Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abarimo Dr Mukwege basabye Tshisekedi kutagirana n’u Rwanda amasezerano bavuga n’impamvu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 3, 2025
in Regional Politics
0
Abarimo Dr Mukwege basabye Tshisekedi kutagirana n’u Rwanda amasezerano bavuga n’impamvu.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abarimo Dr Mukwege basabye Tshisekedi kutagirana n’u Rwanda amasezerano bavuga n’impamvu.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Dr Denis Mukwege hamwe n’abaharanira uburenganzira bw’ibidukikije muri Repubulika ya demokarasi ya Congo batakambiye perezida w’iki gihugu Felix Tshisekedi kudatera umukono ku itangazo ry’amahame rihurutse hagati ya RDC n’u Rwanda, igihugu bavuga ko cyateye igihugu cyabo.

Ni bikubiye mu ibaruwa basohoye isaba ko umukuru w’igihugu cyabo adatanga amabuye y’agaciro y’Abanye-kongo no gushyira ubutabera bw’inzabacyuho mu bikorwa byose byo kugarura amahoro no gushyimangira amahoro.

Muri iyo baruwa bagize bati: “Turasaba kudatanga amabuye y’agaciro ya Congo, gushyira ubutabera bw’inzabacyuho mu bikorwa byose bigamije kugarura amahoro, kugira ngo byorohereze inama z’ibihugu zirimo imiryango yose mu gihugu, harimo n’abagize inteko ishinga amategeko, mbere yo kubyemeza mu izina ry’abaturage ba Congo, no kurengera inyungu z’abaturage b’iki gihugu mu ruzinduko rwanyu rutaha i Washington DC.”

Bibukije kandi perezida Felix Tshisekedi amagambo ya Papa Fransisco uheruka kwitaba Imana, ayo yasenze asaba abateye iki gihugu kugikuramo amaboko no muri Afrika.

Nk’uko iyo baruwa ikomeza ivuga nuko Papa Fransisco yasenze agira ati: “Nyuma y’ubukoloni bwa politiki hatangijwe ubukoloni mu bukungu. Kubera iyo mpamvu iki gihugu cyarasahuwe cyane ntigisobora gukura bihagije inyungu mu mutungo wacyo.

Twageze kuri paradox, imbuto z’ubutaka bwayo zigira abanyamahanga. Mukure amaboko yanyu muri RDC muri Afrika! Mureke kuniga Afrika, ntabwo ari ikirombe cyangwa ubutaka bwo gusahurwa.”

Iyi baruwa ikaba yashyizweho umukono na Dr Denis Mukwege watsindiye igihembo cyitiriwe Nobel, ndetse na Bobo Kabamba, Jean Claude Katende, Jean Claude Mputu n’abandi baharanira kurengera ibidukikije.

Banditse iyi baruwa mu gihe perezida Felix Tshisekedi yerekeje i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika aho bitaganyijwe ko agomba kugirana ibiganiro bya nyuma n’abayobozi ba Amerika ku bijyanye n’amasezerano y’ubufatanye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya Congo azaguranwa kwizezwa umutekano mu Burasizuba bw’iki gihugu n’ibikorwa remezo bya miliyari 500 z’amadolari mu myaka 15.

Tags: Amabuye y'AgaciroDr MukwegeRdc
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
Umunye-Congo ari mu bantu 10 barigiriwe amahirwe yogutorwamo Papa mushya.

Umunye-Congo ari mu bantu 10 barigiriwe amahirwe yogutorwamo Papa mushya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?