Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Agezweho ku ngabo ziri mu Bibogobogo nyuma y’aho kwa Mulima habaye imirwano.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 2, 2025
in Regional Politics
0
Mu misozi ya Fizi hazindukiye imirwano ikaze .
130
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Agezweho ku ngabo ziri mu Bibogobogo nyuma y’aho kwa Mulima habaye imirwano.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ingabo za Congo ziheruka koherezwa mu Bibogobogo ubwo ku munsi w’ejo ku wa kabiri imirwano yarimo ibera kwa Mulima hagati ya Twirwanaho n’ihuriro ry’Ingabo ririmo FARDC iz’u Burundi, n’imitwe ya Wazalendo na FDLR zo zahunze ziva mu bigo zagenzuraga zihungira mu kigo kigenzurwa na Colonel Ntagawa Rubaba kiri mu muhana wa Bibogobogo, ariko nyuma zimwe muri zo zitumwa i Baraka.

Mu cyumweru gishize ni bwo abasirikare benshi ba FARDC batumwe mu Bibogobogo, bakaba baravanywe i Rulimba, i Uvira n’ahandi, harimo n’abahazanywe nyuma yuko bari bahunze intambara yaberega mu Minembwe ubwo Twirwanaho yahafataga ku wa 21/02/2025.

Amakuru avuga ko nyuma y’aho aba basirikare bagereye mu Bibogobogo bahashyinze ibigo bya gisirikare harimo icyashyizwe mu irango rya Ugeafi, ku Gipimo hafi n’umuhana wa Magaja nanone kandi ikindi kigo gishyingwa mu Rulimba cyo kimwe na Kavumu.

Hakaba hari icyari kihasanzwe kiri mu muhana wa Bibogobogo centre kigenzurwa na Colonel Ntagawa Rubaba.

Gutumwa kw’aba basirikare ba Leta muri Bibogobogo byavugwaga ko baje kurinda umujyi wa Baraka udafatwa n’umutwe wa m23 n’uwa Twirwanaho, ni mu gihe abo barwayi bo muri iyo mitwe baheruka kugera mu Minembwe ari benshi, aho baje baturutse i Bukavu kandi bashorewe na Brigadier General Charles Sematama uzwi nk’Intare-Batinya.

Rero, nyuma y’aho ejo ku wa kabiri tariki ya 01/04/2025 ihuriro ry’Ingabo za Congo rigabye ibitero mu nkengero za komine ya Minembwe, ribigaba riturutse mu Lusuku, Point Zero, Mukera no kwa Mulima, nk’uko Twirwanaho yabigaragaje ikoresheje inyandiko yashyize kuri x; uyu mutwe wirwanyeho ukubita ririya huriro inshuro ndetse ufata n’ibice bimwe iri huriro ryaturutsemo ribagabaho ibyo bitero. Nubwo nyuma wongeye kubyivanamo.

Minembwe Capital News yamenye ko ubwo iyo mirwano yarimo ibera kwa Mulima no mu Rusuku, izi ngabo zari mu Bibogobogo zarahunze ziva mu bigo zagenzuraga zihungira mu kigo kigenzurwa na Colonel Ntagawa Rubaba kiri mu muhana wa Bibogobogo centre.

Ibyafashwe nk’aho zahahamutse, kuko muri zi ngabo harimo zimwe zahuye n’intambara yazihanganishije na Twirwanaho mu Minembwe, hakaba harimo n’izarwanye i Bukavu zumva umuriro w’imbunda wa m23.

Umwe uri mu Bibogobogo yagize ati: “Ntituzi icyabaye ku basirikare ba Leta baraha. Barikuva mu makambi yabo bagahungira mu ikambi iyowe na Col.Ntagawa. Turi kubona bahahamutse kubera intambara irimo kubera mu Rusuku no kwa Mulima.”

Cyakoze, ahagana igihe c’isaha z’umugoroba wajoro w’ahar’ejo Colonel Karateka wagenzuraga ikigo kiri mu irango rya Ugeafi yamanutse i Baraka n’abasirikare be bose. Bikavugwa ko yahamagajwe kuja gutanga musada kwa Mulima no mu Rusuku.

Ariko ntibizwi ko yahise atanga uwo musada, ikizwi gusa nuko yamanutse i Baraka ahamagawe igitaraganya.

Ubundi kandi kugeza isaha ya saa tanu zijoro ryaraye rikeye, ziriya ngabo zasigaye zari zitarasubira mu bigo zagenzuraga.

Hagataho, umutekano wo muri ibyo bice ukomeje kuzamba nyuma y’ibyo bitero byakozwe ku munsi w’ejo ku wa kabiri.

Ndetse hari n’amakuru avuga ko iri huriro ry’ingabo za Congo ririmo kwikusanyiriza kuri Point Zero, ngo rigabe ibitero mu mihana y’Abanyamulenge iri mu Minembwe.

Tags: BibogobogoFardcIhahanuka
Share52Tweet33Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Umuriro w’imbunda z’amadubu watumye abakorera mu kwaha kwa Leta bagira ihahamuka!

Umuriro w'imbunda z'amadubu watumye abakorera mu kwaha kwa Leta bagira ihahamuka!

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?