Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abanyekongo baciriwe amarenga ko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo ntacyo buzabagezaho.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 19, 2024
in Regional Politics
0
Abanyekongo baciriwe amarenga ko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo ntacyo buzabagezaho.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwe mu bayobozi baheruka kwiyunga mu ihuriro ry’imitwe ya politiki n’igisirikare rya Alliance Fleuve Congo (AFC), yavuze ko Tshisekedi Tshilombo ari mu batuma igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo gikomeza kuja mu kaga.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Nibikubiye mu nyandiko bwana Chalwe Munkutu Adam, wahoze ari umuyobozi mukuru wa Malaika tv-cd; kuri ubu akaba ari umwe mu bafata ibyemezo muri AFC ya Corneille Nangaa, yashize inyandiko hanze agaragaza ko imyaka 30 ishize igihugu cyabo kiri mu ntambara zurudaca, bityo agaragaza ko Abanyekongo bari basigaranye amahitamo yo kuyoboka Alliance Fleuve Congo, kugira bagere ku gisubizo cyiza.

Munyandiko za bwana Chalwe Munkuta Adam, zivuga ko ibibazo nyamukuru Repubulika ya demokarasi ya Congo ifite, biri mu byiciro bitatu: “politiki mbi, leta mbi n’ivangura ry’Amoko.”

Adam Chalwe avuga ko mu matora aheruka kuba muri iki gihugu cya RDC nayo ari mu byatumye ibibazo by’iki gihugu bikomeza kurushaho kuzamba.

Yagize ati: “Amakosa yakozwe mu matora yo mu 2023 yakuyeho amahirwe Congo yarisigaranye yokuba yakongera kuba nziza. Imvururu zo gutambuka kwa Tshisekedi zongeye Abanyekongo gukomeza kuba mu mutekano muke.”

Chalwe Munkuta Adam avuga kandi ko Imyaka 30 ishize, igihugu cya RDC kiri mu ntambara, ko n’ubundi ntacyo bizatanga mu gihe Tshilombo akiri ku butegetsi kandi ubwe nawe ari mubateje iki gihugu ibibazo by’u mutekano muke aho yagaragaje ko abaturage bafite ububabare baterwa n’igisirikare cya Tshisekedi kirimo FARDC na Wazalendo.

Yakomeje avuga ko kuba Tshisekedi ari we muyobozi mukuru mu gihugu kandi akaba akoresha FDLR iri mu bakwirakwiza ingenga bitekerezo ya genocide ku bwoko bumwe mu gihugu biri mu bituma RDC itagera ku mahoro arambye.

Inyandiko za Adam zikomeza zivuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa buri mu batandukanya abaturage babwo, kandi bukica n’abatavuga rumwe nabwo ndetse bukaba ngo bwambura abandi uburenganzira bwabo bakoresheje uburiganya.

Adam Chalwe Munkuta avuga ko ntacyiza nakimwe ubutegetsi bwa Kinshasa bushobora kugeza ku baturage usibye ko ubwo butegetsi busahura igihugu no guhoza igihugu mu kaga.

Inyandiko za Adam Chalwe Munkuta zisoza ziburira Abanyekongo bose ko ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, ari ryo rishoboye gukemura ibibazo igihugu cyabo gifite, bityo ko ari ryo rizamaraho ikibazo u Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bufite, no kugarura icyubahiro cy’iki gihugu.

           MCN.
Tags: Abanyekongo baciriwe amarengaNtacyo buzabagezahiTshisekediUbutegetsi bwe
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Abakora mu ishami ry’u buzima mu muryango w’Abibumbye, bagaragaje impungenge zikomeye ku ndwara y’ibicurane by’ibiguruka iri gukwirakwizwa mu bantu.

Abakora mu ishami ry'u buzima mu muryango w'Abibumbye, bagaragaje impungenge zikomeye ku ndwara y'ibicurane by'ibiguruka iri gukwirakwizwa mu bantu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?