Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Amerika: Mu shyaka ry’Abademokarate ntibavuga rumwe ku itsindwa rya Kamala Harris.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 11, 2024
in World News
1
Amerika: Mu shyaka ry’Abademokarate ntibavuga rumwe ku itsindwa rya Kamala Harris.
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika: Mu shyaka ry’Abademokarate ntibavuga rumwe ku itsindwa rya Kamala Harris.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Ni impaka zazanwe na Nacy Pelocy wo mu ishyaka ry’Abademokarate yavuze ko abo mu ishyaka rye bari kuba bari twaye neza mu matora aheruka kuba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika iyo perezida Joe Biden aza kuba yararetse kwiyamamaza hakiri kare.

Nancy Pelocy yahoze akuriye inteko ishinga mategeko ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, akaba ari umwe mu bayobozi bakomeye muri iri shyaka ry’Abademokarate.

Amagambo ya Nancy Pelocy aje mu gihe amatora yarangiye ku wa Kabiri w’iki Cyumweru dusoje, kandi ishyaka rye rikaba ryaratsinzwe aho ndetse binavugwa ko iri shyaka ry’Abademokarate rishobora no gutakaza amajwi mu mitwe yombi(uwabadepite n’uwabasenateri) yo mu nteko ishinga amategeko y’Amerika.

Ibyo Pelocy abizanye mu gihe kandi byavuzwe ko ariwe wari warahatiye Biden kureka kwiyamamaza. Biden yaje kubireka nyuma y’uko yari amaze kotswa igitutu cyane nabo mu ishyaka rye, ariko aza kubyemera mu gihe yari yitwaye nabi mu kiganiro mpaka yagiranye na Trump.

Ubwo Biden yasozaga ibikorwa bye byo kwiyamamaza, yihutiye gushigikira visi perezida Kamala Harris ngo abe ari we umusimbura mu kwiyamamaza. Yatsinzwe byagatangaza na perezida watowe Trump mu matora yabaye ku wa Kabiri mu Cyumweru gishize.

Pelocy yabwiye itangaza makuru cya The New York Time ati: “Icyari cyitezwe cyari uko, iyo perezida ajya ku ruhande, byari gutuma habaho amatora y’ibanze yagutse.

Avuga ko amatora y’ibanze yagutse yari kwitabirwa n’abakandida benshi b’abademokarate, bagahatanira kwemezwa n’abarwanashyaka b’iryo shyaka kugira ngo havemo umwe muri bo wo gusimbura Biden akiyamamaza nk’umukandida w’iryo shyaka.

Pelocy yavuze ko Harris yari kuba yaritwaye neza muri ayo matora y’ibanze kandi ko ibyo byari gutuma agira imbaraga cyane mu cyiciro gikurikiyeho.

Pelocy uyu unenga Joe Biden yongeye gutorerwa kuba umwe mubagize inteko inshinga amategeko umutwe wa badepite ku nshuro ya 20 aho ahagarariye leta ya California.

Si Pelocy wenyine utaho imfane Joe Biden ahubwo nabajyanama ba Harris Kamala na bo ibyo gutsindwa kwe babyegetse kuri Biden, bavuga ko Biden yagakwiye kuba yararetse kwiyamamaza hakiri kare.

Umujyanama umwe utatangajwe izina yagize ati: “Twakoze ibikorwa byo kwiyamamaza byiza cyane uko twari tubishoboye, tuzirikana ko Joe Biden yari perezida.

“Joe Biden ni we mpamvu imwe rukumbi yatumye Kamala Harris n’abademokarate batsindwa ijoro ryo ku wa Kabiri.”

Gusa uwahoze ari umujyanama wa Biden yabwiye igitangazamakuru cya Axios, nacyo cyibanda ku byapolitiki, ko Harris Kamala arimo gushaka inzitwazo.

Ati: “Ni gute wakoresheje miliyari 1 y’amdolari y’Amerika utizeye ko utsinda ? Nibareke inzitwazo ibyabaye byarangiye.”

Uyu mujyanama wa Biden yanongeyeho ko “abajyanama b’uwahoze ari perezida wa Amerika, Barack Obama ari bo bakwiye kwegekwaho gutsindwa kwa Kamala Harris kuko bashishikarije mu ruhame gusubiranamo kw’abademokarate kwo gusunikira hanze Joe Biden, ntibanashaka ko Kamala Harris aba umukandida.”

Naho uwitwa John Fetterman wo muri Leta ya Pennsylvania, w’umudemokarate, yegetse gutsindwa mu matora kw’ishyaka ryabo ku bantu bacuze umugambi wo gukuraho Biden.

Tags: AbademokarateAmatoraImpakaKamala Harris
Share29Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Ibiciro by’imigati mu Burundi birimo kuvuza ubuhuha, abaturage banavuze icyo bagiye gukora.

Ibiciro by'imigati mu Burundi birimo kuvuza ubuhuha, abaturage banavuze icyo bagiye gukora.

Comments 1

  1. Ensuent says:
    7 months ago

    the average American now consumes 20 oz of soda every day priligy review Women who had been surgically treated for histologically confirmed breast cancer with vasomotor symptoms were randomly assigned to either tibolone 2

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?