• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Agezweho ku ngabo ziri mu Bibogobogo nyuma y’aho kwa Mulima habaye imirwano.

minebwenews by minebwenews
April 2, 2025
in Regional Politics
0
Mu misozi ya Fizi hazindukiye imirwano ikaze .
131
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Agezweho ku ngabo ziri mu Bibogobogo nyuma y’aho kwa Mulima habaye imirwano.

You might also like

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Ingabo za Congo ziheruka koherezwa mu Bibogobogo ubwo ku munsi w’ejo ku wa kabiri imirwano yarimo ibera kwa Mulima hagati ya Twirwanaho n’ihuriro ry’Ingabo ririmo FARDC iz’u Burundi, n’imitwe ya Wazalendo na FDLR zo zahunze ziva mu bigo zagenzuraga zihungira mu kigo kigenzurwa na Colonel Ntagawa Rubaba kiri mu muhana wa Bibogobogo, ariko nyuma zimwe muri zo zitumwa i Baraka.

Mu cyumweru gishize ni bwo abasirikare benshi ba FARDC batumwe mu Bibogobogo, bakaba baravanywe i Rulimba, i Uvira n’ahandi, harimo n’abahazanywe nyuma yuko bari bahunze intambara yaberega mu Minembwe ubwo Twirwanaho yahafataga ku wa 21/02/2025.

Amakuru avuga ko nyuma y’aho aba basirikare bagereye mu Bibogobogo bahashyinze ibigo bya gisirikare harimo icyashyizwe mu irango rya Ugeafi, ku Gipimo hafi n’umuhana wa Magaja nanone kandi ikindi kigo gishyingwa mu Rulimba cyo kimwe na Kavumu.

Hakaba hari icyari kihasanzwe kiri mu muhana wa Bibogobogo centre kigenzurwa na Colonel Ntagawa Rubaba.

Gutumwa kw’aba basirikare ba Leta muri Bibogobogo byavugwaga ko baje kurinda umujyi wa Baraka udafatwa n’umutwe wa m23 n’uwa Twirwanaho, ni mu gihe abo barwayi bo muri iyo mitwe baheruka kugera mu Minembwe ari benshi, aho baje baturutse i Bukavu kandi bashorewe na Brigadier General Charles Sematama uzwi nk’Intare-Batinya.

Rero, nyuma y’aho ejo ku wa kabiri tariki ya 01/04/2025 ihuriro ry’Ingabo za Congo rigabye ibitero mu nkengero za komine ya Minembwe, ribigaba riturutse mu Lusuku, Point Zero, Mukera no kwa Mulima, nk’uko Twirwanaho yabigaragaje ikoresheje inyandiko yashyize kuri x; uyu mutwe wirwanyeho ukubita ririya huriro inshuro ndetse ufata n’ibice bimwe iri huriro ryaturutsemo ribagabaho ibyo bitero. Nubwo nyuma wongeye kubyivanamo.

Minembwe Capital News yamenye ko ubwo iyo mirwano yarimo ibera kwa Mulima no mu Rusuku, izi ngabo zari mu Bibogobogo zarahunze ziva mu bigo zagenzuraga zihungira mu kigo kigenzurwa na Colonel Ntagawa Rubaba kiri mu muhana wa Bibogobogo centre.

Ibyafashwe nk’aho zahahamutse, kuko muri zi ngabo harimo zimwe zahuye n’intambara yazihanganishije na Twirwanaho mu Minembwe, hakaba harimo n’izarwanye i Bukavu zumva umuriro w’imbunda wa m23.

Umwe uri mu Bibogobogo yagize ati: “Ntituzi icyabaye ku basirikare ba Leta baraha. Barikuva mu makambi yabo bagahungira mu ikambi iyowe na Col.Ntagawa. Turi kubona bahahamutse kubera intambara irimo kubera mu Rusuku no kwa Mulima.”

Cyakoze, ahagana igihe c’isaha z’umugoroba wajoro w’ahar’ejo Colonel Karateka wagenzuraga ikigo kiri mu irango rya Ugeafi yamanutse i Baraka n’abasirikare be bose. Bikavugwa ko yahamagajwe kuja gutanga musada kwa Mulima no mu Rusuku.

Ariko ntibizwi ko yahise atanga uwo musada, ikizwi gusa nuko yamanutse i Baraka ahamagawe igitaraganya.

Ubundi kandi kugeza isaha ya saa tanu zijoro ryaraye rikeye, ziriya ngabo zasigaye zari zitarasubira mu bigo zagenzuraga.

Hagataho, umutekano wo muri ibyo bice ukomeje kuzamba nyuma y’ibyo bitero byakozwe ku munsi w’ejo ku wa kabiri.

Ndetse hari n’amakuru avuga ko iri huriro ry’ingabo za Congo ririmo kwikusanyiriza kuri Point Zero, ngo rigabe ibitero mu mihana y’Abanyamulenge iri mu Minembwe.

Tags: BibogobogoFardcIhahanuka
Share52Tweet33Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community – EAC) ukomeje guhura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amafaranga, gishobora kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu bayobozi bakomeye ku isi bitabiriye inama mpuzamahanga ya kabiri...

Read moreDetails

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda Amakuru aturuka mu nzego zikurikirana ibibera muri politiki y’akarere k’Ibiyaga Bigari akomeje kugaragaza ko...

Read moreDetails

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uzwi nka East African Community (EAC), wasabye impande zihanganye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
March 9, 2026
0
Loni Yashinje Ingabo za Leta ya RDC n’Umutwe wa FDLR Gukora Ihohoterwa Rishingiye ku Gitsina ku Baturage

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari Mu mujyi wa Uvira, umwe mu mijyi ifite uruhare rukomeye mu ntara ya...

Read moreDetails
Next Post
Umuriro w’imbunda z’amadubu watumye abakorera mu kwaha kwa Leta bagira ihahamuka!

Umuriro w'imbunda z'amadubu watumye abakorera mu kwaha kwa Leta bagira ihahamuka!

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?