Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abasirikare ba FARDC, M23 yari yaragoteye i Goma batangiye koherezwa i Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 30, 2025
in Regional Politics
0
Havuzwe aho ingabo za FARDC zerekeje ziva mu mujyi wa Uvira.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abasirikare ba FARDC, M23 yari yaragoteye i Goma batangiye koherezwa i Kinshasa.

You might also like

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Abasirikare bo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n’abapolisi b’iki gihugu, umutwe wa M23 wari waragoteye i Goma mu Burasizuba bwa Congo batangiye koherezwa i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Congo.

Mu kwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2025, ahagana mu mpera zako, ni bwo aba basirikare n’abapolisi bari barahungiye mu bigo by’ingabo z’umuryango w’Abibumbye i Goma. Hari nyuma y’aho zitsinze na M23.

Nk’uko bisobanurwa nuko ubwo M23 yafataga umujyi wa Goma abasirikare ba Leta y’i Kinshasa babarirwa mu 3,000 ni bo bafashe icyemezo cyo guhungira kuri Monusco.

Ni icyemezo bafashe nyuma y’amasaha make M23 itanze igihe ntarengwa cy’amasaha 48 ku ngabo zari i Goma, ngo zibe zamaze gushyira imbunda zabo hasi.

Izi ngabo rero kuri ubu zabaga mu mujyi wa Goma zatangiye koherezwa mu mujyi wa Kinshasa, bigizwemo uruhare na komite mpuzamahanga ya Crois-Rouge iri guherekeza imodoka zitwaye ziriya ngabo n’abapolisi.

Iki gikorwa kikaba cyatangiye kuri uyu wa gatatu tariki ya 30/04/2025.

Umuyobozi wa Crois-Rouge muri Congo, Francois Mereillon, yatangaje ko bemeye gutanga ubufasha bwo gucyura ziriya ngabo nyuma yo kwitabazwa n’inzego zirimo minisiteri y’ingabo za Congo, Monusco ndetse na M23 zabasabye kuba “umuhuza udafite uruhande abogamiyeho.”

Uru rwego ruvuga ko nta mabwiriza rwigeze rushyiraho nyuma yo kugezwaho buriya busabe, ko ahubwo rwemeye gutanga umusanzu wo gufasha muri kiriya gikorwa.

Rwunzemo ko mbere yo gutangira gucyura ziriya ngabo, minisiteri y’ingabo za Congo, Monusco na M23 bemeye ‘kubungabunga umutekano w’abariya basirikare n’abapolisi bari mu modoka, no guharanira ko icyo gikorwa kigenda neza.

Aba basirikare batangiye koherezwa i Kinshasa nyuma y’amasaha make ingabo z’u muryango wa SADC zabaga muri uyu mujyi wa Goma ari nazo zari zicyumbikiye aba RDC zitangiye gucyurwa mu bihugu byabo zinyuze ku butaka bw’u Rwanda.

Izi ngabo z’impande zombi zari zariyambajwe na Leta y’i Kinshasa kugira ngo ziyirwanirire, ariko ziratsindwa.

Tags: FardcGomaKinshasa
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Agezweho y'Ingabo za Afrika y'Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC. Ingabo za Afrika y'Epfo zari zaroherejwe mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC,...

Read moreDetails

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye ( UN) muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, ategerejwe mu mujyi...

Read moreDetails
Next Post
Congolese Soldiers and Police, Defeated by M23, Begin Repatriation from Goma to Kinshasa Under Red Cross Escort

Congolese Soldiers and Police, Defeated by M23, Begin Repatriation from Goma to Kinshasa Under Red Cross Escort

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?