranye na TV5 Monde, yatangaje ko ibyo Tshisekedi ari gukora bisa noguta igihe. Ati: “Twatakaje igihe, dutegereza ibya Tshisekedi na Leta ye bitari ibya kinyamwuga, bidafitiwe amakuru kandi byakozwe buhumyi. Hari ingamba benshi muri twe twasabye ko zafatwa.”
Claudel Lubaya uhagarariye ishaka UDAO abona ibyemezo bya Tshisekedi byo kwemerera ingabo z’amahanga ziva hirya no hino kujya mu gihugu cye birimo guhuzagurika cyane kandi ngo bizamugiraho ingaruka.
Yagize ati: “Kugenda kw’ingabo z’akarere bigaragaza icyuho gikomeye cya politiki irangwa no kubura amahitamo hamwe no kuvuguruzanya, kwatewe no gushaka kwihorera binyuze mu cyitwa dipolomasi yeruye itagira aho igarukira, ibyara ingaruka mbi ku gihugu cyacu.”




