• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 6, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump Yongeye Kuvuga ku Ntambara Ibera muri RDC

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 25, 2026
in Regional Politics
0
Perezida Trump Yongeye Kuvuga ku Ntambara Ibera muri RDC
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump Yongeye Kuvuga ku Ntambara Ibera muri RDC

You might also like

RDC : Une enquête internationale sème le doute : de l’uranium aurait-il été exporté sous couvert de l’hydroxyde de cobalt ?

RDC Mu Rujijo Nyuma y’Iperereza Mpuzamahanga: Uranium Yaba Yarajyanwaga Mu Mahanga Mu Izina rya Cobalt?

Gen. Kabarebe Yahishuye Uruhare rwa Perezida Kagame mu Kumenyekanisha Tshisekedi ku Isi

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushyira intambara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu zo avuga ko yahagaritse, mu rwego rw’ibikorwa bye byo guhosha amakimbirane ku rwego mpuzamahanga.

Mu ijambo yagejeje ku Banyamerika ku munsi w’ejo tariki ya 24/02/2026, Trump yavuze ko kuva yasubira ku butegetsi mu ntangiriro z’umwaka ushize, yashyize imbaraga mu guhagarika intambara zitandukanye ku Isi, agaragaza ko yahagaritse intambara umunani.

Yavuze ko mu zo yahagaritse harimo amakimbirane hagati ya Cambodia na Thailand, Pakistan n’u Buhinde—aho yagaragaje ko hashobora kuvuka intambara y’intwaro kirimbuzi—ndetse n’andi makimbirane arimo aya Kosovo na Serbia, Israel na Iran, ndetse n’ayo yavuze ko ari “aya Congo n’u Rwanda.” Yongeyeho ko n’intambara yo muri Gaza iri ku muvuduko muke, ashimira intumwa ze zagize uruhare mu biganiro byo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Muri abo yashimiye harimo Steve Witkoff na Jared Kushner, bagize uruhare mu biganiro byahuje impande zishyamiranye mu ntara ya Gaza, bigamije guhagarika imirwano y’urudaca.

Mu rwego rwo kugabanya umwuka mubi mu Karere k’Ibiyaga Bigari, u Rwanda na RDC byasinyiye amasezerano y’amahoro i Washington, byemeranya gushyigikira ihagarikwa ry’imirwano hagati y’impande zihanganiye mu Burasirazuba bwa RDC. Aya masezerano yari agamije gushyiraho uburyo bwo kubaka icyizere no gutangiza ibiganiro bya politiki.

Nubwo ayo masezerano yashyizweho umukono mu rwego rwo guhosha amakimbirane, ibikorwa bya gisirikare ntibyahise bihagarara burundu. Mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, haracyumvikana ibitero n’imirwano hagati y’ingabo za Leta ya RDC n’imitwe itandukanye yitwaje intwaro.

Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC rikomeje kugaba ibitero ku baturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge mu misozi miremire y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, ibirego bikomeje guteza impungenge ku mutekano w’abaturage. Ibi bitero kandi ribigaba mu bice bitandukanye birimo ni bigenzurwa na AFC/M23 muri Kivu Yaruguru.

Kimwe mu bitero byavuzwe cyane ni icyagabwe muri santere ya Rubaya igenzurwa na AFC/M23, mu rukerera rwo ku wa kabiri tariki ya 24/02/2026, aho ingabo za RDC zakoresheje indege zitagira abapilote (drones). Iki gikorwa cyafashwe na bamwe nk’ikimenyetso cy’uko agahenge kavuzwe mu masezerano katubahirizwa uko bikwiye.

Intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC ifite amateka maremare ashingiye ku bibazo by’umutekano, amoko, umutungo kamere, n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, yatumye imitwe yitwaje intwaro yambuka imipaka igashinga ibirindiro mu mashyamba ya Congo.

Kuva icyo gihe, aka karere kabaye indiri y’imitwe myinshi yitwaje intwaro, irimo n’iyagiye ihinduranya amazina n’imiterere, ibyatumye M23 yongeye kubura imirwano mu 2021, igafata ibice bimwe bya Kivu y’Amajyaruguru, harimo n’ahafite akamaro k’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nka Rubaya.

Ibihugu byo mu karere n’imiryango mpuzamahanga byagiye bigerageza kunga impande zihanganye binyuze mu biganiro bya dipolomasi, ariko imirwano yakomeje gusubira kenshi.

Nubwo Trump ashyira intambara ya RDC mu zo avuga ko yahagaritse, ukuri ku kibuga k’imirwano kugaragaza ko agahenge kakiri mu rujijo. Imirwano ikomeje, ibitero bya drones, n’ukutizerana hagati y’impande zihanganye bikomeje gushyira mu kaga amasezerano yasinyiwe i Washington.

Abasesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga bagaragaza ko amahoro arambye azagerwaho ari uko habayeho ibiganiro byimbitse, kubahiriza amasezerano, no gukemura impamvu zishingiye ku mutungo kamere n’umutekano w’akarere.

Mu gihe ibiganiro bya dipolomasi bikomeje, abaturage bo mu Burasirazuba bwa RDC bakomeje kuba ari bo bahura n’ingaruka z’intambara, bategereje ko amagambo y’abayobozi ahinduka ibikorwa bifatika bigarura amahoro arambye.

Tags: IntambaraRdcTrump
Share37Tweet23Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

RDC : Une enquête internationale sème le doute : de l’uranium aurait-il été exporté sous couvert de l’hydroxyde de cobalt ?

by Bahanda Bruce
August 6, 2026
0
RDC : Une enquête internationale sème le doute : de l’uranium aurait-il été exporté sous couvert de l’hydroxyde de cobalt ?

RDC : Une enquête internationale sème le doute : de l’uranium aurait-il été exporté sous couvert de l’hydroxyde de cobalt ? MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Une enquête internationale...

Read moreDetails

RDC Mu Rujijo Nyuma y’Iperereza Mpuzamahanga: Uranium Yaba Yarajyanwaga Mu Mahanga Mu Izina rya Cobalt?

by Bahanda Bruce
August 6, 2026
0
RDC Mu Rujijo Nyuma y’Iperereza Mpuzamahanga: Uranium Yaba Yarajyanwaga Mu Mahanga Mu Izina rya Cobalt?

RDC Mu Rujijo Nyuma y'Iperereza Mpuzamahanga: Uranium Yaba Yarajyanwaga Mu Mahanga Mu Izina rya Cobalt? MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Iperereza mpuzamahanga ryakozwe na Lighthouse Reports ku bufatanye na...

Read moreDetails

Gen. Kabarebe Yahishuye Uruhare rwa Perezida Kagame mu Kumenyekanisha Tshisekedi ku Isi

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Gen. Kabarebe Yahishuye Uruhare rwa Perezida Kagame mu Kumenyekanisha Tshisekedi ku Isi

Gen. Kabarebe Yahishuye Uruhare rwa Perezida Kagame mu Kumenyekanisha Tshisekedi ku Isi MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu kiganiro aherutse kugirana n'itangazamakuru, Gen. James Kabarebe, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe...

Read moreDetails

EASTERN DRC REACHES A CRITICAL JUNCTURE: MRDP-Twirwaneho and AFC/M23 Reportedly Continue Expanding Their Territorial Control as the Role of Burundian Forces Remains Controversial

by Bahanda Bruce
August 2, 2026
0
EASTERN DRC REACHES A CRITICAL JUNCTURE: MRDP-Twirwaneho and AFC/M23 Reportedly Continue Expanding Their Territorial Control as the Role of Burundian Forces Remains Controversial

EASTERN DRC REACHES A CRITICAL JUNCTURE: MRDP-Twirwaneho and AFC/M23 Reportedly Continue Expanding Their Territorial Control as the Role of Burundian Forces Remains Controversial MINEMBWE CAPITAL NEWS The ongoing...

Read moreDetails

UBURASIRAZUBA BWA RDC BUGEZE AHANTU HAKOMEYE: MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bavugwaho Gukomeza Kwagura Igenzura, Mu Gihe Uruhare rw’Ingabo z’u Burundi Rukomeje Guteza Impaka

by Bahanda Bruce
August 2, 2026
0
Umusesenguzi Christian Moleka Yagaragaje Impungenge ko RDC Ishobora Guhura n’Ibyago byo Gucikamo Ibice

UBURASIRAZUBA BWA RDC BUGEZE AHANTU HAKOMEYE: MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bavugwaho Gukomeza Kwagura Igenzura, Mu Gihe Uruhare rw'Ingabo z'u Burundi Rukomeje Guteza Impaka MINEMBWE CAPITAL NEWS Imirwano ikomeje kubera...

Read moreDetails
Next Post
Ibitero Bikaze by’Ingabo z’u Burundi, iza FARDC na FDLR ku Baturage byasubijwe Inyuma n’Umutwe Urwanira Abaturage

Minembwe: Ihuriro ry’Ingabo za Leta ryasubijwe inyuma, MRDP-Twirwaneho na M23 byongera gufata igenzura ry’ibice bikomeye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Mikenke Minembwe Monusco MRDP-TWIRWANEHO Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?