M23 yafashe abasirikare ba Fardc bari bihishe.
Abarwanyi bo mu mutwe wa m23 bafashe abasirikare ba Fardc bagera ku 130 bari bamaze iminsi bihishe mu bitaro i Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ni bikubiye mu itangazo uyu mutwe wa m23 washyize hanze, aho wavuze ko abantu babarirwa mu 130 umuryango w’Abibumbye wise abarwanyi ugashinja m23 kubashimuta ukabavana mu bitaro by’i Goma bari barwariyemo ari abasirikare ba Leta y’i Kinshasa (FARDC).
Ku wa mbere w’iki cyumweru nibwo umuryango w’Abibumbye biciye mu muvugizi w’ishami ryawo rishyinzwe uburenganzira bwa muntu, washinje m23 gushimuta abo bantu.
Uyu muvugizi yavuze ko abo barwayi barimo n’inkomeri m23 yabashimuse mu bitaro bya CBCA Ndosho n’ibya Health Africa, mu ijoro ryo ku itariki ya 28/02/2025.
Mu tangazo m23 yaraye ishyize hanze mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kane, ivuga ko abo ishinjwa gushimuta ari abasirikare ba Fardc bari bagiye kwihisha mu bitaro bigize abarwayi.
Muri iryo tangazo uyu mutwe wa m23 wagize uti: “Umuryango wacu ntabwo wigeze utera amavuriro, insengero, amashuri cyangwa izindi nzego z’abaturage. Amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye ni umusaruro w’ibinyoma bigamije gusiga icyaha isura y’umuryango wacu.”
M23 yavuze ko operasiyo yakozwe mu guhiga abasirikare 130 ba Fardc bari bihishe mu bitaro yakozwe mu mahoro, kandi ikorwa mu buryo bwubahirije amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwa muntu.”
Ivuga kandi ko intego y’ibanze yogukora iriya operasiyo yari ukugira ngo itekanishe amavuriro yari yuzuye abarwanyi bari bigize abarwayi, ibyashoboraga gushyira mu bibazo abaganga n’abarwanyi basanzwe.
Ikindi n’uko m23 yagaragaje ko mbere yuko ikora iriya operasiyo yabanje kubimenyesha abaganga bakorera muri ibyo bitaro.