Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abavuka muri Kivu Yaruguru n’iy’Epfo, bagenewe ubutumwa bukomeye ku gihugu cyabo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 18, 2025
in Regional Politics
0
Abavuka muri Kivu Yaruguru n’iy’Epfo, bagenewe ubutumwa bukomeye ku gihugu cyabo.
117
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abavuka muri Kivu Yaruguru n’iy’Epfo, bagenewe ubutumwa bukomeye ku gihugu cyabo.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Ni ubutumwa bwatanzwe n’umugabo w’Umunyamulenge wigeze kandi kubutambutsa hano kuri Minembwe.com mu minsi ishize, aho yari yabugeneye umutwe wa M23, kuri ubu ho yabugeneye abavuka muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Epfo, asaba ko birinda amacakubiri, hubwo bagaharanira iterambere rirambye.

Ubutumwa bw’uyu mugabo uherereye mu bihugu by’u Burayi, ariko ku bw’impamvu ze bwite, yanze ko twavuga umwirondoro we.

Yatangiye avuga ati: “Mwiriwe neza, abandi mwaramutse, bitewe naho mu herereye? Ndagira ngo nongere ntambutse ibitekerezo byanjye, nyuma y’aho ku itariki ya 29/01/2025 natambukije ubundi butumwa bwari bugamije gushimira umutwe wa M23 na Twirwaneho no kubagira inama.”

Yongeyeho kuri ibi agira ati: “Nanone kandi muri ubu butumwa bwo kw’itariki ya 18/02/2025, ndabanza gushimira umunyamakuru Bruce Bahanda, kukazi akomeje gukora kindashikirwa. Ndashimira kandi n’ubwanditsi bwa Minembwe.com; ndetse ndanasuhuza n’abenewacu bavuka mu Ntara ya Kivu Yaruguru na Kivu y’Amajy’epfo nubwo dukomeje guhura n’ibibazo byinshi kandi tugizemo igihe kirekire, by’ubuhunzi, intambara zidashyira n’ibindi bibazo bitandukanye. Mukomeze ukwihangana, igihe kizagera turuhuke.”

Yakomeje agira ati: “Ntabwo nivuga amazina , gusa ntuye muri diasipora. Ndi mpunzi. Na hunze igihugu cyacu kubera ibibazo namwe muzi tumazemo imyaka 20 irenga.”

Muri ubu butumwa yavuze ko atareka gushimira abana babo bo mu mutwe wa M23 na Twirwaneho bakomeje gutsinda urugamba.

Ati: “Sinareka gushimira intsinzi y’abana bacu ba M23 bakomeje kugaragaza ubutwari, ubwitange mu kurengera inzirakarengane. Iyi ntambara turimo, ndagira ngo mbwire abavandimwe bacu, imvukire za Masisi na Rutshuru, ndetse n’imvukire z’i Mulenge, ko iyi ari yo ntambara yanyuma. Ni dutsinda tuzabona amahoro arambye, ariko nidusindwa tuzahera ishyanga. Rero ntayindi nzira dufite nukurwana kugeza tugeze ku ntsinzi.”

Yavuze kandi ko igihugu cyabo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo ari igihugu kitigeze kuyoborwa, kandi ko byavuzwe n’abashakashatsi benshi batandukanye.

Ai: “Mu bushakashatsi bwakozwe n’abigisha benshi baza kaminuza, bagaragaje ko igihugu cyacu cya Congo, ari igihugu kitigeze kibamo ubuyobozi (Failed state), kandi ko ibi byabayeho kuva cyabona ubwingenge. Bagaragaza ko inzira imwe yakemura iki kibazo ngo n’uko bokigaburamo ibihugu, icyo bita ‘good gouvernence,’ ugene kereje mu kinyarwanda bivuze imiyoborere myiza yegereye abaturage.”

Yakomeje avuga ko “hari ubushakashatsi bwakozwe n’Umwigisha wo muri kaminuza y’i Washington DC, Steven Mets yashyize hanze mu 1996, ari nabwo yifashishije kugira ngo atange iki gitekerezo, bugira buti: “Reformed conflict security in Zaïre,’ bugaragaza ko ‘gucamo Congo ibihugu bito, bizaba ngombwa ko bibaho.”

Uyu mugabo w’Umunyamulenge akaba yashingiye aha, avuga ko abaturage baturiye intara za Kivu zombi, iya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Epfo, bagomba kubitekerezaho, ariko ngo cyane bitekerezweho n’abafite umuheto, nka M23 na Twirwaneho.

Yavuze ko ntagisubizo bazabona mu kuja i Kinshasa , hubwo ko igisubizo kirambye kiri mu gutekerereza hamwe uburyo hashingwa “Leta yigenga.” Kandi ko ibyo bizafasha abari mu makambi kuyavamo, ubundi bakaja kubaka igihugu Imana yabahaye.

Ubundi kandi yavuze ko mu materitware hafi yose agize Repubulika ya demokarasi ya Congo nta n’imwe yubatsemo umuhanda wa kaburimbo. Kubera ibyo asaba benewabo bose kubitekerezaho bagaharanira ibitazabata mu kaga! Yatanze urugero rwa perezida Mobutu wayoboye Zaïre ariko aho avuka i Badorite ari mu ishyamba.

Yasabye ko aba benewabo bavuka i Mulenge n’i Masisi ndetse n’i Rutshuru, bagomba kwirinda ikizabacyamo.

Ati: “Ndasaba abantu bimitse amacakubiri kuyavamo, tugasenyera ku mugozi umwe.”

Yagezeho naho atanga urugero, avuga ko we atigeze yimika ayo macakubiri.

Yagize ati: “Njyewe mu kanwa kanjye ntiharavamo ijambo ‘Akagara’ cyangwa ng’uyu n’umu RCD, oya! Numva Abanyamulenge birirwa ba bivuga kandi nanjye ndi Umunyamulenge, ariko ntekereza ko ibyo ntakamaro bifite. Hubwo ko hobaho gutekereza kw’iterambere rirambye. Agaragaza ko ari cyo cyazatuma umutungo kamere uri mu gihugu cyabo wazabagirira akamaro.”

Yarangije ashimira abazasoma ibitekerezo bye, abasabira n’imigisha.

Ati:”Ndashimira abazasoma ibi bitekerezo byanjye, kandi mbasabiye n’imigisha iva ku Mana. Harakabeho ubumwe n’amahoro n’iterambere birambye.”

Tags: M23MasisiRutshuru
Share47Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
M23 yatanze isomo kuri FARDC, ifata n’ikibuga cy’indege cya Kavumu.

M23 yongeye gushimangira intego zayo, igira n'icyo isaba Abanye-kongo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?