• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abategetsi bo mu gihugu cy’u Burusiya batangiye gukoresha amagambo yitera bwoba ku gihugu cy’u Bwongereza.

minebwenews by minebwenews
May 10, 2024
in Regional Politics
0
Abategetsi bo mu gihugu cy’u Burusiya batangiye gukoresha amagambo yitera bwoba ku gihugu cy’u Bwongereza.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Leta y’u Burusiya yatangiye gukoresha amagambo yitera bwoba ku gihugu cy’u Bwongereza.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni birimo gutangazwa n’abategetsi bo bo hejuru bo mu gihugu cy’u Burusiya; ahagana mu ntangiriro z’iki Cyumweru turimo, minisiteri y’ubanye n’amahanga y’iki gihugu yashotoye Ambasaderi w’u Bwongereza muri iki gihugu imubwira ko byanze bikunze u Burusiya buzihorera ku nyungu u Bwongereza bufite muri Ukraine.

Aba bategetsi ba Moscow bakavuga ko mu gihe Ukraine yakoresha ibisasu ihabwa n’u Bwongereza ko muri icyo gihe izahita igaba ibitero ku Bwongereza.

Ambasaderi w’u Bwongereza muri icyo gihugu, Nigel Casey yari yahamagajwe na minisiteri y’u banye n’amahanga y’u Burusiya, nyuma y’uko minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, David Cameron ubwo yari amaze gukorana ikiganiro n’ibiro ntara makuru bya Bongereza, Reuters, aza kuvuga ko Ukraine ifite uburenganzira bwo gukoresha misile ziraswa mu ntera ndende zoherejwe n’u Bwongereza mu kugaba ibitero imbere mu Burusiya.

U Burusiya kandi binyuze kuri minisiteri y’ubanye n’amahanga iheruka gusohora itangazo rivuga ko mu gihe Ukraine yakoresha ibisasu biremereye by’u Bwongereza, ko nabo bahita bagaba ibitero ku bigo bimwe bikomeye by’u Bwongereza n’ibya Ukraine.

Rigira riti: “Case yaburiwe ko igisubizo ku bitero bya Ukraine hakoreshejwe imbunda z’Abongereza ku butaka bw’Abarusiya bizaba bigiye kubaha kugaba ibitero ku bigo bya gisirikare by’u Bwongereza ndetse no ku butaka bwa Ukraine no hanze yayo.”

Ibihugu by’iburengerazuba byohereje inkunga ya gisirikare ingana na miliyari 200 z’Amadolari y’Amerika, biyoherereza Ukraine ariko bivuga ko bitotuma bifatwa nk’ibiri mu makimbirane mu buryo bweruye n’u Burusiya, n’ubwo leta y’u Burusiya yo yakomeje kubyikoma.

Amerika yo yavuze ko yahaye intwaro Ukraine zirasa kure ariko ko zigomba kuzifashishwa mu kurwanya ingabo z’u Burusiya zirwanira mu Ntara za Ukraine, nka ahitwa Lugansk, Kherson, Zaporozhye n’ahandi.

Gusa minisiteri y’ubanye n’amahanga y’u Burusiya ivuga ko amagambo ya minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, David Cameron agaragaza ko igihugu cye kiri mu makimbirane ya Ukraine n’u Burusiya.

Iyi minisiteri yongeraho ko u Burusiya bwumva amagambo ya Cameron nk’i kimenyetso cyerekana ukwiyongera gukabije no kwemeza ko u Bwongereza bugenda bwongera ibikorwa bya gisirikare ku ruhande rwa Ukraine.

Nyuma y’ibi u Burusiya bwahise butangaza ko bwatangiye imyitozo ya gisirikare yo gukoresha imbunda za kirimbuzi. Binyuze kuri minisiteri y’ingabo y’u Burusiya yatangaje ko perezida Vladimir Putin yategetse igisirikare cye kwinjira mu myitozo yo kurasa ibisasu bya kirimbuzi, ko kandi ibi abasirikare babitegetswe nyuma yamagambo y’u bushotoranyi bwa David Cameron.

           MCN.
Tags: Amagambo yitera bwobaIbisasuU BurusiyaU BwongerezaUkraine
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe urugamba rwabayemo kurasa ibisasu biremereye, hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zo ku ruhande rwa Guverinoma ya Congo.

Havuzwe urugamba rwabayemo kurasa ibisasu biremereye, hagati ya M23 n'ihuriro ry'Ingabo zo ku ruhande rwa Guverinoma ya Congo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?