• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abakuru b’ibihugu bishimiye ko perezida Paul Kagame w’u Rwanda yongeye gutorerwa ku ruyobora, ba bigaragaje.

minebwenews by minebwenews
July 17, 2024
in Regional Politics
0
Abakuru b’ibihugu bishimiye ko perezida Paul Kagame w’u Rwanda yongeye gutorerwa ku ruyobora, ba bigaragaje.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abakuru b’ibihugu bishimiye ko perezida Paul Kagame w’u Rwanda yongeye gutorerwa ku ruyobora ba bigaragaje.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Abakuru b’ibihugu n’abandi banyacyubahiro batandukanye bishimye ko Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora igihugu cy’u Rwanda bagiye bamushimira bamuha ‘felicitations.’

Perezida Paul Kagame yatahukanye intsinzi ku majwi 99%. Ni nyuma y’uko mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 15/07/2024, komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje amajwi yari amaze kubarurwa, Paul Kagame yagize 99,15%.

Nyuma yubwo abakuru b’ibihugu batandukanye, bakomeje ku mwifuriza ishya n’ihirwe ndetse banamugaragariza ko bishimiye ko yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu cy’u Rwanda.

Muri abo ba perezida harimo na William Ruto wa Kenya, iki gitondo cyo ku wa Gatatu yagize ati: “Mu izina ry’abaturage na Guverinoma ya Kenya, nishimiye kohereza ishya n’ihirwe ku bwo kongera gutorerwa indi manda nka perezida wa Repubulika y’u Rwanda.”

Kandi uyu mukuru w’igihugu cya Kenya yavuze ko Abanyakenya bifatanyije n’Abanyarwanda ku bw’amahitamo yabo meza ndetse no kuba umukuru w’igihugu cyabo.

Ati: “Niteguye gukomeza gukorana nawe mu karere ndetse no muri gahunda za Afrika mu gukomeza gutsimbataza umubano mu bufatanye n’ubuvandimwe hagati y’Abanyakenya n’Abanyarwanda.”

Madame Samia Suluhu Hassan, perezida wa Tanzania, nawe yagaragaje ko yishimiye intsinzi ya perezida Paul Kagame, aho nawe yavuze ko mu izina rya Guverinoma y’igihugu cye ndetse n’abaturage bacyo, bishimiye ko yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Perezida wa Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, nawe yashimiye perezida Paul Kagame w’u Rwanda ku bwo kongera gutorerwa kuyobora igihugu cy’u Rwanda.

Uyu muperezida usanzwe ari n’inshuti ya Paul Kagame, yagize ati: “Tubifurije ishya n’ihirwe muri manda nshya mwatorewe n’abaturage b’u Rwanda.”

Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Mukhtar Sissoco Embaló na we yagize ati: “Mu izina rya Guinea-Bissau, ndagushimiye perezida Paul Kagame, ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda.”

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina na we yagize ati: “Mu izina ry’Abanya-Malagasy, nifurije Paul Kagame ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda. Mu ifurije ishya n’ihirwe.”

Abandi banyacyubahiro bifurije Paul Kagame intsinzi harimo na Minisitiri w’intebe wa Ethiopian, Abiy Ahmed Ali na we yashimiye perezida Paul Kagame ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Yagize ati: “Ndakwifuriza kuzesa imihigo muri iyi manda yawe igiye kuza. Ndifuriza u Rwanda gukomeza kugira imiyoborere izana ituze n’amajyambere.”

Mu ijoro batangazamo amajwi y’agateganyo, perezida Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere bakamutora, ndetse abibutsa ko akazi gakomeye kari imbere ko gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

         MCN.
Tags: Abakuru b'ibihuguBishimiye intsinziPerezida Paul Kagame w'u Rwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Pierre Buyoya wabayeho perezida w’u Burundi yashinguwe mu cyubahiro.

Pierre Buyoya wabayeho perezida w'u Burundi yashinguwe mu cyubahiro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?