Amakuru avugwa ku ndege yakoze impanuka mu Minembwe.
Mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, hari indege yahakoreye impanuka yashakaga kwitura ku kibuga cyaho.
Ni amakuru akubiye mu butumwa bwanditse twahawe kuri Minembwe Capital News, aho avuga ko iyi ndege yahushije ubwo yari giye kwika hasi ku kibuga cyayo kiri ku Kiziba igwa hakurya ku w’i Gishigo.
Ubu butumwa bugira buti: “Hari indege yarije kwitura ku kibuga cy’indege cya Kiziba, irahusha igwa hakurya ku w’i Gishigo.”
Bwongeye buti: “Iyi ndege yangiritse ku ibaba ryayo ry’iburyo, ariko nta muntu wayiguyemo, usibye umwe mu bakozi bayo wayikomerekeyemo, ariko bitari cyane.”
Ni ubutumwa bukomeza buvuga ko kuri ubu iriya ndege bari kuyikora, kugira ngo ikomeze ibikorwa byayo.
Umwe mu baturage uherereye muri ibyo bice wavuganye na Minembwe Capital News yatubwiye ko atazi ubwoko bw’iyi ndege, ariko ko ariy’ishirahamwe rya Pamu rishyinzwe ibiryo mu muryango w’Abibumbye.
Ati: “Sinzi ubwoko bwayo, ariko si kajugujugu. Ni ya Pamu.”
Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki ya 29/06/2025.
Binavugwa ko yari ivuye i Bukavu ku murwa mukuru w’iyi ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ikaba yarigemuye ibiryo ku baturage bagiye bakurwa mu byabo mu bice binyuranye bya Minembwe kubera intambara zayogoye aka gace.
Ku rundi ruhande haratinywa ko drone y’Ingabo za Congo ishobora kuyigabaho igitero, mu gihe ikirimo gukorwa, nk’uko n’ubundi uyu muturage yabivuze, ati: “Turatinya ko drone y’Ingabo za RDC zayirasaho. Icyo n’icyo kibazo giteye impungenge, kuko kwangirikaho nta bwo yangitse cyane. Ni akabazo gato yagize kw’ihembe ryayo.”