Agezweho i Uvira muri Kivu y’Epfo mu Burasizuba bwa RDC.
Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yategetse guverineri w’i ntara ya Kivu y’Epfo gukomereza imirimo ye muri Uvira nyuma yuko i Bukavu ahazwi nk’umurwa mukuru w’iyi ntara hafashwe n’umutwe wa m23.
Perusi, guverineri w’i ntara ya Kivu y’Epfo yahuze i Bukavu mbere yuko hafatwa na m23.
Ni mu gihe icyo gice cyafahwe mu minsi mike ishize.
Ibiro bya guverineri w’iyi ntara byemeje aya makuru kandi bitangaza ko na perezida Felix Tshisekedi ubwe yategetse guverineri gukomeza imirimo ye i Uvira.
Mu butumwa bwana Perusi usanzwe ari n’Umwalimu wigisha muri za kaminuza, yavuze ko ubu akorera i Uvira, kandi ko ategereje ko ingabo z’iki gihugu zisubirana intara yose.
Nubwo Perusi yatangaje ko agiye gukorera i Uvira ariko kuva m23 yafata i Bukavu, umujyi wa Uvira waranzwemo umutekano muke ushoboka, abawuturiye bavuga ko watewe n’imirwano hagati y’ingabo za Fardc zahahungiye nyuma yuko zitsinzwe i Bukavu.
Bavuga ko Wazalendo bari basanzwe i Uvira bashatse kwa mbura intwaro ziriya ngabo zari zahunze muri Bukavu nazo zikanga bikaviramo kurwana.
Mu mpera z’icyumweru gishize ubwo m23 yafata umujyi wa Kamanyola uri hafi na Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi muri uwo mujyi wa Uvira.
Amashusho amwe yagiye hanze yagaragaje abasirikare ba Fardc bamwe burira ubwato bivugwa ko bahungiye i Kalemi umujyi muto nawo uherereye ku kiyaga cya Tanganyika mu ntara ya Tanganyika.
Abaturage babarirwa mu bihumbi n’abo bahungiye i Bujumbura mu Burundi.
Ikitari kizwi ni aho guverineri w’iyi ntara yari yarahungiye , bamwe bavuga ko yari yarahungiye i Burundi, ariko ejo hashyize nibwo yatangaje ko agiye gukorera i Uvira.
Hagataho muri iki gitondo cyo kuri uyu wa kane, amakuru Minembwe.com yabashe kumenya nuko amasasu yabashe kumvikana ku bwinshi mu Kibaya cya Rusizi ahari abarwanyi bo muri Wazalendo.
Bikavugwa ko aba barwanyi barimo barasa berekeza i Kamanyola ahari m23, abagize uyu mutwe n’abo bakaza kubasubiza, ariko bikaba bitamaze umwanya munini, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.