
Aka kanya kuri Stade ya Afia, iherereye i Goma, k’u murwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu gihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo, Abanyeshuri biga za Kaminuza no ku Mashuli y’isumbuye bagiye gutega kandida k’umwanya w’umukuru w’igihugu, ca RDC nimero 20.
Biteganijweko ko perezida Félix Tshisekedi, agera i Goma mu masaha make yo kuri uyu wo ku Cyumweru, tariki 10/12/2023, muri Gahunda yo kw’iyamamariza uriya mwanya w’umukuru w’igihugu, mu matora ateganijwe kuba mu mpera z’u kwezi kwa Cumi n’abiri(12), uyu mwaka w’2023.
Umwe muri abo banyeshuri ba Banyamulenge, yabwiye itangaza Makuru ko biteguye kwakira perezida Félix Tshisekedi ko kandi biteguye no kuza mutora muri ariya Matora asigaje iminsi icumi akaba.
Bariya banyeshuri mu majwi y’umvikana muri video ibagaragaza bari kuri Stade ya Afia, barimo bavuga bati: “Icyo dushaka ni amahoro naho ibindi by’u mutekano muke biraturambiye.”
Aba banyeshuri ubona mu maso basa nabakeye bafite n’ibiranga ntego bya Tshisekedi aho ndetse n’udupila bambaye twanditse ho amazina ya Félix Tshisekedi.
Kandinda nimero ya 20, Félix Tshisekedi y’iteguwe i Goma, mugihe ibice byahariya birimo i Ntambara ikaze n’intambara ikomeje gukoza leta ya Kinshasa isoni nimugihe ikomeje gutsindwa n’Inyeshamba za M23 aho kandi Ingabo z’igihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo, zifatikanya n’imitwe y’itwaje imbunda ishinjwa ubwicanyi nu bujura, nka FDLR, Wazalendo n’Imbonera kure z’u Burundi.
Tshisekedi kandi aje mugihe i santire y’ingenzi ya Mushaki,yo muri teritware ya Masisi, iheruka kuberamo imirwano ikaze isiga ingabo za M23 zigaruriye aka gace n’inkengero zako.
Bruce Bahanda.