• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abanyamulenge bari guhohoterwa mu Burundi bazira ubwoko bwabo “Abatutsi.”

minebwenews by minebwenews
February 15, 2025
in Regional Politics
0
Abanyamulenge bari guhohoterwa mu Burundi bazira ubwoko bwabo “Abatutsi.”
114
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abanyamulenge bari guhohoterwa mu Burundi bazira ubwoko bwabo “Abatutsi.”

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Abanyamulenge babarirwa mu mirongo ni bo bamaze kumenyekana bafunzwe i Bujumbura mu Burundi aho bari kuzira ubwoko bwabo, ni mu gihe ingabo z’u Burundi zirimo gukubitwa inshuro mu ntambara zagiye gufashamo igisirikare cya FARDC kurwanya umutwe wa M23, muri Congo i wabo wabo Banyamulenge.

Ni amakuru Minembwe.com ikesha abaturiye i Bujumbura, aho batugaragarije lisite y’abasore ba Banyamulenge bamaze gufatwa.

Bivugwa ko ibyo guhohotera Abanyamulenge i Bujumbura mu Burundi, byafashe intera nyuma y’uko m23 yari maze gufata umujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Uyu mutwe ugizwe ahanini n’Abatutsi benewabo n’Abanyamulenge bafashe uyu mujyi wa Goma mu byumweru bitatu bishize, nyuma y’urugamba rukomeye rwasize ingabo z’u Burundi zaje gufasha iza RDC kuwurinda ziruguyemo ku bwinshi.

Igitangaje uyu mutwe n’ahar’ejo wafashe umujyi wa Bukavu, iwirukanamo ingabo z’u Burundi n’iza FARDC n’abambari bazo barimo imitwe y’itwaje imbunda irimo FDLR na Wazalendo.

Kuba ingabo z’u Burundi ziri kugwa muri RDC, ndetse zikaba ziri kuneshwa cyane na M23, byatumye Leta y’iki gihugu cy’u Burundi itangira guhohotera Abanyamulenge bari basanzwe barahungiye mu gihugu cyabo.

Kuva mu mwaka w’ 1996, ubwo muri RDC hadukaga intambara kugeza ubu Abanyamulenge bakomeje guhungira muri iki gihugu cy’u Burundi.

Amalisite y’Abanyamulenge bamaze gufatwa i Bujumbura, agaragaza n’uduce bagiye bafatirwamo yagiye hanze.

Muri Quartier Nyabugete hari: “Eveque, Tresor Rutebuka, Ndayisaba Fatake, Ndayambaje Claude, Moise Yombi, Mukongo Steve na Ndamiyingabo.

Naho muri Quartier Mutakura hafashwe uwitwa: “Rugazura Paul, Mukankusi Eugenie, Nyumucyo Beatrice Mungayinka Boaz n’abandi bataramenyekana.”

Quartier Kamenge: “Mutegetsi Jamvier, Muhire John, Uwigeneye Keza.”

Quartier Mutanga-Nord, hari : “Boss Rugimbana, n’abandi bataramenyekana.”

Quartier Jabe, ni uwitwa “Mbonyi Heritier.”

Mu gihe abafatiwe muri Quartier Kanyoshya barimo uwitwa “Hungu Jonathan, Mvuyekure J.Claude, Nkomezi Jotham, Muhire John n’abandi.”

Muri Nyakabiga barimo uwitwa: “Ngoga Blaise, Patrick Sengambi na Mbonera Fablice.”

Saba gusa kuko hari abandi basore ba Banyamulenge bafatiwe ku mupaka w’u Burundi na Congo, tariki ya 08/02/2025, ariko nubwo bafashwe bari bafite ibyangombwa bibaranga, nk’uko iyi nkuru ikomeza ibivuga.

Igitangaje n’uko ingabo z’u Burundi n’igipolisi cyayo, ubwo bafataga aba Banyamulenge bababwiraga ko bazira umutwe wa M23 n’ubwoko bwabo Abatutsi.

Minembwe.com yabwiwe ko aba bafashwe bitazwi aho bari kuja gufungirwa, ariko ko bikekwa ko bafungiwe muri documentation (mu iperereza ry’igisirikare cy’u Burundi).

Ikindi nuko abandi Banye-Kongo bo mu bundi bwoko butari Abanyamulenge, ntabwo bari gukorerwa iri hohoterwa, hubwo babayeho neza muri iki Gihugu.

Hagataho, ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa, zirwanya M23 zigwiriyemo iz’u Burundi na FDLR zahungiye i Buvira no mu bice Congo ihanamo umupaka n’u Burundi.

Ni nyuma y’uko uyu mutwe wigaruriye umujyi wa Bukavu, ukaba urimo gusatira werekeza i Buvira no mu bindi bice byo muri Kivu y’Amajy’epfo.

Tags: AbanyamulengeBujumburaM23
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Bwa mbere Tshisekedi avuze icyo agiye gukora, nyuma y’ifatwa rya Goma.

Tshisekedi uyoboye agace kamwe ka RDC yongeye kuvuga ko atazaganira na m23 nayo iyoboye ikindi gice.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?