• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abavuka muri Kivu Yaruguru n’iy’Epfo, bagenewe ubutumwa bukomeye ku gihugu cyabo.

minebwenews by minebwenews
February 18, 2025
in Regional Politics
0
Abavuka muri Kivu Yaruguru n’iy’Epfo, bagenewe ubutumwa bukomeye ku gihugu cyabo.
117
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abavuka muri Kivu Yaruguru n’iy’Epfo, bagenewe ubutumwa bukomeye ku gihugu cyabo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni ubutumwa bwatanzwe n’umugabo w’Umunyamulenge wigeze kandi kubutambutsa hano kuri Minembwe.com mu minsi ishize, aho yari yabugeneye umutwe wa M23, kuri ubu ho yabugeneye abavuka muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Epfo, asaba ko birinda amacakubiri, hubwo bagaharanira iterambere rirambye.

Ubutumwa bw’uyu mugabo uherereye mu bihugu by’u Burayi, ariko ku bw’impamvu ze bwite, yanze ko twavuga umwirondoro we.

Yatangiye avuga ati: “Mwiriwe neza, abandi mwaramutse, bitewe naho mu herereye? Ndagira ngo nongere ntambutse ibitekerezo byanjye, nyuma y’aho ku itariki ya 29/01/2025 natambukije ubundi butumwa bwari bugamije gushimira umutwe wa M23 na Twirwaneho no kubagira inama.”

Yongeyeho kuri ibi agira ati: “Nanone kandi muri ubu butumwa bwo kw’itariki ya 18/02/2025, ndabanza gushimira umunyamakuru Bruce Bahanda, kukazi akomeje gukora kindashikirwa. Ndashimira kandi n’ubwanditsi bwa Minembwe.com; ndetse ndanasuhuza n’abenewacu bavuka mu Ntara ya Kivu Yaruguru na Kivu y’Amajy’epfo nubwo dukomeje guhura n’ibibazo byinshi kandi tugizemo igihe kirekire, by’ubuhunzi, intambara zidashyira n’ibindi bibazo bitandukanye. Mukomeze ukwihangana, igihe kizagera turuhuke.”

Yakomeje agira ati: “Ntabwo nivuga amazina , gusa ntuye muri diasipora. Ndi mpunzi. Na hunze igihugu cyacu kubera ibibazo namwe muzi tumazemo imyaka 20 irenga.”

Muri ubu butumwa yavuze ko atareka gushimira abana babo bo mu mutwe wa M23 na Twirwaneho bakomeje gutsinda urugamba.

Ati: “Sinareka gushimira intsinzi y’abana bacu ba M23 bakomeje kugaragaza ubutwari, ubwitange mu kurengera inzirakarengane. Iyi ntambara turimo, ndagira ngo mbwire abavandimwe bacu, imvukire za Masisi na Rutshuru, ndetse n’imvukire z’i Mulenge, ko iyi ari yo ntambara yanyuma. Ni dutsinda tuzabona amahoro arambye, ariko nidusindwa tuzahera ishyanga. Rero ntayindi nzira dufite nukurwana kugeza tugeze ku ntsinzi.”

Yavuze kandi ko igihugu cyabo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo ari igihugu kitigeze kuyoborwa, kandi ko byavuzwe n’abashakashatsi benshi batandukanye.

Ai: “Mu bushakashatsi bwakozwe n’abigisha benshi baza kaminuza, bagaragaje ko igihugu cyacu cya Congo, ari igihugu kitigeze kibamo ubuyobozi (Failed state), kandi ko ibi byabayeho kuva cyabona ubwingenge. Bagaragaza ko inzira imwe yakemura iki kibazo ngo n’uko bokigaburamo ibihugu, icyo bita ‘good gouvernence,’ ugene kereje mu kinyarwanda bivuze imiyoborere myiza yegereye abaturage.”

Yakomeje avuga ko “hari ubushakashatsi bwakozwe n’Umwigisha wo muri kaminuza y’i Washington DC, Steven Mets yashyize hanze mu 1996, ari nabwo yifashishije kugira ngo atange iki gitekerezo, bugira buti: “Reformed conflict security in Zaïre,’ bugaragaza ko ‘gucamo Congo ibihugu bito, bizaba ngombwa ko bibaho.”

Uyu mugabo w’Umunyamulenge akaba yashingiye aha, avuga ko abaturage baturiye intara za Kivu zombi, iya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Epfo, bagomba kubitekerezaho, ariko ngo cyane bitekerezweho n’abafite umuheto, nka M23 na Twirwaneho.

Yavuze ko ntagisubizo bazabona mu kuja i Kinshasa , hubwo ko igisubizo kirambye kiri mu gutekerereza hamwe uburyo hashingwa “Leta yigenga.” Kandi ko ibyo bizafasha abari mu makambi kuyavamo, ubundi bakaja kubaka igihugu Imana yabahaye.

Ubundi kandi yavuze ko mu materitware hafi yose agize Repubulika ya demokarasi ya Congo nta n’imwe yubatsemo umuhanda wa kaburimbo. Kubera ibyo asaba benewabo bose kubitekerezaho bagaharanira ibitazabata mu kaga! Yatanze urugero rwa perezida Mobutu wayoboye Zaïre ariko aho avuka i Badorite ari mu ishyamba.

Yasabye ko aba benewabo bavuka i Mulenge n’i Masisi ndetse n’i Rutshuru, bagomba kwirinda ikizabacyamo.

Ati: “Ndasaba abantu bimitse amacakubiri kuyavamo, tugasenyera ku mugozi umwe.”

Yagezeho naho atanga urugero, avuga ko we atigeze yimika ayo macakubiri.

Yagize ati: “Njyewe mu kanwa kanjye ntiharavamo ijambo ‘Akagara’ cyangwa ng’uyu n’umu RCD, oya! Numva Abanyamulenge birirwa ba bivuga kandi nanjye ndi Umunyamulenge, ariko ntekereza ko ibyo ntakamaro bifite. Hubwo ko hobaho gutekereza kw’iterambere rirambye. Agaragaza ko ari cyo cyazatuma umutungo kamere uri mu gihugu cyabo wazabagirira akamaro.”

Yarangije ashimira abazasoma ibitekerezo bye, abasabira n’imigisha.

Ati:”Ndashimira abazasoma ibi bitekerezo byanjye, kandi mbasabiye n’imigisha iva ku Mana. Harakabeho ubumwe n’amahoro n’iterambere birambye.”

Tags: M23MasisiRutshuru
Share47Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
M23 yatanze isomo kuri FARDC, ifata n’ikibuga cy’indege cya Kavumu.

M23 yongeye gushimangira intego zayo, igira n'icyo isaba Abanye-kongo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?