Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Amerika: Donald Trump yegukanye umwanya w’umukuru w’igihugu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 6, 2024
in World News
0
Amerika: Donald Trump yegukanye umwanya w’umukuru w’igihugu.
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika: Donald Trump yegukanye umwanya w’umukuru w’igihugu.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Donald Trump wahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yamaze kwizera intsinzi nyuma yo kwegukana Leta zisanzwe zizwi ko ari ingenzi zo muri iki gihugu cy’igihangange, muri izo harimo iya Pennsylvania, Georgia, North Carolina, Michigan, Arizona, Wisconsin n’izindi. Ibi biha visi perezida Harris Kamala amahirwe angana n’ubusa; mugihe yari gutsinda aya matora yari kuba abaye umugore wa mbere wari ugiye kuyobora iki gihugu, aho yari asanzwe ari na visi perezida wa Joe Biden.

Amakuru ava muri iki gihugu avuga ko Leta zitatu gusa izirimo Pennsylvania, Georgia, North Carolina, zahesheje bwana Donald Trump, agera kuri 267 mu gihe hasabwa 270 ngo intsinzi iboneke. Kamala Harris we akaba yabonye agera 224.

Ibi byatumye bwana Donald Trump atangaza intsinzi, aho yashimye imbaga y’abakunzi be bari bakoraniye muri Leta ya Florida.

Yagize ati: “Ndifuza kubashimira cyane mwese; ibi ni agatangaza, hamwe n’ibihumbi by’inshuti zakoraniye hano!”

Bwana Donald ubwo yagezaga ku bantu be ijambo, yanijeje Abanyamerika kuzabarwanirira yivuye inyuma.

Ati: “Dukomeze amateka uyu mugoroba kubw’impamvu, twarenze ibizazane umuntu utumvaga ko byoshoboka, ariko iyi ni intsinzi ya politiki iguhugu cyacu kitigeze kugira. Ndifuza gushimira abaturage b’Amerika ku cyizere cyabo kidasanzwe cyo kuba nongeye gutorerwa kuba perezida wa 47, narabaye perezida wa 45! Kandi buri muturage nzamurwanirira, ndwanire imiryango yanyu, n’ahazaza hanyu. Buri munsi nzahora mbarwanirira n’imbaraga zanjye zose.”

Bamwe mu bategetsi bohirya no hino ku isi, n’imiryango mpuzamahanga batangiye kohereza Trump ubutumwa bwo ku mushimira.

Muri abo, barimo na bwana minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, aho yagize ati: “Ishimwe kuri perezida watowe Trump kubw’iyintsinzi yawe y’amateka mu matora. Niteguye gukorana nawe mu myaka iri imbere. Nk’abavandimwe bahafi.”

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron nawe yahaye ubutumwa bwogushimira Donald Trump kuri iyi ntsinzi yamaze kubona.

Mu bandi bategetsi bamugeneye ubutumwa barimo perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yavuze ko yiteguye gukorana nawe.

Kurundi ruhande, kuba Donald Trump yamaze kwizera intsinzi, ishyaka rye ry’Abarepubulikani ryegukanye ubwiganze ku myanya 100 y’abagize umutwe wa Sena, nubwo hataramenyekana ishyaka riza kugira ubwiganze ku mwanya w’abadepite.

Tags: AmerikaIntsinziTrump
Share31Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Muri Nigeria haravugwa amakuru y’urupfu rw’umugaba mukuru w’ingabo z’iki gihugu.

Muri Nigeria haravugwa amakuru y'urupfu rw'umugaba mukuru w'ingabo z'iki gihugu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?