Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abanyekongo baciriwe amarenga ko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo ntacyo buzabagezaho.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 19, 2024
in Regional Politics
0
Abanyekongo baciriwe amarenga ko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo ntacyo buzabagezaho.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwe mu bayobozi baheruka kwiyunga mu ihuriro ry’imitwe ya politiki n’igisirikare rya Alliance Fleuve Congo (AFC), yavuze ko Tshisekedi Tshilombo ari mu batuma igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo gikomeza kuja mu kaga.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Nibikubiye mu nyandiko bwana Chalwe Munkutu Adam, wahoze ari umuyobozi mukuru wa Malaika tv-cd; kuri ubu akaba ari umwe mu bafata ibyemezo muri AFC ya Corneille Nangaa, yashize inyandiko hanze agaragaza ko imyaka 30 ishize igihugu cyabo kiri mu ntambara zurudaca, bityo agaragaza ko Abanyekongo bari basigaranye amahitamo yo kuyoboka Alliance Fleuve Congo, kugira bagere ku gisubizo cyiza.

Munyandiko za bwana Chalwe Munkuta Adam, zivuga ko ibibazo nyamukuru Repubulika ya demokarasi ya Congo ifite, biri mu byiciro bitatu: “politiki mbi, leta mbi n’ivangura ry’Amoko.”

Adam Chalwe avuga ko mu matora aheruka kuba muri iki gihugu cya RDC nayo ari mu byatumye ibibazo by’iki gihugu bikomeza kurushaho kuzamba.

Yagize ati: “Amakosa yakozwe mu matora yo mu 2023 yakuyeho amahirwe Congo yarisigaranye yokuba yakongera kuba nziza. Imvururu zo gutambuka kwa Tshisekedi zongeye Abanyekongo gukomeza kuba mu mutekano muke.”

Chalwe Munkuta Adam avuga kandi ko Imyaka 30 ishize, igihugu cya RDC kiri mu ntambara, ko n’ubundi ntacyo bizatanga mu gihe Tshilombo akiri ku butegetsi kandi ubwe nawe ari mubateje iki gihugu ibibazo by’u mutekano muke aho yagaragaje ko abaturage bafite ububabare baterwa n’igisirikare cya Tshisekedi kirimo FARDC na Wazalendo.

Yakomeje avuga ko kuba Tshisekedi ari we muyobozi mukuru mu gihugu kandi akaba akoresha FDLR iri mu bakwirakwiza ingenga bitekerezo ya genocide ku bwoko bumwe mu gihugu biri mu bituma RDC itagera ku mahoro arambye.

Inyandiko za Adam zikomeza zivuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa buri mu batandukanya abaturage babwo, kandi bukica n’abatavuga rumwe nabwo ndetse bukaba ngo bwambura abandi uburenganzira bwabo bakoresheje uburiganya.

Adam Chalwe Munkuta avuga ko ntacyiza nakimwe ubutegetsi bwa Kinshasa bushobora kugeza ku baturage usibye ko ubwo butegetsi busahura igihugu no guhoza igihugu mu kaga.

Inyandiko za Adam Chalwe Munkuta zisoza ziburira Abanyekongo bose ko ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, ari ryo rishoboye gukemura ibibazo igihugu cyabo gifite, bityo ko ari ryo rizamaraho ikibazo u Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bufite, no kugarura icyubahiro cy’iki gihugu.

           MCN.
Tags: Abanyekongo baciriwe amarengaNtacyo buzabagezahiTshisekediUbutegetsi bwe
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Abakora mu ishami ry’u buzima mu muryango w’Abibumbye, bagaragaje impungenge zikomeye ku ndwara y’ibicurane by’ibiguruka iri gukwirakwizwa mu bantu.

Abakora mu ishami ry'u buzima mu muryango w'Abibumbye, bagaragaje impungenge zikomeye ku ndwara y'ibicurane by'ibiguruka iri gukwirakwizwa mu bantu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?