Abyukiye i Uvira ahanini ku myigaragambyo simusiga yazindukiye i Kavimvira
Amakuru aturuka i Uvira avuga ko muri iki gice giherereye ku nkombe y’ikiyaga cya Tanganyika, kibyukiyemo imyigaragambyo ikomeye kandi ko igamije kwirukana Brigadier General Olivier Gasita wahoherejwe na perezida Felix Tshisekedi kuyobora ibikorwa bya gisirikare.
Iyi myigaragambyo yatangiye mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 08/09/2025.
Bikavugwa ko Wazalendo n’urubyiruko rwo muri ibi bice bazindukiye i Kavimvira kugira ngo ariho bayihera babone kwerekeza mu mujyi rwagati.
Umwe mubakangurira abandi kwitabira iyi myigaragambyo yo kwamagana Gen Gasita, witwa Zembezembe, yasobanuye ko imyigaragambyo yanone igomba kuba simusiga, kandi ngo igasiga Gasita avuye muri iki gice cya Uvira akambuka i Bujumbura mu Burundi aho yanyuze ava i Kindu mu ntara ya Maniema aho yaramaze igihe kirekire akorera ibikorwa bya gisirikare.
Yagize ati: “Turakora imyigaragambyo simusiga, kandi irarangira Gasita avuye hano iwacu. Turakangurira abantu bose kwitabira kandi turayihera i Kavimvira.”
Mu masaha make ashize a Wazalendo barimo bava muduce dutandukanye turimo Quartier Songo, Nyamianda, Mulongwe n’ahandi bakerekeza i Kavimvira kugira ngo ariho bahera iyo myigaragambyo.
Kimwecyo igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo(FARDC), muri Uvira cyatangaje ko ntawe cyemerera kwigaragambya, ndetse gihamya ko uwo babona muri ibyo bikorwa ahita araswa ako kanya.
Nyuma cyahise gifunga imihanda yose, aho cyayifunze ku bufatanye n’igipolisi. Biranavugwa ko iyo myigaragambyo ubukana yarifite bwatangiye gucogora kubera icyemezo cyafashwe n’igisirikare nk’uko amakuru akomeza abivuga.
Hagataho turakomeza gukurikirana aya makuru kugeza kwiherezo.