AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.
Ihuriro rya AFC/M23 rigenzura hafi u Burasizuba bwa Congo bwose, rikaba rinagamije gushyiraho akadomo kanyuma ubutegetsi bw’i Kinshasa, yatangaje ko ishyira raporo yayo ya mbere hanze igaragaza igisubizo ku birego by’ihohoterwa by’uburenganzira bwa muntu bivugwa ko byakorewe mu mujyi wa Goma n’uwa Bukavu.
Ni bikubiye mu itangazo iri huriro rya AFC/M23 ryashyize hanze ku mugoroba w’ahar’ejo ku wa kane tariki ya 29/05/2025, aho ivuga ko uyu munsi ku wa gatanu tariki ya 30/05/2025, kwaribwo ishyira iyo raporo y’ibirego hanze.
Itangazo ry’iri huriro ritangira rivuga ko igihe c’isaha ya saa tanu zuzuye, zo kuri uyu wa gatanu, ni bwo ritangira umuhango ku mugaragaro wo gushyira hanze raporo yayo y’ibirego by’ihohoterwa by’uburenganzira bwa muntu bivugwa ko byakorewe muri iriya mijyi rigenzura, uwa Goma n’uwa Bukavu.
Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi w’iri huriro, Lawrence Kanyuka, rivuga ko iyi raporo yabo iri bwibande ku buhamya n’ibimenyetso bifatika, kandi bigamije gusubiza impungenge zagaragajwe n’imiryango mpuzamahanga, abaharanira uburenganzira bwa muntu, itangazamakuru, n’abandi bafatanyabikorwa bo mu gihugu imbere n’abo hanze.
AFC/M23 muri iri tangazo ivuga kandi ko yiyemeje kuba inyangamugayo, kwerekana ukuri no gushyira mu bikorwa inshingano zayo imbere y’itangazamakuru, sosiyete sivili n’amahanga, ari nayo mpamvu iki gikorwa cyateguwe mu buryo bw’icyubahiro.
Ibi bikaba biza gushyirwa ahagaragara binyuze mu muhango uzakubera mu mujyi wa Goma uzwi nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu masaha make ari imbere y’uyu munsi ku wa gatanu.