Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abashyigikiye Kabila baranenga perezida Tshisekedi wagize ibyo yica.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 19, 2024
in Regional Politics
0
Abashyigikiye  Kabila baranenga perezida Tshisekedi wagize ibyo yica.
82
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abashyigikiye Joseph Kabila baranenga perezida Tshisekedi wagize ibyo yica.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ihuriro rya FCC n’andi mashyaka ashyigikira Joseph Kabila wayobye Congo Kinshasa imyaka 18, baranenga perezida Félix Tshisekedi ku bwo kuba yararenze ku masezerano arimo aya Nairobi nay’i Luanda.

FCC bivuze Front Commun pour le Congo. Ku nenga ubutegetsi bwa perezida Tshisekedi ni imwe mu ngingo zikomeye z’ubutumwa abahagarariye ihuriro rya FCC bayobowe na Emmanuel Ramazani Shadari, bageneye Jean Pierre Lacroix ushinzwe ubutumwa bw’amahoro mu muryango w’Abibumbye, mu gihe yari afite uruzinduko rwa kazi i Kinshasa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo muri iyi minsi.

Yageze muri iki gihugu mu gihe abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, aho bagaragaje icyifuzo cyo gushyigikirana na we kugira ngo bufatanye mu kurwanya uwo bita umwanzi w’igihugu.

Aya mashyaka kandi yagaragaje ibibazo byugarije igihugu harimo umutekano wazambye hose, ubugizi bwa nabi bwahawe intebe, kubiba mo abaturage ubwoba no kwica abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi.

FCC yagaragaje ko ibibazo biri muri RDC biva ku kuba ubutegetsi ari bubi bwazanye igitugu, bityo ko kugira ngo RDC ibone amahoro, bikwiye kwegura hashyingiwe ku ngingo y’itegeko nshinga ibiteganya.

Iri huriro rinavuga kandi ko nta mpamvu igomba gutuma baganira n’umunyagitugu uba ushaka kwerekana ko ibyo atekereza ari byo bifite agaciro gusa, akabirutisha ibindi byose.

Banagagaragaje ko inshuro zose ubutegetsi bwa Kinshasa bwagiye mu biganiro, butigeze bw’ubahiriza amasezerano abyerekeye. Banatanga urugero ku ya Geneve mu Busuwisi yo gucyura impunzi z’Abanye-kongo, amasezerano yaryo n’ihuriro rya CACH yasheshwe na Tshisekedi mu 2020.

Andi masezerano bavuzeho ni ayafatiwe i Nairobi muri Kenya asaba ko RDC igirana ibiganiro n’imitwe yitwaje imbunda n’amasezerano ya Luanda muri Angola asaba ubu butegetsi bwa Tshisekedi n’u bw’u Rwanda gushakira umuti amakimbirane bafitanye.

Nyuma yuko bifashwe nk’aho Joseph Kabila yahunze igihugu kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, Tshisekedi nyuma yaho gato yahise atangaza ko Kabila ari we washinze ihuriro rya AFC ryibumbiyemo imitwe ya politiki n’uwitwaje imbunda wa M23.

Ibyo abo muri FCC bahise bamaganira kure, nubwo Joseph Kabila we ataragira icyo abivugaho. Abo muri iri huriro rya FCC banatangaje ko kuba Tshisekedi ashinja Kabila gushyinga AFC ari turufu yo kugira ngo abone uko akorera amahano abo batavuga rumwe.

                MCN.
Tags: Amashyaka ashigikiye Joseph KabilaAranengaMu masezeranoPerezida Félix TshisekediWagize ibyo yica
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Uvira muri Kivu y’Amajy’epfo, abakora uburaya bahawe amasomo akomeye.

Uvira muri Kivu y'Amajy'epfo, abakora uburaya bahawe amasomo akomeye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?