• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, January 13, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Abanya-Bibogobogo babwiwe amakuru yabateye ubwoba.

minebwenews by minebwenews
June 22, 2025
in Conflict & Security
0
Uwashinjwaga kuba ishyano ku Banya-Bibogobogo ntakiriho.
90
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abanya-Bibogobogo babwiwe amakuru yabateye ubwoba.

You might also like

AFC/M23 Yahishuye Ko Kabila Ari Imbere mu RDC, Inatangaza Kugaruka Kwe mu Ruhame

Abagore Barenga Umunani Bapfiriye mu Bikorwa by’Ubuvuzi Butemewe muri Kivu y’Amajyepfo

AFC/M23 Irashinja FARDC Kugaba Ibitero bya Drone mu Minembwe, Ibyo Bikaba Byakajije Impungenge ku Mutekano w’Abasivili

Bibogobogo iherereye muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ikaba kandi iri mu misozi iri hejuru y’umujyi wa Baraka, abayituriye babwiwe ko ihuriro rya Wazalendo ku bufatanye na FDLR bacuze umugambi wo kubatera, kandi ko babikora vuba, nk’uko uwabahaye aya makuru yabivuze.

Bikubiye mu butumwa umwe wo muri abo Wazalendo yahaye abanyamulenge batuye aha mu Bibogobogo, aho yabasabye kwicara babizi.

Mu butumwa bwe yatanze akoresheje inyandiko yasobanuye ko uzabatera ko azaturuka mu nzira zitatu, iya “Kagugu, Magaja ari yo ya Lweba, undi na none ngwakazaturuka i Kalele.”

Ndetse yanavuze ko atari Bibogobogo igambiriwe guterwa gusa, ngo kuko kandi aba Wazalendo bagambiriye no gutera mu Minembwe, Mikenke na Rugezi.

Umutangabuhamya yagize ati: “Hano mu Bibogobogo twakiriye amakuru mabi ko umwanzi ari kwiyegeranya ngo adutere.”

Aya makuru akomeza avuga ko umunsi wo guterwa ntuzwi, ariko ko ari ubutumwa bukomeye baganewe n’umuntu wo mu banzi.

Ibi ntacyo ingabo za FARDC zigenzura aka gace ka Bibogobogo zirabivugaho, nubwo ari amakuru yakomeje kuvuwa cyane mu baturage bagaturiye.

Bibogobogo iyi ivugwamo ayo makuru, irebwa n’ingabo za Congo hamwe n’iz’u Burundi zike, kuko inyinshi murizo ziheruka kuzamuka mu Minembwe kuhatera.

Binavugwa ko ibitero byagabwe ejo ku wa gatandatu mu nkengero za centre ya Minembwe, byari biyowe n’izi ngabo z’u Burundi. Kimweho zabikubitiwemo cyane nyuma y’aho umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bizitanze muri Mukoko, bikarangira zibahaye isomo.

Ibitero by’iri huriro ry’imitwe ya Mai Mai yibumbiye mu ciswe Wazalendo ku bufatanye na FDLR irimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, mu Bibogobogo byaherukaga kuhagabwa mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka.

Ni bitero byari bikarishye, nyamara Abanyamulenge bari babigabweho batabawe n’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC zisanzwe n’ubundi zigenzura iki gice, zisubiza inyuma iriya mitwe yitwaje intwaro yari yabibagabyeho.

Urwo rugamba rw’icyo gihe rwirije umunsi wose hari uguhangana gukomeye ku mpande zombi, kuva icyo gihe aba Banya-Bibogobogo bari batarongera kubona ibitero.

Ngayo nguko uko byifashe mu misozi ya Bibogobogo.

Tags: Abanya-BibogobogoIbiteroInzira zitatu
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Yahishuye Ko Kabila Ari Imbere mu RDC, Inatangaza Kugaruka Kwe mu Ruhame

by Bahanda Bruce
January 13, 2026
0
AFC/M23 Yahishuye Ko Kabila Ari Imbere mu RDC, Inatangaza Kugaruka Kwe mu Ruhame

AFC/M23 Yahishuye Ko Kabila Ari Imbere mu RDC, Inatangaza Kugaruka Kwe mu Ruhame Umuyobozi w’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille...

Read moreDetails

Abagore Barenga Umunani Bapfiriye mu Bikorwa by’Ubuvuzi Butemewe muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
January 13, 2026
0
Abagore Barenga Umunani Bapfiriye mu Bikorwa by’Ubuvuzi Butemewe muri Kivu y’Amajyepfo

Abagore Barenga Umunani Bapfiriye mu Bikorwa by’Ubuvuzi Butemewe muri Kivu y’Amajyepfo Mu kwezi kwa cumi nabiri 2025, abagore icyenda bapfiriye mu bigo bitandukanye by’ubuvuzi biherereye muri teritware ya...

Read moreDetails

AFC/M23 Irashinja FARDC Kugaba Ibitero bya Drone mu Minembwe, Ibyo Bikaba Byakajije Impungenge ku Mutekano w’Abasivili

by Bahanda Bruce
January 12, 2026
0
AFC/M23 Irashinja FARDC Kugaba Ibitero bya Drone mu Minembwe, Ibyo Bikaba Byakajije Impungenge ku Mutekano w’Abasivili

AFC/M23 Irashinja FARDC Kugaba Ibitero bya Drone mu Minembwe, Ibyo Bikaba Byakajije Impungenge ku Mutekano w’Abasivili Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu...

Read moreDetails

Imirwano Ikaze Hagati ya AFC/M23 na FARDC Yateye Impunzi Nyinshi mu Baturage

by Bahanda Bruce
January 12, 2026
0
Imirwano Ikaze Hagati ya AFC/M23 na FARDC Yateye Impunzi Nyinshi mu Baturage

Imirwano Ikaze Hagati ya AFC/M23 na FARDC Yateye Impunzi Nyinshi mu Baturage Abaturage bo duce twa Humura na Rutoboko, turi mu gice cya Nyamaboko ya Mbere, muri grupema...

Read moreDetails

AFC/M23 Yasabye Ibisobanuro kuri Gahunda ya Luanda mu gihe Angola yongera imbaraga mu buhuza ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
January 12, 2026
0
AFC/M23 Yasabye Ibisobanuro kuri Gahunda ya Luanda mu gihe Angola yongera imbaraga mu buhuza ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

AFC/M23 Yasabye Ibisobanuro kuri Gahunda ya Luanda mu gihe Angola yongera imbaraga mu buhuza ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi...

Read moreDetails
Next Post
Afrika y’epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

Afrika y'epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?