• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

“Adui uri i Gakangala turamurasa naho ahandi yayabangiye ingata,” ibivugwa n’abari mu Minembwe.

minebwenews by minebwenews
March 19, 2025
in Regional Politics
0
“Adui uri i Gakangala turamurasa naho ahandi yayabangiye ingata,” ibivugwa n’abari mu Minembwe.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

“Adui uri i Gakangala turamurasa naho ahandi yayabangiye ingata,” ibivugwa n’abari mu Minembwe.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Amakuru ava mu Minembwe ahazwi nk’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko ihuriro ry’ingabo za Congo zateye Abanyamulenge mu Mikenke zahunze nyuma yuko Twirwaneho irihaye isomo, ariko ko i Gakangala ho baracyari mu mirwano.

Kuri uyu munsi wa gatatu tariki ya 19/03/2025, ingabo za Congo (Fardc) iz’u Burundi (FDNB), imitwe ya FDLR na Wazalendo, zagabye ibitero mu mihana itandukanye ituwe n’Abanyamulenge mu misozi miremire y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo mu Burasizuba bw’igihugu cya RDC.

Imwe muri iyo mihana yagabwemo ibyo bitero ni uwa Mikenke, Gakangala na Muliza.

Umuturage uherereye muri ibyo bice yabwiye Minembwe Capital News ko umwanzi wagabyeho igitero mu Mikenke bamukubise kandi asubizwa n’inyuma, ariko ko uwateye mu nkengero za komine ya Minembwe ariho i Gakangala na Muliza akirimo arwana, ariko ko nawe berekejeyo ku murasa.

Yagize ati: “Mu Mikenke adui yateye Abanyamulenge kare cyane, ariko twageze igihe c’isaha zibiri z’igitondo, Twirwaneho iramwirukana. Yahunze.”

Yakomeje agira ati: “I Gakangala na Muliza niho uwateye yashatse kwiha akanyabugabo, ariko ubu bari kumurasa nabi abana bo muri Twirwaneho, ndetse abandi n’abo berekejeyo ku murasa.”

Uwateye aha i Gakangala na Muliza yaturutse muri secteur ya Lulenge, mu ndiri ikomeye y’abarwanyi bo mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR na Wazalendo.
Mu gihe uwateye mu Mikenke ho yaturutse mu Cyohagati n’i Ndondo ya Bijombo.

Mu byumweru bibiri bishyize na bwo iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ryagabye ibitero ku Banyamulenge mu majy’epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe na Gahwela, ariko birangira barishubije inyuma.

Ubundi banaryambura uduce duherereye ku Gipimo mu Biziba mu ntera ngufi uvuye mu Kabanju.
Ni nyuma y’aho uyu mutwe wa Twirwaneho wari uheruka gufata Minembwe ku ya 21/02/2025, mbere yuko wabanje gufata ibigo bya gisirikare bikomeye byarimo ingabo za Congo n’iz’u Burundi n’imitwe ya Wazalendo na FDLR.

Twirwaneho, mu gufata ibyo bigo by’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa, yongeye gufata n’ikibuga cy’indege cya Minembwe, aho yahise yirukana iri huriro ry’ingabo za Leta, bamwe bo muri ryo huriro bahungira Kwa Mulima n’i Baraka, abandi bagana i Ndondo ya Bijombo.

Kuri ubu ririya huriro ry’ingabo za Congo riri kugaba ibitero mu rwego rwo kugira ngo rirebe ko ryo kwisubiza iki gice cya Minembwe kizwi nk’iwabo w’Abanyamulenge ribagenzure.
Ariko ntibarikundira ni mu gihe Twirwaneho irwanirira aba Banyamulenge ihanganye naryo ihagaze bwuma.

Tags: GakangalaIbitaroTuramurasaTwirwaneho
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Kabila yahuye mu ibanga rikomeye na perezida Museveni.

Kabila yahuye mu ibanga rikomeye na perezida Museveni.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?