
Leta z’unze ubumwe za Amerika zashizeho igihembo camafranga agera kuri Miliyoni 5 kubazatanga amakuru yaho umuyobozi wa ADF Seka Musa Baluku ari.
Umuyobozi w’Umutwe witera bwoba wa ADF, igize igihe ikorera kubutaka bwa Congo Kinshasa, Musa Seka.
Seka Musa Baluku yashizwe kurutonde rwabashakishwa nibihugu bikomeye ndetse na ONU, kubyaha ndenga kamere yakoreye kubutaka bwa Congo nahandi nko muri Uganda. Mwitangazo ryashizwe hanze na ambassade ya Amerika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nuko umuntu uzatanga amakuru yaho uyu mugabo aherereye azahabwa igihembo cya miliyoni zitanu nkishimwe.
Muriri tangazo rihagarariwe na “Department” y’igihugu ihemba abashikiriza ubutabera abakoze ibyaha igakorana n’inzego za dipolomasi ishinja Seka Musa Baluku kuba yica abaturage muburasira zuba bwa DRC aho umwaka wa 2020 ashinjwa kwica abarenga 1000.
Uyu mugamo waje kuyobora uyu mutwe witerabwoba uvuka Uganda, mugace ka Kasese, yatsimbuye Jamil Mukulu kurubu afungiwe muri Tanzania.
ISIS- DRC cange ADF doreko igira amazina menshi, ukaba arumutwe wa k’islam utumva rumwe na leta ya Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda.
Ubwo Seka Musa Baluku yayoboraga uyu mutwe bivugwako uyu mutwe wahise urangwa nubwicanyi ndenga kamere bakorera aba Kongomani, bityo bituma leta ya Kinshasa imuhiga, reta ya Amerika na ONU nazo zimushira kurutonde rwabashakishwa nkumugizi wa nabi.
Uyu mutwe witwako ari mpuzamahanga ukaba warafatiwe ibihano aho bitemewe numuntu uwariwe wese kuwohereza amafranga kuko byakozwe muburyo bwa Technologia Count yuwo muntu cange ishirahamwe, rihita rifatirwa ibihano.
Uyu mutwe ukaba nanone uzira guhohotera abaturage, kubafata kungufu, kubica nokubatwara ibyabo muntara ya Ituri na Kivu y’amajyaruguru.
Leta ya Washington DC ikaba yashizeho akayabo Kama Dollari kubafite amakuru yaho musa Seka Baluku ari. Watanga amakuru ukoresheje numero ikurikira +1-202-702-7843.