
Umutwe witwara Gisirikare wa Gumino ngowaba wamaze gushiraho nimugihe bivugwa ko uyu mutwe wiyunze n’ingabo za Republika ya Demokorasi ya Congo(FARDC). Mu Makuru Minembwe Capital News, imaze kwakira nuko uwitwa Alexis Nyamusaraba warumaze igihe kingana n’umwaka urenga aherereye i Bujumbura mugihugu c’u Burundi ko aheruka kongera kugaruka ku Ndondo ya Bijombo. Aho byemezwa n’abaturage ko yahageze mumpera ziki Cyumweru gishize.
N’kuko iyi nkuru ikomeza ibivuga nuko Nyamusaraba amaze kugera ku Ndondo ya Bijombo, yageze muraka gace yambaye impuzakano(Uniform) ya FARDC ndetse ubwe ngo abwira bamwe mubaturage ko y’iyunze n’izi Ngabo za FARDC zikorera mu Misozi Miremire y’i Mulenge mubice byo muri teritware ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Epfo.
Kuri ubu uyu wahoze ari Inyeshamba kuva mu mwaka wa 2005 akaba yamaze gushira ibirindiro mugace kitwa ku Kamacumu kari mu bilometre bike n’Umuhana wa Masoro hafi no Kuwugethi.
Gusa ntaco Soseyete sivile yomuribyo bice irabivugaho cangwa ubuyobozi bwa leta ya Kinshasa ndetse na FARDC. Aya Makuru n’amakuru dukesha bamwe mubaturage.
Ubwo twahabwaga iyi nkuru byanavuzwe ko uyu Nyamusara yashize ibirindiro mu Marembo agana mw’ishamba rya Bijabo(ku Kamacumu) murwego rwo kwitegura intambara ngo N’abaturage b’irwanaho nimugihe ingabo za FARDC zikorera mu Bijombo zari ziheruka gukoresha i Nama n’abaturage yari Nama ya yoboye n’umusirikare uvuka muri bice Col Mutebutsi aho yasabye abaturage b’irwanaho ko bagomba kurambika imbunda hasi maze ngo ingabo za RDC akaba arizo zirinda umutekano bitaba ibyo ngo FARDC ikaz’ibambura kumbaraga. Tubibutse ko no mu Minembwe haheruka gukorwa i Nama yabasirikare n’abatware ba Minembwe isa niyo yabaye ku Ndondo ya Bijombo aho izi Ngabo za FARDC zisa nizakuriye inzira kumurima ko zishaka kurwanya abaturage ba Twirwaneho.
Bikavugwa ko niba koko Nyamusaraba yaramaze kwiyunga n’ingabo za RDC ngo FARDC niyo yamutegetse gushira ibirindiro murikariya gace ko Kamacumu. Gusa na none hakaba harandi Makuru avuga ko ibya Nyamusaraba kw’iyunga na FARDC byaba bikiri mubiganiro hagati yabo ariko hataragera ko bahita bitwa ingabo za FARDC.
Ni mugihe kandi uwitwa Koboyi na Kimararungu bazwiko ari byegera by’uyu Nyamusaraba ko bo batakibarizwa ku Ndondo aho byemezwa ko berekeje mu Mikenke muri Secteur ya Itombwe, teritware ya Mwenga hafi na Minembwe aha bakaba bari mubirindiro by’ingabo za Congo zomuri Batayo iyobowe na Colonel John. kandi uyu Kimararungu kowe yaranaheruka Kinshasa aho yarikumwe na Colonel Richard Tawimbi akaba ariwe wanazaniye aba ba Gumino impuzakano za FARDC.
Ibi bibaye mugihe Mubibogobogo ho harihagize igihe havugwa Inyeshamba za Mai Mai kozaba zishaka kurwanya abaturage ba Banyamulenge baturiye ibyo bice ariko mu makuru yatanzwe mw’ijoro ryo kuwa Mbere rishira kuri uyu wa Kabiri n’uko ziriya Nyeshamba ngo zaba zamaze kuzingura zisubira iyo zaje ziva. Abaturage ba Banyamulenge bakaba bari bafatikanije n’ingabo za RDC bikaba aribyo bikekwa ko ziriya Nyeshamba ko ariyo mpamvu zihise zisubirayo nta ntambara ibaye.
By Bruce Bahanda.
Tariki 26/09/2023.