Abasirikare ba MONUSCO bakomerekeye mu mirwano, M23 kandi yafashe utundi duce turi mu mwinjiro wa Goma.
Abasirikare 9 bo mu ngabo z’umuryango w’Abibumbye(MONUSCO) bakomerekeye mu nkengero z’umujyi wa Goma, ndetse kandi umutwe wa M23 wigaruriye agace ka Kibati na Kilimanyoka turi hafi n’umujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu Yaruguru.
Ubuyobozi bwa MONUSCO n’ibwo bwemeje ko abasirikare babo bakomerekeye ku rugamba, kandi ko bajanywe ku bitaro i Goma kugira ngo bitabweho.
Itangazo ryayo yashyize hanze, rivuga ko batanu bakomerekeye mu mirwano yo ku wa Gatanu, mu gihe abandi bakomerekeye mu nkengero za Sake mu mirwano yabaye ku wa kane.
Iz’i ngabo za MONUSCO zanatangaje ko zikomeje kuba mu ruhande rwa FARDC kugira ngo bayifashe kurinda umujyi wa Goma ntufatwe na M23.
Yavuze ko barinda umujyi wa Goma amanywa n’ijoro.
Yongeyeho kandi ko bari kwifashisha indege z’intambara no gutera ibisasu biremereye kugira ngo babashe kwisubiza Sake n’utundi duce.
Umutwe wa M23 uheruka kuburira ingabo za MONUSCO n’iza SAMIDRC ko nizivanga mu mirwano na zo ziraswa.
Mu itangazo uyu mutwe washyize hanze wagize ati: “Ibimenyetso byose birerekana ko MONUSCO na SAMIDRC bitegura kudutera, ku bw’iyo mpamvu turirwanaho.”
Uyu mutwe kandi wagaragaje ko ufite gahunda yo gufata umujyi wa Goma, ndetse kandi abarwanyi b’uyu mutwe bakomeje kwigarurira uduce twinshi aho ndetse no muri iki gitondo bafashe agace ka Kilimanyoka na Kibati.
Utu duce twombi twafashwe tukaba duherereye mu mwinjiro w’umujyi wa Goma uturutse mu bindi bice byo muri teritware ya Nyiragongo.
Ni mu gihe ku rundi ruhande indi mirwano yazindutse ibera muri Mugunga mu nkengero z’uyu mujyi wa Goma.
Umunyabanga mukuru wa LONI, Antonio Guterres, yatangaje ko iyi ntambara ishobora gukomeza kandi ko ishobora gukwira akarere kose iki gihugu cya RDC giherereyemo.
