Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Amerika: Donald Trump yegukanye umwanya w’umukuru w’igihugu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 6, 2024
in World News
0
Amerika: Donald Trump yegukanye umwanya w’umukuru w’igihugu.
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika: Donald Trump yegukanye umwanya w’umukuru w’igihugu.

You might also like

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Donald Trump wahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yamaze kwizera intsinzi nyuma yo kwegukana Leta zisanzwe zizwi ko ari ingenzi zo muri iki gihugu cy’igihangange, muri izo harimo iya Pennsylvania, Georgia, North Carolina, Michigan, Arizona, Wisconsin n’izindi. Ibi biha visi perezida Harris Kamala amahirwe angana n’ubusa; mugihe yari gutsinda aya matora yari kuba abaye umugore wa mbere wari ugiye kuyobora iki gihugu, aho yari asanzwe ari na visi perezida wa Joe Biden.

Amakuru ava muri iki gihugu avuga ko Leta zitatu gusa izirimo Pennsylvania, Georgia, North Carolina, zahesheje bwana Donald Trump, agera kuri 267 mu gihe hasabwa 270 ngo intsinzi iboneke. Kamala Harris we akaba yabonye agera 224.

Ibi byatumye bwana Donald Trump atangaza intsinzi, aho yashimye imbaga y’abakunzi be bari bakoraniye muri Leta ya Florida.

Yagize ati: “Ndifuza kubashimira cyane mwese; ibi ni agatangaza, hamwe n’ibihumbi by’inshuti zakoraniye hano!”

Bwana Donald ubwo yagezaga ku bantu be ijambo, yanijeje Abanyamerika kuzabarwanirira yivuye inyuma.

Ati: “Dukomeze amateka uyu mugoroba kubw’impamvu, twarenze ibizazane umuntu utumvaga ko byoshoboka, ariko iyi ni intsinzi ya politiki iguhugu cyacu kitigeze kugira. Ndifuza gushimira abaturage b’Amerika ku cyizere cyabo kidasanzwe cyo kuba nongeye gutorerwa kuba perezida wa 47, narabaye perezida wa 45! Kandi buri muturage nzamurwanirira, ndwanire imiryango yanyu, n’ahazaza hanyu. Buri munsi nzahora mbarwanirira n’imbaraga zanjye zose.”

Bamwe mu bategetsi bohirya no hino ku isi, n’imiryango mpuzamahanga batangiye kohereza Trump ubutumwa bwo ku mushimira.

Muri abo, barimo na bwana minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, aho yagize ati: “Ishimwe kuri perezida watowe Trump kubw’iyintsinzi yawe y’amateka mu matora. Niteguye gukorana nawe mu myaka iri imbere. Nk’abavandimwe bahafi.”

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron nawe yahaye ubutumwa bwogushimira Donald Trump kuri iyi ntsinzi yamaze kubona.

Mu bandi bategetsi bamugeneye ubutumwa barimo perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yavuze ko yiteguye gukorana nawe.

Kurundi ruhande, kuba Donald Trump yamaze kwizera intsinzi, ishyaka rye ry’Abarepubulikani ryegukanye ubwiganze ku myanya 100 y’abagize umutwe wa Sena, nubwo hataramenyekana ishyaka riza kugira ubwiganze ku mwanya w’abadepite.

Tags: AmerikaIntsinziTrump
Share31Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk'igihugu cyigenga. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zateye utwatsi icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w'u Bufaransa cyo kwemerera...

Read moreDetails

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho guverinoma nshya igizwe n'abaminisitiri 21, abanyamabanga ba Leta 10 n'abandi bayobozi bakuru. Iyi guverinoma nshya...

Read moreDetails

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails
Next Post
Muri Nigeria haravugwa amakuru y’urupfu rw’umugaba mukuru w’ingabo z’iki gihugu.

Muri Nigeria haravugwa amakuru y'urupfu rw'umugaba mukuru w'ingabo z'iki gihugu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?