Amerika na Israel Byagabye Igitero Simusiga kuri Irani
Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’igihugu cya Israel zagabye igitero kuri Irani, mu gihe Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ko hari “ibikorwa bikomeye bya gisirikare” biri kubera mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati.
Iki gitero kibaye mu bihe by’impagarara zimaze igihe zizamuka hagati ya Israel na Irani, zishingiye ahanini ku kibazo cya gahunda ya nikleyeri ya Irani no ku ruhare rwayo mu mitwe yitwaje intwaro ikorera mu bihugu bitandukanye by’akarere.
Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yatangaje ko igihugu cye cyagabye “igitero cyo kuburizamo”, kigamije gukumira umugambi w’igitero wari kutegurwa na Irani.
Ku ruhande rw’ingabo za Israel, zatangaje ko Irani yahise yihimura irasa ibisasu bya misile byerekeza ku butaka bwa Israel, nubwo hataratangazwa imibare y’abo byahitanye cyangwa ibyangiritse.
Amafoto n’amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umwotsi mwinshi uzamuka hejuru y’inyubako zitandukanye mu murwa mukuru wa Irani, Tehran. Ibiturika byumvikanye kandi mu yindi mijyi itanu yo muri icyo gihugu, nk’uko byemejwe n’abaturage baho.
Amerika imaze igihe ishyira igitutu kuri Irani ngo yemere amasezerano mashya ajyanye na gahunda yayo ya nikleyeri. Aya masezerano yashingiye ku masezerano azwi nka JCPOA yo mu 2015, Amerika yaje kuvamo ku butegetsi bwa Trump, ivuga ko atari akumira bihagije ubushobozi bwa Irani bwo gutunganya intwaro za nikleyeri.
Ku wa Gatanu, Trump yatangaje ko atanyuzwe n’aho ibiganiro bigeze, anagaragaza ko Irani itagaragaza ubushake buhagije bwo kwemera ibisabwa n’umuryango mpuzamahanga.
Irani yo yakomeje gushimangira ko gahunda yayo ya nikleyeri igamije amahoro, cyane cyane mu rwego rw’ingufu z’amashanyarazi n’ubushakashatsi mu by’ubuvuzi, ariko ibihugu byo mu Burengerazuba bikomeje kuyishinja gushaka guteza imbere intwaro za nikleyeri mu ibanga.
Umubano wa Israel na Irani warushijeho kuzamba kuva mu 1979, nyuma y’impinduramatwara ya Kisilamu muri Irani. Kuva icyo gihe, Irani yakunze kwamagana Israel, iyita “umwanzi w’akarere,” mu gihe Israel na yo ishinja Irani gutera inkunga no guha intwaro imitwe nka Hezbollah na Hamas.
Mu myaka yashize, impande zombi zagabye ibitero mu buryo butaziguye cyangwa binyuze ku bafatanyabikorwa babo mu bihugu nka Syria na Libani. Ariko kuba Amerika yinjiye mu gikorwa cya gisirikare ku mugaragaro bishobora guhindura isura y’uyu mwuka mubi, bikawuha intera nshya ishobora kugira ingaruka ku mutekano w’akarere n’isi muri rusange.
Ibitangazamakuru mpuzamahanga bikunze kubuzwa cyangwa kugenzurwa bikomeye mu gutara amakuru imbere muri Irani, bigatuma bigorana kubona amakuru yigenga kandi yemejwe ku by’iyi mirwano. Ibyo bituma amakuru menshi ashingira ku byo inzego za gisirikare cyangwa abayobozi ba politiki batangaza.
Iyi nkuru iracyari nshya kandi irakomeza gukurikiranwa uko amakuru mashya agenda atangazwa n’impande zitandukanye. Impuguke mu bya politiki mpuzamahanga zigaragaza ko uko ibintu bihagaze bishobora gutuma akarere k’Uburasirazuba bwo Hagati kinjira mu bihe bishya by’intambara yeruye, mu gihe hatabayeho ibiganiro bihamye byo guhosha umwuka mubi.






