• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Agezweho ku ngabo ziri mu Bibogobogo nyuma y’aho kwa Mulima habaye imirwano.

minebwenews by minebwenews
April 2, 2025
in Regional Politics
0
Mu misozi ya Fizi hazindukiye imirwano ikaze .
130
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Agezweho ku ngabo ziri mu Bibogobogo nyuma y’aho kwa Mulima habaye imirwano.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ingabo za Congo ziheruka koherezwa mu Bibogobogo ubwo ku munsi w’ejo ku wa kabiri imirwano yarimo ibera kwa Mulima hagati ya Twirwanaho n’ihuriro ry’Ingabo ririmo FARDC iz’u Burundi, n’imitwe ya Wazalendo na FDLR zo zahunze ziva mu bigo zagenzuraga zihungira mu kigo kigenzurwa na Colonel Ntagawa Rubaba kiri mu muhana wa Bibogobogo, ariko nyuma zimwe muri zo zitumwa i Baraka.

Mu cyumweru gishize ni bwo abasirikare benshi ba FARDC batumwe mu Bibogobogo, bakaba baravanywe i Rulimba, i Uvira n’ahandi, harimo n’abahazanywe nyuma yuko bari bahunze intambara yaberega mu Minembwe ubwo Twirwanaho yahafataga ku wa 21/02/2025.

Amakuru avuga ko nyuma y’aho aba basirikare bagereye mu Bibogobogo bahashyinze ibigo bya gisirikare harimo icyashyizwe mu irango rya Ugeafi, ku Gipimo hafi n’umuhana wa Magaja nanone kandi ikindi kigo gishyingwa mu Rulimba cyo kimwe na Kavumu.

Hakaba hari icyari kihasanzwe kiri mu muhana wa Bibogobogo centre kigenzurwa na Colonel Ntagawa Rubaba.

Gutumwa kw’aba basirikare ba Leta muri Bibogobogo byavugwaga ko baje kurinda umujyi wa Baraka udafatwa n’umutwe wa m23 n’uwa Twirwanaho, ni mu gihe abo barwayi bo muri iyo mitwe baheruka kugera mu Minembwe ari benshi, aho baje baturutse i Bukavu kandi bashorewe na Brigadier General Charles Sematama uzwi nk’Intare-Batinya.

Rero, nyuma y’aho ejo ku wa kabiri tariki ya 01/04/2025 ihuriro ry’Ingabo za Congo rigabye ibitero mu nkengero za komine ya Minembwe, ribigaba riturutse mu Lusuku, Point Zero, Mukera no kwa Mulima, nk’uko Twirwanaho yabigaragaje ikoresheje inyandiko yashyize kuri x; uyu mutwe wirwanyeho ukubita ririya huriro inshuro ndetse ufata n’ibice bimwe iri huriro ryaturutsemo ribagabaho ibyo bitero. Nubwo nyuma wongeye kubyivanamo.

Minembwe Capital News yamenye ko ubwo iyo mirwano yarimo ibera kwa Mulima no mu Rusuku, izi ngabo zari mu Bibogobogo zarahunze ziva mu bigo zagenzuraga zihungira mu kigo kigenzurwa na Colonel Ntagawa Rubaba kiri mu muhana wa Bibogobogo centre.

Ibyafashwe nk’aho zahahamutse, kuko muri zi ngabo harimo zimwe zahuye n’intambara yazihanganishije na Twirwanaho mu Minembwe, hakaba harimo n’izarwanye i Bukavu zumva umuriro w’imbunda wa m23.

Umwe uri mu Bibogobogo yagize ati: “Ntituzi icyabaye ku basirikare ba Leta baraha. Barikuva mu makambi yabo bagahungira mu ikambi iyowe na Col.Ntagawa. Turi kubona bahahamutse kubera intambara irimo kubera mu Rusuku no kwa Mulima.”

Cyakoze, ahagana igihe c’isaha z’umugoroba wajoro w’ahar’ejo Colonel Karateka wagenzuraga ikigo kiri mu irango rya Ugeafi yamanutse i Baraka n’abasirikare be bose. Bikavugwa ko yahamagajwe kuja gutanga musada kwa Mulima no mu Rusuku.

Ariko ntibizwi ko yahise atanga uwo musada, ikizwi gusa nuko yamanutse i Baraka ahamagawe igitaraganya.

Ubundi kandi kugeza isaha ya saa tanu zijoro ryaraye rikeye, ziriya ngabo zasigaye zari zitarasubira mu bigo zagenzuraga.

Hagataho, umutekano wo muri ibyo bice ukomeje kuzamba nyuma y’ibyo bitero byakozwe ku munsi w’ejo ku wa kabiri.

Ndetse hari n’amakuru avuga ko iri huriro ry’ingabo za Congo ririmo kwikusanyiriza kuri Point Zero, ngo rigabe ibitero mu mihana y’Abanyamulenge iri mu Minembwe.

Tags: BibogobogoFardcIhahanuka
Share52Tweet33Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umuriro w’imbunda z’amadubu watumye abakorera mu kwaha kwa Leta bagira ihahamuka!

Umuriro w'imbunda z'amadubu watumye abakorera mu kwaha kwa Leta bagira ihahamuka!

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?