• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tshisekedi yari yizeye kuzamura ibendera rya RDC i Kigali, ibyavuzwe na Kabarebe.

minebwenews by minebwenews
March 6, 2025
in Regional Politics
0
Tshisekedi yari yizeye kuzamura ibendera rya RDC i Kigali, ibyavuzwe na Kabarebe.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tshisekedi yari yizeye kuzamura ibendera rya RDC i Kigali, ibyavuzwe na Kabarebe.

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubanye n’amahanga, James Kabarebe yatangarije abagize inteko ishinga amategeko ko perezida Felix Tshisekedi, FDLR n’abajenerali be bemeranyije ko bazatera u Rwanda nyuma yokwirukana m23 muri Kivu y’Amajyaruguru, bagakuraho ubutegetsi bw’i Kigali, akaba yarizeraga cyane ko azazamura ibendera rya RDC i Kigali mu Rwanda.

Ni aha’rejo tariki ya 05/03/2025, mu nama nyunguranabitekerezo ku miterere y’ingangabitekerezo ya jenocide mu karere, ingaruka zayo n’ingamba zo kuyirwanya, ni bwo Kabarebe yatangaje ibi.

Yagize ati: “Ubwo perezida Felix Tshisekedi atangira kurwana na m23, akoresheje FDLR. Aba barwanyi bamwizezaga ko bari bumurasire m23, bamara kuyirasa ndetse bakanayikurikira, bakayigeza no mu Rwanda, ko na CHOGM izajya kuba mu Rwanda tariki 20/06/2022, Tshisekedi yamaze kugera i Kigali, yamaze no kumanika ibendera rya Congo muri Kigali. Abajenerali be barabimwizeza, FDLR irabimwizeza, nawe arabyemera yumva ko bishoboka.”

James Kabarebe yavuze ko icyatumye Tshisekedi yemera iseserano yahawe na FDLR n’abajenerali be, ari uko yari akiri mushya ku butegetsi, atazi aho intambara ziva n’aho zigana kuko ngo ni umusivili.

Yasobanuye kandi ko mu nama zahuje abakuru b’ibihugu bo mu muryango wa Afrika y’i Burasizuba (EAC), perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasabye Tshisekedi kudakomeza kurasa mu Rwanda, inshuro zirenze imwe ariko undi yanga kumva, ahubwo atangira kubaka imbaraga zigisirikare bigaragaza ko zigamije kurasa u Rwanda afatanyije n’imitwe itandukanye iyobowe na FDLR.

Kabarebe yanavuze ko imitwe ya Wazalendo, imyinshi muri yo yashyinzwe na FDLR. Ahamya ko n’umutwe wa Nyatura washyinzwe n’iyi FDLR aho kandi ngo yarangije ishiraho n’ubuyobozi ku nzego zitandukanye kugira ngo iriya mitwe irusheho gukomera. Avuga ko ntawashidikanya ko iyo mitwe y’abenegihugu ba Kongo nayo ari FDLR ngo kuko niyo yatumye ibaho.

Ubwo m23 yafataga i Goma, ingabo za Fardc, FDLR na Wazalendo barashe ku butaka bw’u Rwanda, bica abaturage 16. Kabarebe avuga ko icyo gitero cyari cyarateguwe.

Ni mu gihe Leta y’i Kigali nyuma y’aho m23 ifashe umujyi wa Goma, yatangaje ko hagaragaye ibimenyetso bikomeye ko ihuriro ry’ingabo za Congo ririmo FDLR ryari rifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye ku Rwanda, aho imbunda ziremereye za Congo zarebaga mu Rwanda, zitegura kururasamo.

Muri iyi nama Kabarebe yavugiyemo aya makuru, yari yitabiriwe n’abadepite, abasenateri n’abayobozi banyuranye n’abagize sosiyete sivili bari bateraniye mu nteko ishinga amategeko.

Tags: Ibendera rya RDCTshisekedi
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
RDC yashimiye ibihugu byafatiye u Rwanda ibihano.

RDC yashimiye ibihugu byafatiye u Rwanda ibihano.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?